Meteo Rwanda yatangaje ko ubushyushye buziharira igice cya kabiri cya Kanama mu Rwanda

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko igice cya kabiri cya Kanama kizarangwa n’ubushyuhe busanzweho mu bihe by’impeshyi, bitandukanye n’igice cya mbere cyaranzwe n’ubwiyongere bw’imvura. Mu gice cya mbere cy’uku kwezi, hagati ya tariki ya 1-10 Kanama, mu bice bitandukanye by’igihugu haguye imvura nyinshi ugereranyije n’ikigero cy’impuzandengo y’imvura isanzwe igwa muri aya matariki, nubwo igipimo […]

Continue Reading

Muhanga: Polisi yaburiye abamotari biseseka mu bindi binyabiziga

Umuyobozi wungirije mu Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda ushinzwe no gukurikirana abatwara abagenzi kuri moto by’umwihariko, CSP Vincent Habintwari, yabashishikarije gucika burundu ku makosa akunze kubagaragaraho rimwe na rimwe akabateza impanuka za hato na hato. Ni ingingo yagarutseho ku wa 13 Kanama 2025 ubwo yari mu Karere ka Muhanga mu bukangurambaga bwa […]

Continue Reading

Minisitiri Umutoni yasabye urubyiruko guhanga ibishya bifashishije ikoranabuhanga

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Umutoni Sandrine, yasabye urubyiruko kwifashisha ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano (AI) mu guhanga ibishya hagamijwe guhangana n’imihindagurikire y’ibihe. Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Kanama 2025, ubwo yifatanyaga n’urubyiruko rwo mu Karere ka Rwamagana kwizihiza Umunsi mpuzamahanga w’urubyiruko. Ni umunsi wabanjirijwe n’imurikabikorwa no kwerekana impano by’urubyiruko […]

Continue Reading

Constant Mutamba yigereranyije na Nelson Mandela wafunzwe nyuma akayobora Afurika y’Epfo

Constant Mutamba Tungunga wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yigereranyije na Nelson Mandela wafunzwe imyaka 27 azira kurwanya politiki y’irondaruhu nyuma akayobora Afurika y’Epfo. Mu iburanisha rya nyuma ryabaye ku wa 13 Kanama 2025, Mutamba yasabye imbabazi ku bwo kwibasira abacamanza babiri baheruka kwikura mu rubanza, ubwo yabashinjaga kumutera ubwoba no kumurwanya. […]

Continue Reading

Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC na SADC ku mutekano muri RDC 

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’Umuryango w’Iterambere ry’Afurika y’Amajyepfo (SADC) Ni inama yabaye kuri wa Gatatu tariki ya 13 Kanama 2025, ku buryo bw’ikoranabuhanga, kugira ngo basuzume intambwe imaze guterwa mu bikorwa byo kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo […]

Continue Reading

Rusizi: Inzu y’umuturage yafashwe n’inkongi hangirikiramo iby’arenga miliyoni zirenga 15 Frw

Inzu y’umuturage wo mu Karere ka Rusizi yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka n’ibyarimo byose bivugwa ko byari bifite agaciro k’arenga miliyoni 15 Frw. Iyi mpanuka yabereye mu Mudugudu wa Murangi, Akagari ka Kamurera, Umurenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi ku wa 13 Kanama 2025. Saa 11:40 ni bwo umwana wo muri urwo rugo yarashe […]

Continue Reading

Icyo Uganda izakora intambara yo muri RDC nikaza umurego mu mboni za Gen Muhoozi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko intambara yo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo niyongera gukaza umurego, igihugu cye kizarengera inyungu zacyo. Ingabo za RDC n’ihuriro AFC/M23 ku wa 12 Kanama 2025 byashinjanye ubushotoranyi no gutegura intambara hirengagijwe amahame yasinyiwe i Doha muri Qatar, buri ruhande rugaragaza ko rwiteguye […]

Continue Reading

Imbonerakure zagiye kurwanya AFC/M23 zashinje Leta y’u Burundi kuzibeshya

Urubyiruko rw’Imbonerakure rwagiye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kurwanya Ihuriro AFC/M23, rushinja Leta y’u Burundi kurubeshya amafaranga. Bamwe muri uru rubyiruko rushamikiye ku Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi bw’u Burundi, basobanuye ko mu mezi umunani ashize mbere yo kujya muri RDC, buri wese yari yarasezeranyijwe Amadolari 500 n’inkunga y’ibiribwa. Umwe muri izi […]

Continue Reading

Kigali: Amasomo Azahagarara, Abakozi Bakorere mu Ngo mu Cyumweru cya Shampiyona y’Isi y’Amagare

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko hagati y’itariki ya 21-28 Nzeri 2025, ubwo igihugu kizaba cyakira Shampiyona y’Isi y’Amagare, amashuri akorera mu Mujyi wa Kigali azahagarika amasomo, ndetse abakozi ba leta n’abo mu nzego z’abikorera, bashishikarizwa kuzakorera mu ngo. Iyi ngamba igamije kugabanya umuvundo wo mu mihanda no gufasha imigendekere myiza y’iri rushanwa rikomeye,rizitabirwa n’abakinnyi n’abashyitsi […]

Continue Reading

Rumaga yasobanuriye abasizi inshingano bafite

Umusizi akaba n’umwanditsi w’indirimbo, Junior Rumaga, yagaragaje ko nubwo hashimwa urwego ubusizi bumaze kugeraho mu Rwanda, ariko nk’abasizi babarizwa mu byanzu bagifite urugendo rwo gushyiraho umusanzu. Mu kiganiro cyihariye yagiranye na  Imvaho nshya, yavuze ko nk’abasizi bafite inshingano ikomeye yo kugarura u Rwanda mu bantu. Yagize ati: “Iyo tuvuga kugarura u Rwanda mu bantu, ni […]

Continue Reading