Yari afite ubukwe ku munsi ukurikira Noheli Umunyamakuru wakoreraga Radio&TV10 yitabye Imana

Habababyeyi yakoraga ikiganiro buri Cyumweru kuri Radio na TV 10 cyitwa Ahabona gisesengura amakuru yaranze icyumweru. Amakuru yatangajwe mu bitangazamakuru no ku mbuga nkorambaga agaragaza ko Habababyeyi ku wa Gatandatu yajyanywe kwa muganga ari muri koma akaba yahise yitaba Imana. Inshuti ze za hafi zatunguwe ndetse zinashengurwa n’urupfu rwe zikanemeza ko yari afite ubukwe ku […]

Continue Reading

NESA yafunze ibigo by’amashuri 60

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’amashuri n’Ibizamini (NESA) cyatangaje ko cyafunze ibigo by’amashuri 60 byakoraga bitujuje ibisabwa. Umuyobozi Mukuru wa NESA, Dr Bahati Bernard yabwiye itangazamakuru ko mu bugenzuzi bakoze basanze ayo mashuri atujuje ibisabwa kandi ashobora gushyira mu kaga ubuzima bw’abanyeshuri bayigamo, ari na yo mpamvu yafunzwe. Yagize ati: “Hari amashuri twakoreye ubugenzuzi mu minsi […]

Continue Reading

Perezida Putin yahakanye ibiganiro na Trump

Perezida Vladimir Putin yavuze ko atigeze aganira na Donald Trump uherutse gutorerwa kongera kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gihe cy’imyaka ine yari amaze atari muri izi nshingano, icyakora ashimangira ko yiteguye kuganira na we. Putin yavuze ko hari ibintu byinshi yaganira na Trump, icyakora avuga ko atazi igihe ibiganiro byabo bizabera, cyane ko […]

Continue Reading

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri abwiwe n’abaganga ko asigaje amezi atatu yo kubaho DJ Dizzo yitabye Imana

DJ Dizzo wari umaze igihe ahanganye n’uburwayi bwa kanseri, yitabye Imana, nyuma y’imyaka igera kuri ibiri abwiwe n’abaganga ko atari kurenza muri Nyakanga 2022. Mutambuka Derrick uzwi nka DJ Dizzo yakunze kugarukwaho cyane, nyuma y’uko uyu musore ahuye n’uburwayi bwa kanseri bwatumye aremba ndetse amenyeshwa n’abaganga ko asigaje igihe gito cyo kubaho, ubwo yari mu […]

Continue Reading

U Rwanda rwahagaritse umushinga w’utumodoka tugendera mu kirere

Muri Mutarama 2021, Minisiteri y’Ibikorwa remezo yari yatangije ko nta gihindutse, mu myaka itanu mu Mujyi wa Kigali hazaba hari utumodoka dutwara abantu mu kirere tutagira abashoferi kandi dukoresha imirasire y’izuba. Leta y’u Rwanda ntigihanze amaso umushinga w’utumodoka tugendera ku migozi, nka kimwe mu byakemura ibibazo byo gutwara abantu mu buryo bwa rusange mu Mujyi […]

Continue Reading

Nyamasheke : Umunyeshuri yatawe muri yombi azira kwiba mudasobwa y’ishuri

Shyaka Kévin w’imyaka 18 wo mu Murenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu, wiga mu wa 5 PCB muri GS Umucyo Karengera mu Karere ka Nyamasheke, afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Macuba akekwaho kwiba mudasobwa y’ishuri, akaba yarayifataniwe muri Laboratwari akiyemerera ko yayibye mu cyumba cy’ikoranabuhanga( ICT room). Uwihanganye Samuel, Umuyobozi wa GS Umucyo […]

Continue Reading

Uhagarariye Uganda (Chargé d’Affaires) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatumijweho

Uhagarariye Uganda (Chargé d’Affaires) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatumijweho na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki Gihugu, kugira ngo asobanure ubutumwa buherutse gutangazwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’Igihugu cye cya Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, kuri Perezida Tshisekezi. Matata Twaha Magara ufite inshingano za Chargé d’Affaires [aba afite inshingano nk’iza Ambasaderi mu gihe icyo Gihugu kitamufite mu […]

Continue Reading

Nyamasheke : Umwana w’imyaka 2 yagwiriwe n’igishyitsi arapfa

Umwana w’imyaka 2 n’amezi 4 yahanukiwe n’igishyitsi cyari haruguru y’inzu, ababyeyi bari munzu, hanyuma uwo mwana ahita apfa. Mu mudugudu wa Rubyiruko,Akagari ka Rushyarara, Umurenge wa Karambi mu Karere ka Nyamasheke haravugwa urupfu rw’umwana w’umukobwa w’imyaka 2 n’amezi 4 witwaga Niyonkuru Julienne,yagwiriwe n’igishyitsi bari bararanduye ariko ntibagikura haruguru y’inzu, ubwo umwana yari wenyine mu ruhavu […]

Continue Reading

Kigali’s Air Pollution Woes: A Deepening Threat to Residents’ Well-being

Kigali, the vibrant heart of Rwanda, has long been a shining example of tidiness and organization. But a disconcerting problem is starting to mar its image – the declining quality of its air. As the number of cars on the road increases, industries expand, and the population grows, the air in Kigali is getting worse, […]

Continue Reading

Intumwa ya Perezida wa Angola itegerejwe i Kigali

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Tete Antonio, kuri uyu wa 18 Ukuboza 2024 ategerejwe i Kigali mu ruzinduko rugamije gushakira amahoro n’umutekano birambye uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’akarere muri rusange. Minisitiri Tete aragera i Kigali nk’intumwa yihariye ya Perezida wa Angola akaba n’umuhuza w’u Rwanda na RDC washyizweho n’Umuryango wa Afurika Yunze […]

Continue Reading