Hagati ya Perezida Museveni na Minisitiri w’Intebe wungirije haratutumba umwuka mubi

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda na Minisitiri w’Intebe wungirije wa mbere, Rebecca Alitwala Kadaga, bateranye amagambo bapfa ibyemezo bifatirwa abanyamuryango b’ishyaka NRM riri ku butegetsi. Kadaga w’imyaka 69 yabaye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko kuva mu 2011 kugeza mu 2021 ubwo yagirwaga Minisitiri w’Intebe wungirije wa mbere. Ubu ari kwiyamamariza umwanya wa Visi Perezida wa […]

Continue Reading

RDC: Imitwe ya Wazalendo yahanganiye muri Walikale

Imitwe yitwaje intwaro iba mu ihuriro Wazalendo rishyigikiwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yahanganiye muri teritwari ya Walikale mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Iyi mirwano yabereye mu gace ka Nkobe muri gurupoma ya Kisimba tariki ya 20 Kanama 2025, yahanganishije umutwe wa NDC-R na UPR (Union des Patriotes Résistants) nyuma yo gushyamirana. Amakuru […]

Continue Reading

Minisitiri w’Ingabo za Mozambique yasuye u Rwanda

Minisitiri w’Ingabo za Mozambique, Gen Maj Cristóvão Artur Chume, ari kumwe n’itsinda ry’abayobozi bakuru b’Ingabo na Polisi, bari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda rugamije gushimangira ubufatanye bw’inzego z’umutekano hagati y’ibihugu byombi. Minisitiri Chume yaherekejwe na Gen Maj André Rafael Mahunguane, Umugaba w’Ingabo za Mozambique, hamwe na CP Fabião Pedro Nhancololo, Umuyobozi Mukuru wa Polisi ishinzwe […]

Continue Reading

Colonel Nduwantare wari uherutse gusezererwa muri Polisi y’u Burundi, yiciwe muri Zambia

Colonel Nduwantare Dieudonné wari uherutse gusezererwa muri Polisi y’u Burundi, yiciwe muri Zambia ku wa 21 Kanama 2025, ubwo yari yasuye abo mu muryango we bahatuye. Col Nduwantare yakoreye mu Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibyaha no ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cyitiriwe Melchior Ndadaye, i Bujumbura. Ubwo yageraga muri Zambia, yabanje gusura murumuna we uhamaze […]

Continue Reading

Nigeria yahamagaye abakinnyi izitabaza ku mukino w’Amavubi

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Nigeria, Éric Chelle, yahamagaye abakinnyi 31 azakuramo abo azifashisha ku mikino Super Eagles izahuramo n’Amavubi y’u Rwanda na Afurika y’Epfo. Mu kwezi kwa Nzeri 2025, amakipe y’ibihugu arakomeza imikino y’umunsi wa karindwi y’amatsinda mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, aho u Rwanda ruzakirwa na Nigeria. Mu kurushaho kwitegura iyi mikino, […]

Continue Reading

RDC: Guverineri wa Banki Nkuru yatangaje igituma ubukungu bukomeza kudindira

André Wameso uherutse kugirwa Guverineri wa Banki Nkuru ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yagaragaje ko iterambere ry’iki gihugu ridashoboka mu gihe abaturage badakoresha ifaranga ryacyo. Kubera itakara rikomeye ry’agaciro k’ifaranga rya RDC, abaturage benshi bahisemo kujya bakoresha Amadolari ya Amerika. Kugeza ubu, idolari rikoreshwa n’abagera kuri 90% muri serivisi z’imbere mu gihugu nko kwishyura […]

Continue Reading

MTN Rwanda yaciwe akayabo kubera serivisi mbi

Urwego rw’Igihugu rugenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro, RURA, rwasobanuye ko Sosiyete y’Itumanaho ya MTN yamaze gukemura ikibazo cyari cyabayeho kigatuma ihanwa, aho yishyuye amande ya miliyoni 30 Frw mu gihe cy’iminsi ibiri. RURA yahannye MTN Rwanda ku wa 28 Nyakanga 2025, nyuma y’ibibazo byari muri sisiteme yayo byatumye serivisi zo guhamagara, kohereza amafaranga […]

Continue Reading

Menya Amashuri 10 yifujwe cyane n’abarangije umwaka wa gatandatu w’abanza

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko amashuri yigisha abanyeshuri bacumbikirwa afite imyanya mike cyane nyamara agasabwa n’abanyeshuri benshi, arimo GS Saint Aloys Rwamagana na Ecole des Science de Musanze yasabwe n’abarenga ibihumbi 20 nyamara afite imyanya ibarirwa mu 100 y’umwaka wa mbere mu cyiciro rusange. Ingingo yo guha abanyeshuri ibigo by’amashuri abanyeshuri barangije amashuri abanza cyangwa abajya […]

Continue Reading

Joseph Kabila yasabiwe igihano cy’urupfu

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Urukiko Rukuru rw’igisirikare rwa Kinshasa gukatira igihano cy’urupfu Joseph Kabila wayoboye iki gihugu kuva mu 2001 kugeza mu 2019. Ubu busabe bwatanzwe n’Umushinjacyaha Mukuru mu Bushinjacyaha bw’igisirikare, Lt Gen Likulia Bakumi Lucien-René, kuri uyu wa 22 Kanama ubwo uru rubanza rwapfundikirwaga. Lt Gen Likulia yasobanuye ko Kabila […]

Continue Reading