Gakenke: Imbwa zongeye kwica ihene eshanu

Nyuma y’ibyumweru bibiri imbwa zo mu gasozi zizwi nk’ibihomora ziteye abaturage bo mu Kagari ka Huro, mu Murenge wa Muhondo mu Karere ka Gakenke zikica amatungo umunani arimo ihene esheshatu n’intama ebyiri bizezwa ko izo mbwa zamaze kwicwa, zagarutse zisanga ihene ku gasozi aho ziziritse zicamo eshanu ku wa mbere tariki 09 Ukuboza 2024. Umuyobozi […]

Continue Reading

Rutsiro: Umugabo arakekwaho kwica umugore amutemaguye agatoroka

Mutuyimana Oswald w’imyaka 38 wo mu Mudugudu wa Gashasho, Umurenge wa Nyabirasi, Akarere ka Rutsiro arashakishwa n’Inzego z’umutekano akekwaho kwica umugore we Mukagakwerere Fortunée w’imyaka 35 bari bamaranye imyaka 17. Bikekwa ko intandaro yo kwivugana umugore we ari uko yari yamwangiye kugurisha umurima wa kabiri kandi n’uwa mbere yari yawugurishije miliyoni imwe n’igice y’amafaranga y’u […]

Continue Reading

Rusizi: Umusore yatawe muri yombi azira gusambanya umwana akanamutera inda

Butoyi Moise w’imyaka 20 wo mu Mudugudu wa Kamabuye, Akagari ka Burunga, Umurenge wa Gihundwe, Akarere ka Rusizi, afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kamembe akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 17 akanamutera inda. Yafashwe yamuzanye ngo babane aho yari yakodesheje mu Mudugudu wa Karitasi muri ako Kagari ka Burunga. Umwe mu baturage batanze ayo makuru yatumye […]

Continue Reading

NESA yatangaje gahunda y’uko abanyeshuri bazataha bajya mu biruhuko

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), cyatangaje gahunda y’ingendo z’abanyeshuri biga bacumbikirwa mu gihe cyo gusubira mu rugo (Igihembwe cya 1 umwaka w’amashuri wa 2024-2025) Abanyeshuri bazataha hagati y ’itariki ya 19- 22 Ukuboza 2024. Ingendo zizakorwa hakurikijwe Uturere ibigo by’amashuri biherereyemo.

Continue Reading

Hatangajwe gahunda y’ingendo z’uko abanyeshuri bazataha bajya mu biruhuko

  Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) bwashyize hanze gahunda y’ingendo z’abanyeshuri biga bacumbikiwe ku biga by’amashuri ubwo bazaba basubira mu miryango mu biruhuko by’igihembwe cya mbere, izatangira tariki 19 Ukuboza 2024. Iyi gahunda yashyizwe hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Ukuboza 2024, igaragaza ko izi ngendo zizatangira tariki 19 Ukuboza 2024, […]

Continue Reading

Utubari, Amahoteli n’ahabera imyidagaduro byemerewe gukora bigakesha

Leta y’u Rwanda mu rwego rwo gufasha Abaturarwanda kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka, ahabera imyidagaduro harimo amahotel utubari, utubyiniro na za resitora, hongerewe amasaha yo gukora nijoro. Ibikorwa birimo amahoteli, utubari, resitora n’utubyiniro byemerewe gukora kugeza Saa Munani zo mu rukerera, kuva ku wa Mbere kugeza ku wa Kane, naho kuva ku wa Gatanu kugera […]

Continue Reading

Babiri bibaga mu ngo bakoresheje ibikangisho no kwiyitirira inzego batawe muri yombi

Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Gasabo yafashe ku wa Mbere tariki ya 9 Ukuboza 2024, abasore babiri bafite imyaka 27 na 30 y’amavuko, bakurikiranyweho kwiyitirira inzego no kwiba abaturage amafaranga n’ibikoresho bitandukanye bakoresheje kiboko. Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP) Wellars Gahonzire yavuze ko bafatiwe mu bikorwa bya […]

Continue Reading

Muhire Kevin yavuze ko yabeshyeye Kapiteni wa APR FC

Kapiteni wa Rayon Sports, Muhire Kevin, yatangaje ko amagambo yavuze kuri Kapiteni wa APR FC, Claude Niyomugabo, ko yamubwiye ko hari gahunda y’uko yari kuvunwa na Taddeo Lwanga atari yo avuga ko byari ugutebya. Ibi yabitangaje nyuma y’umukino w’ikirarane cy’Umunsi wa Gatatu wa Shampiyona y’u Rwanda wabereye kuri Stade Amahoro ku wa Gatandatu, tariki ya […]

Continue Reading

Umusirikare wishe arashe abaturage batanu yakatiwe

Urukiko rwa Gisirikare rwahamije Sgt Minani Gervais ibyaha yari akurikinyweho, rumuhanisha igifungo cya burundu no kunyagwa amapeti ya gisirikare. Sgt Minani yari akurikinyweho ibyaha bitatu, birimo ubwicanyi buturutse ku bushake, gukoresha intwaro bidategetswe n’umukuru no kwangiza, kwiba no kuzimiza ku bushake igikoresho cya gisirikare. Ni ibyaha yakoze ku wa 13 Ugushyingo 2024 aho yarasiye abantu […]

Continue Reading

Menya amafaranga Umukino wa Rayon Sports na APR FC winjije

Umukino Rayon Sports yakiriyemo APR FC ku wa Gatandatu, tariki ya 7 Ukuboza 2024 winjije miliyoni 227 Frw, zirimo 142 Frw zavuye mu baguze amatike. Uyu mukino w’amateka wahurije impande zombi muri Stade Amahoro nyuma y’imyaka ine, ndetse kuri iyi nshuro yari yuzuye abantu ibihumbi 45 isigaye yakira nyuma yo kuvugururwa. Muri rusange, uyu mukino […]

Continue Reading