Ingabo za RDF zirwanira ku butaka zasoje amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru.

NEWS

Brigade ya 507 y’ Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka yasoje amahugurwa ya gisirikare yo ku rwego rwisumbuye yagenewe Ingabo zirwanira ku butaka yari amaze amezi atanu abera mu Kigo cy’Amahugurwa cya Gisirikare i Gabiro mu Karere ka Gatsibo.

Aya mahugurwa yari agamije kongerera abasirikare ubumenyi, ubuhanga n’ubushobozi mu bikorwa bya gisirikare kugira ngo barusheho kuzuza neza inshingano z’Ingabo z’u Rwanda.

Umuhango wo gusoza aya mahugurwa wayobowe n’umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Gen MK Mubarakh, ahagarariye umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda, Perezida Paul Kagame.

Gen MK Mubarakh yashimiye abarangije amahugurwa kubera ubwitange n’imyitwarire myiza  bagaragaje mu gihe cyose bamaze muri iyi myitozo. Yabashishikarije gukomeza kurangwa n’ubunyamwuga no guharanira kuba indashyikirwa mu gihe bazaba basohoza inshingano zabo.

Yibukije abarangije amahugurwa ubutumwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame, ahora ageza ku basirikare, agaragaza ko amahugurwa ya gisirikare ategura umusirikare kwihanganira ibihe bikomeye no gukora inshingano zisaba imbaraga z’umubiri, iz’umutima n’ubunyamwuga bwo ku rwego rwo hejuru.

Yakomeje ashimangira ko umusirikare agomba guhora aharanira kugera ku musaruro ushimishije akuzuza neza inshingano yahawe binyuze ku myitwarire irangwa n’ikinyabupfura, guhanga udushya no gukoresha neza ibikoresho bihari.

Umugaba mukuru w’ingabo yashimiye kandi ubuyobozi bw’ikigo cy’amahugurwa ya gisirikare cya Gabiro, by’umwihariko abarimu batoza abasirikare, ku bwitange bwabo budahwema mu guteza imbere ubumenyi, ubuhanga n’ubushobozi bw’ingabo z’u Rwanda. Yagaragaje ko uwo muhate ukomeje gutanga abayobozi n’abasirikare bashoboye, biteguye neza gukorera Ingabo z’u Rwanda n’Igihugu muri rusange.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *