Haravugwa uruhande ruri gukoresha intwaro ziremereye mu mirwano ya AFC/M23 na FARDC n’abayifasha

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’igisirikare cy’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abagifasha, bagabye ibitero bakoresheje intwaro ziremereye ndetse n’indege zitagira abapilote (Drones) mu duce tumwe two mu Ntara ya Kivu y’Epfo. Byatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka kuri iki Cyumweru tariki 17 Kanama 2025, wavuze ko ari bwo uruhande bahangaye rwagabye ibi […]

Continue Reading

Uko mu rugo rw’umuturage hatahuwe inka zari zaribwe zirimo iyari imaze amezi umunani yarabuze

Mu rugo rw’umuturage wo mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, hasanzwe inka ebyiri zari zaribwe abantu babiri, zatahuwe nyuma yo kumva muri uru rugo habirira inka kandi abaturanyi bazi ko badafite ubushobozi bwo kuzigura. Izi nka zafatiwe mu rugo rw’uwitwa Callixte n’umugore babana witwa Esperance, ruherereye mu Mudugudu wa Nyabiranga, Akagari ka Kamanyenga […]

Continue Reading

Rayon Sports yategetswe na FIFA kwishyura Robertinho arenga miliyoni 30 Frw

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), ryategetse Rayon Sports FC kwishyura Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo ‘Robertinho’ wahoze ari umutoza wayo, amadolari ya Amerika ibihumbi 22,5 [22,5$ arenga miliyoni 30 Frw] kubera kumwirukana binyuranyije n’amategeko. Muri Mata 2025 ni bwo Rayon Sports yahagaritse Robertinho imushinja uburwayi, nyuma yo kutishimira icyemezo iyi kipe yafashe cyo kumuhagarika. […]

Continue Reading

AFC/M23 yatangaje ko itazasubira i Doha Leta ya RDC nitarekura abantu bayo

Ihuriro AFC/M23 ryashimangiye ko ridateze gusubiza intumwa zaryo mu biganiro by’amahoro i Doha muri Qatar mu gihe ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwaba butararekura imfungwa 700. Hashingiwe ku mahame impande zombi zasinyiye i Doha tariki ya 19 Nyakanga 2025, Leta ya RDC yari yemeye kurekura abantu 700 ifunze barimo abanyamuryango ba AFC/M23 n’abakekwaho […]

Continue Reading

Amanota ya P6 na 0’ Level y’ibizamini bya Leta bya 2024/25 agiye gutangazwa

Minisiteri y’Uburezi, MINEDUC yatangaje ko amanota y’ibizamini bya Leta bisoza umwaka w’amashuri wa 2024/2025 by’abo mu mashuri abanza (P6) n’Icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye (O’ Level) azatangazwa ku wa Kabiri tariki ya 19 Kanama 2025. Ni ibyasohotse mu itangazo rya MINEDUC ryo ku Cyumweru tariki ya 17 Kanama 2025, ryanagaragaje ko umwaka w’amashuri wa 2025/2026 uzatangira […]

Continue Reading

Kivu y’Amajyaruguru: ADF yishe abaturage 59 mu minsi itatu

Umutwe w’iterabwoba wa ADF wishe abaturage bagera kuri 59 mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru iri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Aba baturage biciwe mu duce dutandukanye two muri Segiteri ya Bapere muri teritwari ya Lubero ndetse no mu mujyi wa Oicha muri teritwari ya Beni, kuva tariki ya 16 Kanama 2025. Mu […]

Continue Reading

Perezida wa FIFA yamaganye irondaruhu ryakorewe Antoine Semenyo

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, yatangaje ko yamaganye ihohoterwa rishingiye ku irondaruhu ryakorewe rutahizamu wa AFC Bournemouth akaba n’umukinyi w’ikipe y’Igihugu ya Ghana, Antoine Semenyo. Semenyo w’imyaka 25 yakorewe irondaruhu n’umufana wa Liverpool ku wa Gatanu, tariki ya 15 Kanama 2025, ubwo AFC Bournemouth yakinaga na Liverpool FC mu mukino ufungura […]

Continue Reading

Kwirukana abakozi mu buryo bunyuranyije n’amategeko byatumye Qantas icibwa akayabo

Ikigo gikora ubwikorezi bwo mu kirere cyo muri Australie, Qantas, cyaciwe miliyoni 90$ kubera ko mu bihe bya Covid-19, cyirukanye abakozi bagera kuri 1,800 mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Iki gihano ni cyo kinini gihawe ikigo cy’ubucuruzi muri Australie kubera kutubahiriza uburenganzira bw’abakozi, aho Sendika y’Abakozi bo mu bigo bikora ubwikorezi muri icyo gihugu, Australia’s Transport […]

Continue Reading

Rusizi: Imodoka bahawe na Perezida Kagame imaze imyaka ibiri mu igaraje

Abanyamuryango ba Koperative Umucyo, igizwe n’abasaza n’abakecuru bo mu Murenge wa Gikundamvura bafata inkunga y’ingoboka, bavuga ko imodoka bari barahawe na Perezida Kagame yo kubafasha kugeza umusaruro ku masoko, ubu yangiritse ndetse ikaba imaze imyaka ibiri mu igaraje na bo bari mu gihirahiro. Mu 2015 Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yemereye imodoka aba basaza n’abakecuru […]

Continue Reading

Leta ya RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro

Leta ya Qatar yashyikirije ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ihuriro AFC/M23 umushinga w’amasezerano y’amahoro kugira ngo biwusuzume mbere yo kuwemera. Tariki ya 19 Nyakanga 2025, Leta ya RDC na AFC/M23 byashyize umukono ku mahame abiganisha ku masezerano y’amahoro, bibifashijwemo na Leta ya Qatar. Zimwe mu ngingo zikubiye muri aya mahame zirimo kurekura imfungwa […]

Continue Reading

Umujyi wa Kigali wihaye intego yo kwinjiza miliyari 80 Frw mu 2025/26 binyuze mu misoro

Umujyi wa Kigali wiyemeje gukusanya agera kuri miliyari 80 Frw, aturutse mu misoro n’amahoro bitangwa n’abawutuye n’abawukoreramo, bisobanuye inyongera ya 20% mu ngengo y’imari ya 2025/2026 ugereranyije n’umwaka wari wabanje. Umwaka ushize Umujyi wa Kigali wari wihaye intego yo gukusanya agera kuri miliyari 60 Frw mu ngengo y’imari ya 2024/2025, mu gihe byagezweho Umujyi wa […]

Continue Reading