Abacanshuro barwaniraga DRC banyuze mu Rwanda bahunga bava i Goma

Abacanshuro ba Wagner’s 288 barwanaga ku ruhande rw’ingabo za Leta ya Kinshasa FARDC muri Kivu y’ Amajyaruguru banyujijwe mu Rwanda basubizwa mu bihugu byabo. Ni abarwanyi bumvikanye inshuro nyinshi bahanganye n’ umutwe wa M23 mu bice bitandukanye birimo Teritwari ya Masisi mu mujyi wa Kitshanga, mu mujyi wa Sake no mu nkengero zayo, ndetse na […]

Continue Reading

RDF yatanze ubuvuzi ku basirikare ba FARDC na Wazalendo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Mutarama 2025, ingabo z’u Rwanda zaramutse zivura ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse na Wazalendo bakomerekeye mu ntamba ihuje ingabo za Congo FARDC n’abo zifatanyije kurwana n’Umutwe wa M23. Abasirikare ba Congo na Wazalendo barimo guhabwa ubutabazi ni abasaga 100 bari mu Rwanda mu […]

Continue Reading

Perezida Kagame yaganiriye n’Umunyamabanga wa Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahangawa ku bibazo bya Congo

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yaganiriye n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, ku bibazo by’umutekano mucye muri Congo, bemeranya ko impande zihanganye zahagarika imirwano. Umukuru w’Igihugu abinyujije ku rubuga rwa X, kuri uyu wa kabiri tariki ya 28 Mutarama 2025, yavuze ko yagiranye ikiganiro n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe […]

Continue Reading

U Rwanda rumaze kwakira impunzi zisaga 1200 zivuye muri RDC

Impunzi z’Abanyekongo zisaga 1200 zimaze kwakirwa mu nkambi ya Rugerero iherereye mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba, ziturutse mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nk’uko byemezwa na Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA). Kugeza saa tanu zo muri iki gitondo imodoka zari zikizana impunzi zikomeje guhunga imirwano ihanganishije umutwe wa M23 n’ihuriro […]

Continue Reading

Brig Gen Ronald Rwivanga yavuze ku bwirinzi bw’ u Rwanda mu gukumira ibisasu byarashwe na FARDC I Rubavu

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Brig Gen Ronald Rwivanga atangaza ko ingabo za FARDC zarashe ibisasu mu Rwanda bigahitana abantu batanu, abandi 35 bagakomereka. Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Brig Gen Ronald Rwivanga atangaza ko ingabo za FARDC zarashe ibisasu mu Rwanda bigahitana abantu batanu, abandi 35 bagakomereka. Brig Gen Rwivanga avuga ko abakomeretse bari kwitabwaho mu […]

Continue Reading

Niba ukunda gusirimuka ‘Tasty Bakery’ izwiho gukora Cakes ziryoshye irabigufashamo

  Tasty Bakery , imwe mu makompanyi akora cakes n’ibindi biribwa bikomoka ku ifarini nk’imigati, amandazi na capati biryoshye, kuri ubu ikomeje gahunda yo kurushaho kunoza no gutanga serivizi nziza ku buryo abayigana bayirahira. Bakora cakes z’ubwoko bwose zirimo iz’ubukwe, Anniversaire bridalshower ndetse n’ibindi birori kandi bakagukorera design yose wifuza. Bakorera ku Kimironko urenze gato […]

Continue Reading

Imvura isanzwe igwa mu itumba izagabanuka- Meteo Rwanda

  Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje ko mu itumba rya 2025, hateganyijwe imvura iri hasi gato y’impuzandengo y’imvura isanzwe igwa.  Ni amakuru y’iteganyagihe Meteo Rwanda ivuga ko aba yizewe ku kigero kiri hejuru ya 75%. Iki kigo cyagaragaje ko igihembwe cy’imvura y’itumba, ni ukuvuga hagati ya Werurwe-Gicurasi 2025 giteganyijwemo imvura iri […]

Continue Reading

Bidasubirwaho Umujyi wa Goma uri mu maboko ya M23

Bidasubirwaho, inyeshyamba za M23 zatangaje ko zamaze kubohora Umujyi wa Goma, zikangurira abaturage kudahangayika. Guhera ku mugoroba wo ku Cyumweru, ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho agaragaza abo byavugwaga ko ari abarwanyi ba M23 bageze mu Mujyi wa Goma. Hamwe byagaragaraga ko abaturage bishimiye kubakira bakoma mu mashyi, cyane ko hari n’abdi yagaragazaga ingabo za Congo […]

Continue Reading

U Rwanda rwiteguye kwakira impunzi, inzego zinyuranye ziri i Rubavu

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yiteguye kwakira impunzi zahungira mu Rwanda ziturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) kubera imirwano ihanganishije umutwe wa M23 n’ihuriro ry’Ingabo za Leta ririmo na FDLR. Mu kiganiro Imvaho Nshya yagiranye n’Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda Me Alain Mukuralinda, yavuze ko mu minsi igera kuri itatu u Rwanda […]

Continue Reading

Amasasu aturutse mu mirwano yerekeza i Goma yaguye mu Rwanda

Mu masaha ya mu gitondo cyo kuri uyu wa 26 Mutarama 2025, mu Karere ka Rubavu haguye igisasu ryo mu bwoko bwa Grenade, n’irindi sasu ritobora inzu y’umuturage bivuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ahari kubera imirwano ishyamiranyije M23 na FARDC n’abambari bayo. Bivugwa ko isasu rimwe ryatoboye inzu y’umuturage wo mu Murenge […]

Continue Reading

Abasirikare 13 ba SADC na Loni baguye mu ntambara na M23

Abasirikare 13 barimo abari mu butumwa bw’abari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) n’ab’umuryango wa Afurika y’Amajyepfo (SAMIDRC), baguye mu ntambara ishyamiranyije ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC na M23. Abasirikare bapfuye barimo icyenda ba Afurika y’Epfo baguye mu ntambara bahanganye na M23 ngo idafata umujyi wa Goma, batatu […]

Continue Reading