Sudani y’Epfo yemeye kwakira abimukira benshi bazirukanwa muri Amerika

NEWS

Leta ya Sudani y’Epfo yemeye kwakira abimukira benshi b’abanyamahanga bazirukanwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, isaba ko ibihano byafatiwe abayobozi bakuru bayo bikurwaho.

Mu bayobozi isabira gukuriraho ibihano harimo umujyanama mukuru wa Perezida Salva Kiir mu bijyanye n’imari, Dr. Benjamin Bol Mel, uhabwa amahirwe yo gusimbura Umukuru w’Igihugu.

Sudani y’Epfo kandi isaba Amerika gusubizaho visa yakuriyeho abaturage bayo muri Mata, igafungura konti y’Amadolari ifite muri Banki ya New York, ikanashyigikira ko Visi Perezida wa mbere, Riek Machar, aburanishwa.

Ubutegetsi bw’iki gihugu bwatanze ibi byifuzo nyuma y’aho Amerika icyoherejemo abimukira umunani, barimo barindwi b’abanyamahanga.

Iki gihugu cyo muri Afurika gishaka kwiyegereza cyane Amerika binyuze muri gahunda yo kwakira abimukira b’abanyamahanga, gusa ntacyo Amerika irasubiza ku byifuzo byacyo.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *