RDC: M23 Niyo irimo kugenzura imipaka ya Bukavu

Abaturage barimo kuva mu mujyi wa Bukavu bavuga ko nta ngabo za FARDC barimo kubona, nubwo hari amakuru avuga ko bongeye kugaruka mu mujyi. Abaturage bavuga ko mu mujyi wa Bukavu hari ibikorwa byo gusahura, abasirikare barwanye Kavumu bageze muri Bukavu bakuramo imyenda bajugunya n’intwaro barahunga. Bavuga ko gusiga intwaro mu mujyi byagize ingaruka ku […]

Continue Reading

Imfungwa zatorotse Gereza ya Bukavu

Imfungwa zari zifungiwe muri Gereza Nkuru ya Bukavu, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zose zatorotse. Izi mfungwa zatorotse nyuma y’aho abacungagereza n’abandi bashinzwe umutekano ba RDC bahunze, mu gihe abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 binjiraga mu mujyi wa Bukavu. Abafungiwe muri gereza ya Bukavu bashatse gutoroka […]

Continue Reading

Bidasubirwaho M23 yamaze gufata umujyi wa Bukavu

Abarwanyi ba M23 batangaje ko bafashe umujyi wa Bukavu, umurwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Uruhande rwa leta, kugeza ku wa Gatandatu nijoro, rwari rugisaba igisirikare kurwana kuri uyu mujyi kugira ngo udafatwe, ariko ntacyo ruratangaza ku bivugwa na M23. Abasirikare bakuru ba FARDC bari i Kinshasa mu gitondo […]

Continue Reading

M23 yasabye abatuye i Bukavu kwitorera abayobozi

Umutwe wa M23 wasohoye itangazo usaba abaturage b’umujyi wa Bukavu gushyiraho “abantu b’inyangamugayo” ngo babayobore, nyuma y’uko uvuze ko “nyuma yo gutsindwa” ingabo za leta n’abafatanya na zo bahunze uyu mujyi. Gusaba abaturage kwishyiriraho ababategeka bitandukanye n’uko uyu mutwe wagiye ubikora mu bindi bice wafashe. Abarwanyi ba M23 baragenzura umujyi wa Bukavu kuva mu ijoro […]

Continue Reading

Gen Muhoozi yateguje gufata umujyi wa Bunia muri RDC

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ingabo zose ziri mu mujyi wa Bunia ufatwa nk’umurwa mukuru w’intara ya Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zifite amasaha 24 yo kurambika intwaro. Gen Muhoozi kuri uyu wa 15 Gashyantare 2025 yatangarije ku rubuga nkoranyambaga rwa X ko Abahima bakomeje kwicirwa muri Bunia, […]

Continue Reading

Uwabaye Visi Perezida w’u Burundi yanenze Ndayishimiye washotoye u Rwanda

Frédéric Bamvuginyumvira wabaye Visi Perezida w’u Burundi kuva mu 1998 kugeza mu 2001, yanenze Perezida Evariste Ndayishimiye uherutse gusaba Abarundi kwitegura intambara yabo n’Abanyarwanda. Ndayishimiye wari mu ntara ya Kirundo, tariki ya 11 Gashyantare 2025 yavuze ko azohereza ku mupaka Abarundi bose kugira ngo bahangane n’Abanyarwanda, kandi ngo yiteguye gutsinda. Yagize ati “Mwebwe mwitegure, ntimugire […]

Continue Reading

Tshisekedi yasubiyemo ko atazaganira na M23 nubwo EAC na SADC babimusabye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yatangaje ko ubutegetsi bwe butazaganira n’umutwe witwaje intwaro wa M23 nubwo bwabisabwe n’abakuru b’ibihugu by’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika y’amajyepfo (SADC). Aba bakuru b’ibihugu basabye Leta ya RDC kuganira n’imitwe yitwaje intwaro yose irimo M23 tariki ya 8 Gashyantare ubwo bahuriraga i Dar es […]

Continue Reading

Papa Francis yajyanywe mu bitaro i Roma

Papa Francis, w’imyaka 88 yoherejwe mu Bitaro bya Policlinico Agostino Gemelli i Roma, aho yagiye kwivuriza indwara ifata mu myanya y’ubuhumekero amaranye igihe izwi nka ‘bronchite’ nkuko byatangajwe na Vatican kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 14 Gashyantare 2025. Ibiro bye byatangaje ko yagiye kwivuza nyuma yo kubonana n’abayobozi b’i Vatican, Minisitiri w’Intebe wa Slovakia, […]

Continue Reading

Abasirikare ba FARDC barenga 200 bahunze M23 bakatiwe urwo gupfa

Urukiko rwa Gisirikare rwa Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwahanishije igihano cy’urupfu abasirikare barenga 200 kubera guhunga urugamba bahanganyemo n’umutwe witwaje intwaro wa M23, bagakora ibyaha birimo ubwicanyi, gufata ku ngufu no gusahura. Isomwa ry’urubanza ryabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 14 Gashyantare 2025, mu Rukiko Rukuru rwa Bukavu. Bashinjwaga ibyaha […]

Continue Reading

M23 yamaze gufata ikibuga cy’Indege cya Kavumu

Umuvugizi wa AFC/M23 ku rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko abarwanyi babo bafashe burundu ikibuga cy’indege cya Kavumu, giherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. M23 yemeje ko yigaruriye ikibuga cyose nyuma yo gufata uduce twa Kabamba na Katana, twose dukaba turi muri teritwari ya Kabale. Kanyuka yavuze ko kwigarurira ikibuga cy’indege cya Kavumu ari […]

Continue Reading