Kwirukana abakozi mu buryo bunyuranyije n’amategeko byatumye Qantas icibwa akayabo

Ikigo gikora ubwikorezi bwo mu kirere cyo muri Australie, Qantas, cyaciwe miliyoni 90$ kubera ko mu bihe bya Covid-19, cyirukanye abakozi bagera kuri 1,800 mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Iki gihano ni cyo kinini gihawe ikigo cy’ubucuruzi muri Australie kubera kutubahiriza uburenganzira bw’abakozi, aho Sendika y’Abakozi bo mu bigo bikora ubwikorezi muri icyo gihugu, Australia’s Transport […]

Continue Reading

Rusizi: Imodoka bahawe na Perezida Kagame imaze imyaka ibiri mu igaraje

Abanyamuryango ba Koperative Umucyo, igizwe n’abasaza n’abakecuru bo mu Murenge wa Gikundamvura bafata inkunga y’ingoboka, bavuga ko imodoka bari barahawe na Perezida Kagame yo kubafasha kugeza umusaruro ku masoko, ubu yangiritse ndetse ikaba imaze imyaka ibiri mu igaraje na bo bari mu gihirahiro. Mu 2015 Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yemereye imodoka aba basaza n’abakecuru […]

Continue Reading

Leta ya RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro

Leta ya Qatar yashyikirije ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ihuriro AFC/M23 umushinga w’amasezerano y’amahoro kugira ngo biwusuzume mbere yo kuwemera. Tariki ya 19 Nyakanga 2025, Leta ya RDC na AFC/M23 byashyize umukono ku mahame abiganisha ku masezerano y’amahoro, bibifashijwemo na Leta ya Qatar. Zimwe mu ngingo zikubiye muri aya mahame zirimo kurekura imfungwa […]

Continue Reading

Umujyi wa Kigali wihaye intego yo kwinjiza miliyari 80 Frw mu 2025/26 binyuze mu misoro

Umujyi wa Kigali wiyemeje gukusanya agera kuri miliyari 80 Frw, aturutse mu misoro n’amahoro bitangwa n’abawutuye n’abawukoreramo, bisobanuye inyongera ya 20% mu ngengo y’imari ya 2025/2026 ugereranyije n’umwaka wari wabanje. Umwaka ushize Umujyi wa Kigali wari wihaye intego yo gukusanya agera kuri miliyari 60 Frw mu ngengo y’imari ya 2024/2025, mu gihe byagezweho Umujyi wa […]

Continue Reading

U Rwanda rwasinyanye amasezerano n’ikigo gikora imiti irimo iya kanseri

Ikigo gishinzwe Kugura no Gukwirakwiza imiti mu Rwanda (RMS), cyasinyanye amasezerano n’Ikigo Philex gikora imiti n’ibikoresho by’ubuvuzi muri Qatar, mu kwagura amahirwe yo kugeza imiti y’ingenzi mu Rwanda, harimo ivura kanseri n’indwara z’umutima n’umuvuduko w’amaraso. Umuhango wo gushyira umukono ku masezerano witabiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Qatar Igor Marara, ubwo bufatanye bukaba bubonwa nk’intambwe […]

Continue Reading

U Rwanda n’Amerika baganiriye ku butwererane bwa gisirikare

Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) zaganiriye ku butwererane mu bya gisirikare busanzweho kandi bukomeje kwaguka binyuze mu nzego zirimo guhererekanya ubumenyi binyuze mu mahugurwa n’imyitozo ya gisirikare, na dipolomasi ishingiye ku mutekano. Ibyo biganiro byahuje Umugaba w’Ingabo Zirwanira ku Butaka Maj Gen Vincent Nyakarundi n’Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Ubuyobozi bwa Gisirikare […]

Continue Reading

Ubuhamya bwa Brig Gen Faye uri mu basirikare ba Loni banze gutererana Abatutsi muri Jenoside

Brig. Gen. Faye Hadji Babacar yavuze ko ubwo hafatwaga icyemezo cyo gukura MINUAR mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, hari abasirikare bahisemo kuhaguma binyuranyije n’itegeko bari bahawe. Uyu musirikare ukomoka muri Sénégal, ari mu bahoze ari ab’Umuryango w’Abibumbye b’Abanyafurika bari mu butumwa mu Rwanda mu 1994. Ku itariki ya 7 Mata 1994, u […]

Continue Reading

Manzi Thierry yongereye amasezerano muri Al Ahly Tripoli

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ Manzi Thierry, yongereye amasezerano y’imyaka ibiri muri Al Ahli Tripoli yo muri Libya. Ibi byatangajwe n’iyi kipe ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki ya 16 Kanama 2025, ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo. Manzi yongereye amasezerano muri iyi Kipe nyuma yo kuyifasha kwegukana igikombe cya shampiyona cya 2024/25 ku nshuro ya […]

Continue Reading

Perezida Ndayishimiye yasabye Papa Léon XIV guha u Burundi Umu-Cardinal

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye Papa Léon XIV gusura igihugu cye akagisomeramo Misa y’amateka no kugiha Umu-Cardinal. Yabigarutseho ku wa Gatanu tariki ya 15 Kanama 2025, ubwo hafungurwaga ku mugaragaro Bazilika ya Mugera yitiriwe Mutagatifu Antoni w’i Paduwa. Paruwasi ya Mugera, iri mu Ntara ya Gitega, yashyizwe ku rwego rwa Bazilika nto, iba iya […]

Continue Reading

Abarenga 1700 biciwe muri Gaza kuva muri Gicurasi 2025

Umuryango w’Abibumbye wagaragaje ko guhera muri Gicurasi 2025 Israel imaze kwica abantu 1760 muri Gaza bapfuye bari kugerageza gushaka ubufasha. Ni imibare yashyizwe hanze ku wa 16 Kanama 2025, aho igaragaza ko kuri uyu munsi gusa abagera kuri 25 baguye mu gitero Israel yagabye muri aka gace. Uyu muryango ugaragaza kandi ko mu masaha 24 […]

Continue Reading