Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yabujije abaturage b’iki gihugu kugirira ingendo muri Uganda kubera ko ibyago byo kwandura icyorezo cya Ebola bikomeye kwiyongera.
Ni icyemezo Amerika yatangaje ku wa 28 Gicurasi 2026, nyuma y’umunsi umwe Ikigo cya Amerika gishinzwe gukumira ibyorezo gitangaje ko Uganda yashyizwe ku rwego rwa kabiri ku bijyanye n’ibyago byo kuhandurira Ebola.
Icyemezo cyafatiwe Uganda cyari kimaze iminsi gifatiwe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda.
Uretse abaturage basanzwe, abayobozi ba Amerika na bo babujijwe kugirira ingendo mu Burasirazuba bwa Uganda, hafi y’umupaka wa RDC. Babujijwe kandi gusura ibigo bitanga serivisi z’ubuvuzi muri iki gihugu.
Ku ruhande rwa Uganda na yo ikomeje gukaza ingamba zo kwirinda ko Ebola yarushaho gukwirakwira. Ibirori, ibitaramo, imyigaragambyo n’ibindi bikorwa bihuza abantu benshi byarahagaritswe muri Kampala no mu bindi bice bituwe n’abantu benshi.
Iki gihugu kandi cyafunze imipaka igihuza na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Kuva Ebola yagaragara muri Uganda, abantu umunani bamaze kuyandura, mu gihe abo yahitanye umwe.
Iyi virusi ya Ebola izwi nka Bundibugyo virus yabonetse bwa mbere muri Uganda mu 2007-2008, yandura abantu 149, yica 37. Mu 2012 yagaragaye muri RDC mu gace ka Isiro, yandura abantu 57, yica 29.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko iki cyorezo cya Ebola cyongeye kugaragara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, gihangayikishije ku rwego rw’Isi.
Kuba OMS yaratangaje ko iki cyorezo cyugarije Isi, bivuze ko ibigo, imiryango mpuzamahanga n’ibihugu bikwiriye gushyira imbaraga n’amikoro mu kukirwanya, gusa Umuyobozi Mukuru wa OMS, Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus yashimangiye ko ibihugu bidakwiriye gufunga imipaka.
What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

