Musanze: Umugabo yiyahuye hakekwa amakimbirane ashingiye ku mitungo

Umugabo witwa Byiringiro Emmanuel, w’imyaka 26, washakanye na Ayingeneye ufite imyaka 30, wari utuye mu Kagari ka Ninda, Umudugudu wa Kabagorozi, Umurenge wa Nyange mu Karere ka Musanze, yasanzwe amanitse mu kiziriko bikekwa ko yiyahuye harakekwa amakimbirane akomoka ku mitungo. Hari andi makuru avuga ko uyu mugabo yari amaze iminsi afitanye amakimbirane na nyina umubyara […]

Continue Reading

Rusizi: Uwari umaze iminsi 9 ahishije inzu n’igikoni yari yimukiyemo cyakongotse

Mu ma saa tatu z’igitondo cyo ku wa Kane, tariki ya 18 Nzeri 2025, Cakwakuzi Straton w’imyaka 66, wari umaze iminsi 9 ahishije inzu n’ibyarimo byose, akimukira mu gikoni kitari cyahiye, na cyo cyafashwe n’inkongi kirakongoka. Yari atuye mu Mudugudu wa Cyapa, Akagari ka Burunga,Umurenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi. Uyu mugabo usanzwe ari […]

Continue Reading

Abanyarwanda n’Abarundi 34 batawe muri yombi bazira kwinjira muri Tanzania binyuranyije n’amategeko

Inzego zishinjwe abinjira n’abasohoka muri Tanzania zatangaje ko zataye muri yombi Abanyarwanda n’Abarundi 34 bazira kwinjira muri iki gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Aba Banyarwanda n’Abarundi bafashwe binyuze mu mukwabo wakorewe mu Karere ka Mbogwe muri Geita, hagamijwe gukaza umutekano mu gihe Tanzania yitegura amatora y’umukuru w’igihugu mu Ukwakira 2025. Ni umukwabo wakozwe ku mabwiriza […]

Continue Reading

AU igiye gukoresha ubumenyi bw’u Rwanda mu by’isanzure mu kwirinda ibiza muri Afurika

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Isanzure, RSA, cyinjiye mu mikoranire n’Ikigo cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, gifasha za guverinoma gukumira no guhangana n’ingaruka z’ibiza muri Afurika (African Risk Capacity Agency: ARC), hagamijwe guhangana n’ingaruka z’ibiza hisunzwe amashusho ya satelite. Ubu bufatanye burimo ko RSA izajya iha ARC amakuru asesenguye, iki kigo cya AU kikayifashisha mu guhangana n’ibiza […]

Continue Reading

Meta yashyize hanze amadarubindi ashobora gukora nka telefoni

Ikigo cy’ikoranabuhanga cya Meta, cyasohoye amadarubindi (lunettes) z’ikoranabuhanga ‘Meta Ray-Ban Display’ zifite screen mu birahure byazo ituma zishobora gusoma ubutumwa no kubusubiza, kureba amashusho, amafoto, n’ibindi. Izi lunette zashyizwe hanze ku wa 17 Nzeri 2025, mu nama ngarukamwaka itegurwa na Meta yiga ku iterambere ry’iri koranabuhanga, ibera muri California muri Amerika. Umuyobozi mukuru wa Meta, […]

Continue Reading

Tadej Pogačar nimero ya mbere ku Isi mu mukino wo gusiganwa ku magare yageze i Kigali

Nimero ya mbere ku Isi mu mukino wo gusiganwa ku magare, Tadej Pogačar, yageze mu Rwanda kuri uyu wa Kane, aho yitabiriye Shampiyona y’Isi izabera i Kigali tariki 21-28 Nzeri 2025. Pogačar usanzwe ukinira Ikipe ya UAE Team Emirates XRG, ari mu bakinnyi icyenda bagize Ikipe y’Igihugu y’Abagabo ya Slovenia izitabira Shampiyona y’Isi y’Amagare ya […]

Continue Reading

Perezida Kagame yahaye inshingano abarimo abakora muri Perezidansi

Kuri uyu wa 18 Nzeri 2025, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashyizeho abayobozi batandukanye barimo n’abakora mu Biro by’Umukuru w’Igihugu. Nk’uko bikubiye mu Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, abayobozi bahawe inshingano hashingiwe ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, cyane cyane mu ngingo zaryo iya 116, iya 112, n’iya 111: Mu bagize […]

Continue Reading

Kamonyi: Polisi yarashe abantu batatu bagerageje kuyirwanya

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi yatangaje ko yarashe abagabo batatu bari mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi aho batemaga abaturage bakoresheje intwaro gakondo zirimo imihoro n’ibyuma bagamije kubambura ibyabo. Ni ibyabaye mu ijoro ryishyira ku wa 17 Nzeri 2025, mu kabari ko mu Mudugudu wa Raro, Akagari ka Kabuga, Umurenge wa Ngamba, mu Karere ka […]

Continue Reading

U Rwanda rwagaragaje ko rurajwe ishinga n’ikoranabuhanga rishingiye ku ngufu za nucléaire

U Rwanda rwagaragaje ko rushyigikiye byimazeyo imishinga itandukanye y’Urwego rwa Loni rushinzwe kugenzura Itunganywa ry’Ingufu za Nucléaire (IAEA) yo gukoresha ubumenyi bushingiye ku ngufu za nucléaire mu guteza imbere ubuzima, kubungabunga amazi, kurwanya no kwirinda indwara no gukora amashanyarazi afasha abaturage mu iterambere. Byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu za Atomike mu Rwanda, RAEB, […]

Continue Reading

AFC/M23 yongereye amasaha yo gukoresha umupaka munini wa RDC n’u Rwanda

Ihuriro AFC/M23 ryongereye amasaha yo gukoresha umupaka munini wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, uhuza umujyi wa Goma na Rubavu. Ubusanzwe kuva iri huriro ryafata umujyi wa Goma, ryongereye amasaha yo gukoresha uyu mupaka uzwi nka La Corniche, ajya hagati ya saa kumi n’ebyiri z’igitondo agera ku saa yine z’ijoro. Guverineri w’intara ya […]

Continue Reading