Sudani y’Epfo: Abantu 20 baguye mu mpanuka y’indege

  Iyo ndege yerekezaga mu Murwa mukuru wa Sudani y’Epfo, Juba, yakoze impanuka mu gihe yari isigaje iminota itatu gusa, ngo igere ku kirombe cya Peterori giherereye ahitwa Unity State, impanuka ikaba yarabaye mu masaha ya mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki 29 Mutarama 2025, nk’uko byatangajwe na Minisitiri ushinzwe ibya Peteroli aho muri […]

Continue Reading

Niba ukunda gusirimuka ‘Tasty Bakery’ izwiho gukora Cakes ziryoshye irabigufashamo

  Tasty Bakery , imwe mu makompanyi akora cakes n’ibindi biribwa bikomoka ku ifarini nk’imigati, amandazi na capati biryoshye, kuri ubu ikomeje gahunda yo kurushaho kunoza no gutanga serivizi nziza ku buryo abayigana bayirahira. Bakora cakes z’ubwoko bwose zirimo iz’ubukwe, Anniversaire bridalshower ndetse n’ibindi birori kandi bakagukorera design yose wifuza. Bakorera ku Kimironko urenze gato […]

Continue Reading

Imvura isanzwe igwa mu itumba izagabanuka- Meteo Rwanda

  Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje ko mu itumba rya 2025, hateganyijwe imvura iri hasi gato y’impuzandengo y’imvura isanzwe igwa.  Ni amakuru y’iteganyagihe Meteo Rwanda ivuga ko aba yizewe ku kigero kiri hejuru ya 75%. Iki kigo cyagaragaje ko igihembwe cy’imvura y’itumba, ni ukuvuga hagati ya Werurwe-Gicurasi 2025 giteganyijwemo imvura iri […]

Continue Reading

Perezida Biden yavuze ko Amerika izahora ku isonga Imbere y’Ubushinwa

  Muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, Perezida Joe Biden uyu munsi yavuze disikuru yo gusezera ku bakozi ba minisiteri y’ububanyi n’amahanga. Yavuze ko Amerika izahora kw’isonga kw’isi. “Ubushinwa ntibuzigera buyitambuka.” Perezida Biden yavuze ko Amerika yari ikomeye ku rwego rw’isi kuruta uko byari bimeze mu myaka mirongo. Hari mu ijambo rye kuri politiki y’ububanyi n’amahanga […]

Continue Reading

Jean-Guy Afrika yashimiye Perezida Kagame

  Jean-Guy Afrika wahawe inshingano na Perezida Paul Kagame, zo kuba Umuyobozi w’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), yashimiye Umukuru w’Igihugu ku cyizere yamugiriye, yizeza kuzakora ibizazanira inyungu Abanyarwanda bose. Jean-Guy Afrika yahawe izi nshingano kuri uyu wa Mbere tariki 13 Mutarama 2025 Nyuma y’amasaha ahawe izi nshingano, Jean-Guy Afrika; kuri uyu wa Kabiri tariki […]

Continue Reading

Nigeria: igisirikare cyibeshye cyica abasivili 16

  Abasivile 16 bo mu Ntara ya Zamfara yo muri Nigeria, bishwe n’igitero cy’indege nyuma yo kubitiranya n’imitwe y’abagizi ba nabi. Abahatuye babwiye ibinyamakuru ko abishwe bari abaturage bishyizwe hamwe kugira ngo birindire umutekano, no kurwanya imitwe ikunze kubagabaho ibitero ikabashimuta. Igisirikare cya Leta cyasabye imbabazi ndetse cyihanganisha imiryango y’abishwe muri iki gitero. Inzego z’umutekano […]

Continue Reading

Polisi igiye gutangira gukoresha drone mu kugenzura umutekano wo mu muhanda

  Polisi y’u Rwanda yatangaje ko irimo gukoresha ikoranabuhanga ry’utudege tutagira abapilote (drones) mu kugenzura umutekano, ibyaha n’amakosa yo mu muhanda. Iri koranabuhanga ryiyongereye ku rya cameras zikoreshwa mu kugenzura umuvuduko w’ibinyabiziga. Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Boniface Rutikanga, yagize ati “Polisi ifite gahunda yo gukoresha drone mu bikorwa byayo bya buri munsi, ni mu […]

Continue Reading

Abasirikare bagera kuri 23 ba FARDC bagejejwe mu rukiko bashinjwa guhunga M23

Abasirikare 23 ba FARDC bitabye urukiko kuva ku wa Mbere, itariki 30 Ukuboza 2024 imbere y’urukiko rwa gisirikare rwimukiye muri Gereza ya Butembo, muri Lubero-Centre, nibura mu bilometero 50 uvuye ku murongo w’imbere w’urugamba. Nk’uko umuvugizi w’ibikorwa bya Sokola 1 Grand Nord abitangaza, ngo aba basirikare barwanya inyeshyamba za M23 mu karere ka Lubero bakurikiranyweho […]

Continue Reading

Kigali: Ahantu hane hazaturikirizwa urufaya rw’urumuri mu kwinjira mu 2025

  Umujyi wa Kigali watangaje ko ahantu hane hazaturikirizwa urufaya rw’urumuri mu rwego rwo gusoza umwaka wa 2024 no kwinjira mu mushya wa 2025. Mu itangazo ryanyujijwe ku rukuta rwa X [Twitter], Umujyi wa Kigali watangaje ko ibi bikorwa bizabera ku i Rebero kuri Canal Olympia, Imbuga City Walk, Kigali Convention Centre no kuri Serena […]

Continue Reading

Perezida Kagame yashimye inzego z’ubuzima zarwanyije Marburg

  Perezida Paul Kagame yashimye abakozi bo mu nzego z’ubuzima, abakorerabushake n’abandi bose bagize uruhare mu guhangana n’Icyorezo cya Marburg. Yabigarutseho ku wa 30 Ukuboza 2024, ubwo we na Madamu Jeannette Kagame bari bakiriye Abanyarwanda mu ngeri zitandukanye mu isangira ryo guherekeza umwaka ryabereye muri Kigali Convention Centre. Umukuru w’Igihugu yavuze ko n’ubwo umwaka wa […]

Continue Reading