#Kwibuka32: ibyaranze 09/04/1994 Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga.

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo kwari ugucyura Abafaransa n’abanyamahanga bari mu Rwanda. Iyo operasiyo yabaye igihe abantu bicwaga cyane muri Kigali n’ahandi henshi mu gihugu, bicwa n’abasirikari n’Interahamwe. Izo ngabo z’Abafaransa zarebaga abicwaga nyamara ntibigeze babatabara, barabaretse baricwa bikomereza gucyura […]

Continue Reading

AFC/M23 yashinje Leta ya RDC gushaka kudobya ibiganiro by’amahoro biteganyijwe vuba.

Ihuriro AFC/M23 ryashinje ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gushaka kudobya ibiganiro by’amahoro biteganyijwe vuba. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 8 Mata 2026, drone y’ingabo za Leta ya RDC yarashe ahatuwe cyane mu gace ka Nyabiondo muri teritwari ya Masisi. Kanyuka yagize ati “Habura iminsi ngo […]

Continue Reading

 Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi 5741.

Perezida Paul Kagame yatanze amapeti atandukanye kuri ba Ofisiye bakuru, ba Ofisiye bato, abapolisi bato ndetse na ba Suzofisiye, muri Polisi y’u Rwanda. Abapolisi batanu ni bo bahawe ipeti rya Commissioner of Police (CP). Abo ni Emmanuel Karasi, Bertin Mutezintare, Jean Népomucène Mbonyumuvunyi, Barthélemy Rugwizangoga na Fidèle Mugengana. Abahawe ipeti rya Assistant Commissioner of Police […]

Continue Reading

Abarenga 250 bamaze kugwa mu gitero Israel yagabye kuri Liban.

Ibitero simusiga Israel yagabye kuri Liban bivugwa ko bimaze guhitana abantu 254 bikomeretsa abandi 1165, ibigaragaza uburyo intambara hagati ya Israel na Hezbollah ikomeje nubwo iya Iran yabaye ihagaritswe. Ni ibitero by’indege bihambaye Israel yagabye muri Liban ku wa 8 Mata 2029, aho ab’i Tel Aviv barashe ahantu 100 byavugaga ko hari ibigo Hezbollah yakoreshaga. […]

Continue Reading

Dosiye ya DC Clement warezwe ibyaha bitanu, yashyikirijwe Ubushinjacyaha.

Dosiye ya Niyigaba Clement wamamaye nka DC Clement yashyikirijwe Ubushinjacyaha, ku ikubitiro akaba yarezwe ibyaha bitanu nubwo hari ibindi bigikorwaho iperereza nk’uko byemejwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha. Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B.Thierry yemereye IGIHE ko dosiye ya DC Clement yagejejwe mu Bushinjacyaha kuri uyu wa 8 Mata 2026. Ati “Nibyo koko dosiye ye […]

Continue Reading

Kenya yagiye gusaba lisansi muri Uganda bayikurira inzira ku murima.

Kenya ikomeje guhura n’ikibazo cy’ibura rikomeye rya lisansi n’ibindi bikomoka kuri peteroli biturutse ku mato y’ibi bicuruzwa yabuze inzira kubera intambara ya Iran. Amakuru yashyizwe hanze na Chimpreports avuga ko hagati muri uku kwezi kwa Mata Kenya ishobora kumara lisansi yari ifite mu bubiko. Mu guhangana n’iki kibazo, ubutegetsi bwa Kenya bwakoze ibishoboka byose ndetse […]

Continue Reading

Murangwa yagaragaje uburyo abakiri bato bafashwa kuzirikana amateka ya Jenoside.

Murangwa Eugène washinze Umuryango Ishami Foundation, yavuze ko mu Bwongereza bakoze gahunda bise “Play to Remember”, yo kwibuka bakoresheje imikino binyuze mu mupira w’amaguru n’ibiganiro, ndetse abakiri bato bayitabiriye bagaragaje ko byabashije gusobanukirwa neza amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Yabigarutseho mu kiganiro yatangiye mu Nama Mpuzamahanga ku Kurwanya Jenoside yabereye muri Intare Conference Arena kuri […]

Continue Reading

Akagunguru ka peteroli kageze munsi ya 100$ nyuma y’agahenge katangajwe na Trump.

Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byagabanyutse cyane nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, atangaje ko igihugu cye na Iran byemeranyije agahenge ko guhagarika intambara mu gihe cy’ibyumweru bibiri ndetse no kongera gufungura inzira ya Hormuz. Nyuma y’uko Trump atangaje aka gahenge mu masaha yo mu rukererera ahagana Saa Cyenda, ibiciro by’ibikomoka […]

Continue Reading

Abanyarwanda batuye muri Canada Biyemeje guhangana n’ingengabitekerezo ku mbuga nkoranyambaga.

Abanyarwanda batuye muri Canada biyemeje guhangana n’abafite ingengabitekerezo ya Jenoside aho bari hose cyane cyane abihisha inyuma y’imbuga nkoranyambaga, bagapfobya cyangwa bagahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ibi ni ibyavugiwe mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyabaye ku wa 7 Mata 2026. Ni igikorwa cyabereye ku nzu ndangamurage […]

Continue Reading

Urukiko rwasubitse gusoma umwanzuro w’ubujurire ku ihagarikwa ry’iperereza kuri Agathe Kanziga.

Urukiko rw’Ubujurire rwo mu Bufaransa rwasubitse gahunda yo gusoma umwanzuro w’ubujurire ku ihagarikwa ry’iperereza ku mugore wa Habyarimana Juvénal, Agathe Kanziga, ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Uyu mwanzuro wari gusomwa kuri uyu wa 8 Mata 2026 nyuma y’amezi umunani ishami ry’Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa rishinzwe kurwanya ibyaha by’iterabwoba (PNAT) n’imiryango ihagarariye abakorewe ibyaha […]

Continue Reading

#Kwibuka32: Kuwa 8 Mata 1994: Jenoside yakwiriye igihugu buri Mu tutsi atangira guhigwa bukware.

Tariki ya 8 Mata 1994, nyuma y’umunsi umwe Jenoside yakorewe Abatutsi itangiye mu Rwanda, ubwicanyi bwarakomeje mu bice bitandukanye by’igihugu, buri mututsi wese aho aherereye atangira guhigwa bukware n’abasirikare, abajandarume n’interahamwe bari bahuje imbaraga ngo batsembe Abatutsi. Kuri iyi tariki kandi nibwo hashyizweho Guverinoma yiswe iy’abatabazi yari iyobowe na Sindikubwabo Theodore nka Perezida na Kambanda […]

Continue Reading