Umuhora wa Hormuz wongeye gufungwa

NEWS Politics

Umutwe udusanzwe w’Igisirikare cya Iran, IRGC watangaje ko umuhora wa Hormuz wafunzwe, nyuma y’uko hashize iminsi itatu umwuka mubi wongeye kubura hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na IRGC, yasobanuye ko umuhora wa Hormuz ufunze ndetse ko ugerageza kuhanyura afatwa nk’umwanzi cyangwa ufatanya n’umwanzi.

Ni icyemejo kije nyuma y’uko impande zombi zirenze ku gahenge k’iminsi 60 zemeranyijweho, buri ruhande rugashinja urundi kuba nyirabayazana.

Imbarutso y’ibi  kandi ni igitero Ingabo za Amerika ziri mu Burasirazuba bwo Hagati, zagabye ku bwato bwa Iran bwari mu mazi hafi yo mu kigobe cya Oman mu rukerera kuri uyu wa Kane tariki 11 Kamena 2026, bisembura Iran isubiza irasa mu bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati bicumbikiye ibirindiro by’Ingabo za Amerika.

Al Jazeera yatangaje ko Iran, yasubije ku byo yita ubushotoranyi irasa muri Kuwait, Behrain ndetse na Jordan.

Ni ibitero byari bifite imbaraga kuko nko muri Jordan misile 20 zari ziturutse muri Iran zapfubirijwe mu kirere, ni mu gihe amakuru y’ahandi habwe ibitero ataratangazwa kugeza ubu.

Binyuze muri Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Pakistan, Senator Mohammad Ishaq Dar, igihugu kiri kugira uruhare mu guhuza imapande zihanganye, yamaganye kubura kw’intambara, ahamagarira impande zombi kongera kugaruka ku meza y’ibiganiro.

Intambara Iran ihanganyemo na Amerika ifatanyije na Israel, yatangiye ku wa 28 Gashyantare 2026 igira ingaruka ku bukungu bw’Isi kubera kubura ibikomoka kuri peteroli kuko umuhora wa Hormuz unyuzwamo 20% byayo wafunzwe kuva ku munsi wa mbere w’iyi ntambara, ubwato buke ni bwo kwakomeje gutambuka muri iyi nzira.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *