Kwibuka 32: Dukeneye kwigira ku makosa y’ubushize no kurinda abariho – Antonio Guterres

NEWS

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), Antonio Guterres, yifatanyije n’u Rwanda n’Isi yose muri rusange kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yahitanye inzirakarengane zirenga miliyoni mu minsi 100 gusa.

Kuva kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Mata 2026 Abanyarwanda n’isi yose baribuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Hatangiye kandi Icyumweru cy’Icyunamo ku rwego rw’Igihugu n’iminsi 100 y’ibikorwa byo #Kwibuka32. 

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yifatanyije n’Abanyarwanda yunamira inzirakarengane zirenga miliyoni zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu butumwa yanyujije kuri X yavuze ko ku munsi mpuzamahanga wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, “twibuka inzirakarengane kandi tukubaha abarokotse.”

Yakomeje agira ati: ”Dukeneye kwigira ku makosa y’ubushize no kurinda abariho binyuze mu kurwanya urwango, amagambo y’urwango no guhangana n’ibihuha bishishikariza ibikorwa by’ihohoterwa.”

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *