Musanze: Yarohamye mu kiyaga cya Ruhondo atwaye ubwato arapfa

Ufitinema Marcel w’imyaka 24, wari utwaye ubwato mu kiyaga cya Ruhondo giherereye mu Kagari ka Murwa, Umurenge wa Remera, Akarere ka Musanze yarohamye arapfa ubwo ubwato bwakoraha impanuka, ku gicamunsi cyo ku Cyumweru  tariki ya 24 Kanama 2025. Amakuru y’iyo mpanuka yamenyekanye ubwo abaturage begereye icyo kiyaga babonaga ubwato bureremba, bakihutira guhamagara inzego z’umutekano zorahagoboka. Nyiramwiza […]

Continue Reading

AFC/M23 yongeye gushinja Leta ya RDC kurenga ku masezerano y’agahenge ikoresheje abacanshuro

Umuvugizi w’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko iryo huriro rihangayikishijwe n’uburyo ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC rikomeje kurenga ku masezerano y’agahenge, aho kuri ubu yongeye gukoresha n’abacanshuro mu kugaba ibitero ku baturage. Ibi Kanyuka yabitangaje abinyujije ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa 24 Kanama 2025, aho […]

Continue Reading

RDC: Abarimo Abagande batandatu bakatiwe urwo gupfa

Urukiko rwa Gisirikare rwa Beni muri RDC rwakatiye abantu 14 barimo Abanya-Uganda batandatu urwo gupfa nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo kujya mu mutwe w’abagizi ba nabi n’ubujura bukoreshejwe intwaro. Icyemezo cy’Urukiko cyasomwe ku wa Gatanu, abo 14 bahamwa n’ibyaha bakatirwa igihano cy’urupfu mu gihe ku cyaha cy’ubujura ho bahanishijwe igihano cy’igifungo cy’imyaka 10. Abana babiri […]

Continue Reading

Rutsiro: Umugore yasanzwe mu mugozi yapfuye

Umugore w’imyaka 54 wo mu Karere ka Rutsiro yasanzwe amanitse mu mugozi yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu gihe Ubuyobozi buvuga ko iperereza ku cyateye uru rupfu rigikomeje. Uyu mugore wo mu Murenge wa Musasa, Akagari ka Gisiza ho mu Mudugudu wa Gitovu yabonwe n’umuturanyi, ku mugoroba wa tariki 23 Kanama 2025, ahagana saa kumi n’igice […]

Continue Reading

Umugore wa Perezida wa Turikiya yise Gaza irimbi ry’abana

Umugore wa Perezida wa Turikiya Emine Erdoğan, yagaragaje akababaro aterwa n’abana bapfira mu ntambara ya Isiraheli na Palestine, avuga ko Gaza yahindutse nk’irimbi ry’abana. Yasabye umugore wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Melania Trump, kubagaragariza ubumuntu. Mu ibaruwa yashyizwe ahagaragara na Perezidansi ya Turikiya yandikiwe Melania Trump ku wa 23 Kamena 2025, Madamu […]

Continue Reading

Musanze: Gutunganya ahagenewe imiturire byongereye agaciro ubutaka bwabo

Abaturage bo mu Mudugudu wa Kadahenda, Akagari ka Birira, Umurenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, bishimira ko gutunganya ahagenewe imiturire bizwi nko ‘gukata site’ byongereye agaciro ubutaka bwabo ubutaka butagezaga ku mafaranga y’u Rwanda ibihumbi 800 kuri ubu busigaye bufite agaciro ka miliyoni zisaga 10. Umurenge wa Kimonyi ni umwe mu Mirenge ikomeje kwagukiramo Umujyi […]

Continue Reading

Itorero Angilikani mu Rwanda ririshimira imyaka 100 rimaze ryamamaza inkuru nziza

Kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Kanama 2025, ibihumbi by’Abakirisitu b’Itorero Angilikani mu Rwanda (EAR) bateraniye i Gahini mu Karere ka Kayonza aho bizihiza isabukuru y’imyaka 100 ishize iryo torero rishinzwe mu Rwanda. Mu 1925, ni bwo Itorero Angilikani mu Rwanda ryatangiriye i Gahini mu Karere ka Kayonza, rishinzwe na Geoffrey Holmes, umusirikare w’Umumisiyoneri ukomoka […]

Continue Reading

Umuhanda Sonatube-Kicukiro Center mu masaha y’umugoroba uraba ufunze

Polisi y’u Rwanda (RNP) yatangaje ko ku wa 24 Kanama 2025 guhera Saa Cyenda kugeza Saa Kumi n’Imwe z’igicamunsi umuhanda Sonatube -Kicukiro Center uraba ufunze. Igice kiraba gifunze ni ikiri hagati ya Simba Supermarket no ku Kiraro cya Kicukiro Center. RNP yatanganje ko uyu muhanda uza kuba ukorerwamo imyitozo yo kwitegura Shampiyona y’Isi y’Amagare izabera […]

Continue Reading

Burera: Basiragiye imyaka 3 bishyuza ingurane z’ibyangijwe n’umuyoboro w’amashanyarazi

Abaturage bo mu Mirenge ya Rugengabari na Nemba mu Karere ka Burera, by’umwihariko abo mu tugari twa Nyanamo, Rukandabyuma, Kiribata na Mucaca, bamaze imyaka itatu basiragira bishyuza ingurane z’ibyabo byangijwe n’umuyoboro w’amashanyarazi wubatswe muri ako gace mu mwaka wa 2022. Hari bamwe bavuga ko bamaze kwishyurwa, abandi bakavuga ko batarahabwa na make, nyamara imitungo yabo […]

Continue Reading

Mozambique yashimiye u Rwanda kuba umufatanyabikorwa mwiza

U Rwanda rwashimiwe kuba umufatanyabikorwa w’ingenzi wa Mozambique binyuze mu bufatanye butanga umusaruro ibihugu byombi bifitanye mu bya gisirikare ndetse no mu iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage. Byagarutsweho na  Minisitiri w’Ingabo wa Mozambique Maj. Gen. Cristóvão Artur Chume, washinangiye ko abaturage ba Mozambique bakomeje kuryoherwa n’umusaruro w’ubufatanye bw’ibihugu byombi by’umwihariko mu guhashya iterabwoba mu Ntara ya Cabo […]

Continue Reading