Akarere ka Ngoma kasubije Dr. Frank Habineza wagashinje kumubangamira ari kukiyamamarizamo

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma bwahakanye ibyatangajwe n’Umukandida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije, DGPR, ku mwanya w’umukuru w’Igihugu, Dr Frank Habineza, ko ibikorwa bye byo kwiyamamaza byabangamiwe. Ku wa Mbere tariki ya 23 Kamena 2024 nibwo Dr Frank Habineza yakorewe ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu Karere ka Ngoma asaba abaturage kumutora ndetse anabizeza ko natorwa […]

Continue Reading

U Rwanda ntirucyakiriye igikombe cy’isi cy’aba_Veterans

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, rwavuze ko rwahagaritse ubufatanye igihugu cy’u Rwanda cyari gifitanye na EasyGroup EXP itegura igikombe cy’isi cy’aba-Veterans bityo irushanwa ryari riteganyijwe muri Nzeri rikaba ritakibereye mu Rwanda. Mu itangazo ryashyizwe hanze n’uru Rwego, bavuze ko nyuma yo kubitekerezaho neza ndetse no kuganira hagati y’impande zombi, byabaye ngombwa ko bafata icyemezo ko amasezerano […]

Continue Reading

Kamonyi: Dr. Frank Habineza yakiranywe urugwiro n’abaturage benshi

Dr. Frank Habineza yiyamamarije mu karere ka Kamonyi mu murenge wa Runda mu kagari ka Gihara yakirwa neza ndetse abaturage bitabira ku bwinshi. Kuri iki cyumweru taliki ya 23 Kamena 2024, abakandida batandukanye ku mwanya wa perezida n’abadepite bo mu ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije (DGPR), biyamamarije mu karere ka Kamonyi bageza ku baturage […]

Continue Reading

Dr. Frank Habineza yatangiye kwiyamama yakirwa neza

Dr. Frank Habineza wa Green Party (DGPR) yatangiye kwiyamamariza mu karere ka Gasabo mu murenge wa Jabana mu kagari ka Bweramvura. Kuri uyu wa 22 Kamena nibwo hatangiye igikorwa cyo kwiyamamaza ku BAKANDIDA batandukanye barimo abo ku mwanya wa perezida n’abadepite. Dr. Frank Habineza ni umwe mu bemerewe kwiyamamaza ku mwanya wa perezida wa repubulika […]

Continue Reading

Kenya: Umwe mu bigaragambya yarashwe arapfa, abadepite bemeza umushinga uteje ibibazo

Ibitaro by’i Nairobi muri Kenya byemeje ko byazaniwe umwe mu bantu bavuye mu myigaragambyo yo ku wa kane yarashwe akahagera yamaze gushiramo umwuka, nk’uko ibinyamakuru muri Kenya bibitangaza. Abigaragambya baramagana umushinga w’itegeko guverinoma yashyikirije inteko ishingamategeko uzamura imisoro ku by’ibanze bimwe na bimwe, no kongera amafaranga agenerwa abategetsi bakuru n’abagore babo. Boniface Mwangi, umwe mu […]

Continue Reading

Perezida Kagame yavuze ko azakora ibirenze ibyo yagezeho

Perezida Paul Kagame witegura gutangira kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu nk’umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi, yatangaje ko kuba abaturage bashima ibyo yagezeho mu gihe amaze ayobora u Rwanda ari byiza, ariko ko hari byinshi byo gukomeza gukora mu rugendo rw’iterambere ari nayo mpamvu azakomeza gukora cyane. Mu kiganiro n’abanyamakuru b’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa 17 […]

Continue Reading

Perezida Kagame aragirana ikiganiro na RBA

Kuri uyu wa Mbere taliki ya 17 Kamena 2024 saa munani z’amanywa (2:00 PM), Ikigo cy’Iguhugu cy’Itangazamakuru RBA, cyararitse abanyarwanda muri rusange ikiganiro cyihariye bagirana na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame. Ni ikiganiro kinyura ku bitangazamakuru binyuranye by’iki kigo birimo n’ibyo ku mbugankoranyambaga Ni ikiganiro kiza kwibanda ku ngingo zinyuranye zirimo n’ibyagezweho mu myaka 30 ishize […]

Continue Reading

Urukiko rwakatiye Ntarindwa wamaze imyaka 23 mu mwobo yihishe gufungwa by’agateganyo

Urukiko rw’Ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza rwakatiye gufungwa by’agateganyo Emmanuel Ntarindwa w’imyaka 51 Ukekwaho icyaha cya jenoside. Emmanuel Ntarindwa urukiko rwiherereye rusanga uyu mugabo hari impamvu zikomeye zituma acyekwaho icyaha cyo gukora jenoside niko gufata icyemezo ko yaba afunzwe by’agateganyo. Uyu aherutse gufatirwa mu rugo rw’umugore mu kagari ka Kavumu mu Murenge wa […]

Continue Reading

Messi yasubije Mbappe ku magambo y’ubwishongozi ye

Umunyabigwi Lionel Messi yanyomoje Kylian Mbappe bahoze bakinana,uheruka kuvuga ko igikombe cy’Uburayi,Euro gikomeye kurusha Igikombe cy’isi. Uyu mukinnyi ukomoka muri Argentine yemeje ko iri rushanwa ry’iburayi ridakomeye cyane, kuko rititabirwa n’amakipe menshi yatwaye igikombe cy’isi yo muri amerika y’amajyepfo. Mbere ya Euro 2024 izabera mu Budage, Mbappe yavuze ko iri rushanwa ryo ku mugabane w’Uburayi […]

Continue Reading

Ibintu bitatu Eric Ten Hag yasabye Man U mbere yo gusinya andi masezerano

Umutoza Erik Ten Hag arashaka kwihagararaho mbere y’uko asinya amasezerano mashya muri Man United yashatse kumwirukana hanyuma ikisubiraho. Manchester United yahisemo gukomezanya n’uyu muholandi,nyuma y’uko inaniwe kubona undi mukandida uyibereye. Amakuru yavugaga ko Ten Hag azirukanwa nubwo yatwaye FA Cup ndetse nawe yari abyiteguye cyane ko ubuyobozi bwavuganye n’abandi batoza badafite akazi nka Thomas Tuchel […]

Continue Reading