Uwarashe hafi ya White House yishwe.

NEWS

Nasire Best ushinjwa kuba ari we warashe amasasu menshi hafi y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (White House) ku wa Gatandatu tariki 23 Gicurasi 2026, yishwe arashwe.

Ku wa Gatandatu nibwo hafi ya White House humvikanye urusaku rw’amasasu yarashwe inshuro esheshatu, ndetse abashinzwe umutekano batangira kurasana n’uwagabye iki gitero.

Impande zombi zarasanye mu gihe Perezida Donald Trump yari muri White House.

Mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru byatangajwe ko Nasire Best w’imyaka 21 ukekwaho kugaba iki gitero yishwe arashwe n’urwego rwa Secret Service.

Yashizemo umwuka ubwo yari mu nzira ajyanwa kwa muganga.

Amakuru dukesha Fox News avuga ko uyu musore yagiye ahangana kenshi n’abakozi ba Secret Service, ndetse ko yari afite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe.

Uku kurasa kukiba, abari hafi ya White House bashyizwe mu kato aho batari bemerewe gusohoka mu nzu zabo.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *