Donald Trump yatangaje ko ashaka gusobanuza umunyamakuru watangaje bwa mbere ko umupilote wari mu ndege yahanuriwe muri Iran yatabawe, aho yakuye ayo makuru agaragaza ko azamufunga mu gihe atamubwira aho yakuye amakuru yatangaje.
Yabitangaje ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru ku Biro bye ku wa 06 Mata 2026.
Trump yakunze kwinubira uburyo abanyamakuru batangaza ibiri kubera mu ntambara Amerika na Israel byagabye kuri Iran, akavuga ko bahora bagagaragaza Amerika nabi, bigatuma anibasira bimwe mu bitangazamakuru.
Tariki ya 3 Mata 2026, Abanyamerika bakiriye inkuru y’incamugongo y’ihanurwa ry’indege y’intambara ya F-15E Strike Eagle yarasiwe mu majyepfo ya Iran.
Amerika yihutiye gutabara abapilote bari bayirimo ndetse ibageraho ingabo za Iran zitarabafata. Icyakora yabanje gutabara undi arabarwa nyuma y’amasaha.
Nyuma yo kuraswa kw’iyi ndege, ibitangazamakuru byinshi byahise bitangaza ko umwe muri abo bapilote yatabawe rugikubita.
Trump yavuze ko uko gutangaza ayo makuru, byashyize mu kaga uwo batari bakabona, bibangamira n’ibikorwa byo kumutabara nubwo byagezweho na we akavanwa mu menyo ya rubamba.
Ati “Ntitwigeze tuvuga iby’uwa mbere mu gihe kigeze mu isaha. Nyuma umwe atuvamo amena ibanga. Icyakora twizeye ko uwamennye ibanga tuzamubona. Turi gukora iyo bwabaga ngo tumenye uwamenye ayo mabanga.”
Yakomeje ati “Tugiye kujya muri icyo kigo cy’itangazamakuru cyabitangaje mbere, ndetse tuzavuga duti ‘inzego z’umutekano nirubireke cyangwa rumujyane muri gereza.”
Ntabwo hamenyekanye neza ikigo cy’itangazamakuru Trump yavugaga ariko ibitangazamakuru byatangaje ko uyu mupilote wa mbere yatabaye rugikubita, birimo The New York Times, CBS News na Axios.
Nyuma yo kubona uwa mbere, hari undi umusirikare ukoresha intwaro muri iyi ndege wari waburiwe irengero, hari impungenge nyinshi ko ashobora gufatwa mpiri n’abasirikare bo mu mutwe w’ingabo zidasanzwe za Iran, uzwi nka IRGC.
Amerika yohereje abakomando muri Iran kugira ngo bajye gushakisha uyu musirikare ufite ipeti rya ‘Colonel’. IRGC na yo yakoraga iyo bwabaga kugira ngo imugereho mbere, inasaba abaturage kuyifasha kumushaka, ibasezeranya igihembo cy’ibihumbi 66 by’Amadolari mu gihe bamubona.
Iki gikorwa cyo gushakisha uyu musirikare cyagizwemo uruhare n’abasirikare amagana barimo abo mu mutwe w’abakomando wa Delta Force, itsinda rya gatandatu rya Navy Seal n’abo mu rwego rw’ubutasi, CIA, atabarwa Iran itaramugeraho.
What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

