U Rwanda rwiteguye kwakira impunzi, inzego zinyuranye ziri i Rubavu

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yiteguye kwakira impunzi zahungira mu Rwanda ziturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) kubera imirwano ihanganishije umutwe wa M23 n’ihuriro ry’Ingabo za Leta ririmo na FDLR. Mu kiganiro Imvaho Nshya yagiranye n’Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda Me Alain Mukuralinda, yavuze ko mu minsi igera kuri itatu u Rwanda […]

Continue Reading

Amasasu aturutse mu mirwano yerekeza i Goma yaguye mu Rwanda

Mu masaha ya mu gitondo cyo kuri uyu wa 26 Mutarama 2025, mu Karere ka Rubavu haguye igisasu ryo mu bwoko bwa Grenade, n’irindi sasu ritobora inzu y’umuturage bivuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ahari kubera imirwano ishyamiranyije M23 na FARDC n’abambari bayo. Bivugwa ko isasu rimwe ryatoboye inzu y’umuturage wo mu Murenge […]

Continue Reading

Abasirikare 13 ba SADC na Loni baguye mu ntambara na M23

Abasirikare 13 barimo abari mu butumwa bw’abari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) n’ab’umuryango wa Afurika y’Amajyepfo (SAMIDRC), baguye mu ntambara ishyamiranyije ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC na M23. Abasirikare bapfuye barimo icyenda ba Afurika y’Epfo baguye mu ntambara bahanganye na M23 ngo idafata umujyi wa Goma, batatu […]

Continue Reading

Perezida Macron yahamagaye kuri telefoni Perezida Kagame na Tshisekedi

Umukuru w’igihugu cy’Ubufaransa, Emmanuel Macron yahamagaye kuri telefoni Perezida Felix Tshisekedi na Perezida Paul Kagame mu bihe bitandukanye. Ibiro bya Perezidansi y’Ubufaransa bivuga ko ku wa Gatandatu tariki 25 Mutarama, 2025 Perezida Macron yavuganye kuri telefoni na Perezida Tshisekedi, na Perezifa Paul Kagame. Nta byinshi byatangajwe ku byo baba bemeje, cyakora itangazo rivuga ko Emmanuel […]

Continue Reading

Rusizi: Abanyeshuri babiri baravugwaho kugerageza kuroga bagenzi babo

Abanyeshuri babiri b’abakobwa b’imyaka 20 na 19 y’amavuko baravugwaho kugerageza kuroga bagenzi babo bakoresheje umuti wica imbeba. Biga ku ishuri rya GS Mutongo riherereye mu Kagari ka Tara mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi. Byabaye ku wa Gatanu tariki ya 24 Mutarama 2025 ubwo abanyeshuri bagenzi babo bajyaga kurya saa saba z’amanywa, bakumva […]

Continue Reading

Goma Mwicuraburindi

Virunga Energies Ikigo gicuruza amashanyarazi muri Kivu y’Amajyaruguru, cyane cyane mu mujyi wa Goma, cyatangaje ko kidashobora gutanga amashanyarazi mu mujyi wa Goma na Nyiragongo kubera imirwano yaciye insinga z’amashanyarazi mu bice bya Nyiragongo. Umujyi wa Goma uri mu kizima mu gihe wugarijwe n’ibura ry’amazi, bitewe n’uko ukoresha ay’ikiyaga cya Kivu, atunganywa hakoreshejwe amashanyarazi yamaze […]

Continue Reading

Polisi yafashe abiyita abahanuzi bava i Kigali bakajya guteka umutwe mu Ntara

Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Muhanga yatangaje ko yafashe abagore n’abagabo bava i Kigali kajya kwiba mu Ntara, amayeri yabo akaba arimo “guhanurira abantu” no kubasengera ubundi bakabatekera umutwe bakabacucura. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Habiyaremye, yavuze ko gufatwa kwabo byaturutse ku makuru yatanzwe na bamwe mu bakorewe […]

Continue Reading

Amafaranga ya Pansiyo yongerewe

Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rwatangaje ko amafaranga yagenerwaga abari mu kiruhuko cy’izabukuru (pansiyo) n’agenerwa abagize ibyago bikomoka ku kazi yiyongera akava ku bihumbi 13 akaba ibihumbi 33,710 by’amafaranga y’u Rwanda. Mu itangazo RSSB yashyize ahagaragara kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Mutarama 2025, ruvuga ko izo mpinduka zishingiye ku mwanzuro w’Inama y’Abaminisitiri wemeza […]

Continue Reading

Rusizi: Umugabo yasanganywe iwe n’inshoreke ye bombi batabwa muri yombi

Umugabo witwa Niyomugabo Fabien na Nyiraguhirwa Théopiste bafungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Kamembe, nyuma yo gufatirwa mu nzu ye yararanyemo uyu mugore w’inshoreke. Niyomugabo w’imyaka 29 atuye mu Mudugudu wa Rwinkwavu, Akagari ka Turambi, Umurenge wa Giheke, Akarere ka Rusizi afunganywe na Nyiraguhirwa Théopiste w’imyaka 25 kuri sitasiyo ya RIB ya Kamembe, nyuma yo […]

Continue Reading

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Mulindwa Prosper yahumurije abagenda muri aka karere

Meya w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yatangaje ko ibikorwa mu karere ka Rubavu bikomeje nk’ibisanzwe, nubwo hari imirwano iri hafi y’umujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Yagize kandi ubutumwa bwo gukangurira abaturage gukoresha imipaka yemewe no kwirinda ibihuha. Mu gihe intambara ikomeje kwibasira inkengero za Goma, hari abaturage n’abanyamahanga bava muri […]

Continue Reading