Myugariro wa APR FC mu biganiro bya nyuma na Azam FC

Sports

Azam FC yifuza ba myugariro babiri, uwo hagati n’uw’ibumoso. Iri mu biganiro na Ishimwe Christian nyuma yo kunyarukira mu Rwanda kuhashakira ibisubizo ariko ntiyanyurwa n’urwego rwa Mitima Isaac wa Rayon Sports.

Iyi kipe yaje kwisanga kandi yaratinze kuganiriza Umunya-Cameroun Salomon Bindjeme yegereye kuko yasanze yarumvikanye na Al-Shorta SC yo mu Cyiciro cya Mbere muri Iraq.

Ishimwe Christian aramutse yerekeje muri Azam FC, umwanya we wasubirana Kapiteni wa APR FC, Niyomugabo Claude wahinduriwe umwanya n’Umutoza w’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu, Thierry Froger Christian, akamukinisha hagati mu kibuga afasha abugarira.

Ubuyobozi bwa Azam FC bukemanga umusaruro w’abarimo abanya-Tanzania babiri, Pascal Gaudence Msindo na Edward Charles Manyama n’Umunya- Sénégal-Cheikh Tidiane Sidibé usanzwe ukinira Les Lions de la Teranga, akaba ari yo mpamvu bwifuje Ishimwe Christian.

Ntabwo igiciro Azam FC yifuza gutanga kuri Ishimwe kiratangazwa ariko aho ibiganiro bigeze ni uko yazajya ahembwa miliyoni 3,8 Frw ku kwezi.

Ishimwe Christian yerekeje muri APR FC mu 2022 avuye muri AS Kigali na yo yagezemo aturutse muri Marines FC.

Ishimwe Christian wa APR FC mu biganiro bya nyuma na Azam FC | IGIHE

Ishimwe Christian

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *