Rutsiro: Yatawe muri yombi azira gutema inka y’umuturanyi we

Ntibatekereza Stéphano, w’imyaka 40, afungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Ruhango ashinjwa gutema inka y’umuturanyi we Nduhirabandi Samson w’imyaka 72. Aya makimbirane hagati yabo ashingiye ku murima Nduhirabandi yagurishije Stéphano ariko abana be bakanga ko amasezerano yemerwa kuko nyina arwaye mu mutwe. Inka yatemwe ukuguru n’umurizo ubwo Nduhirabandi yashyiraga ikiraro cyayo muri uwo murima uri […]

Continue Reading

Nyamasheke: Umunyeshuri wo muri Kaminuza yarohamye mu Kivu arapfa

Imanirahari Joseph w’imyaka 24, wigaga mu wa mbere w’ishami ry’uburezi muri kaminuza ya Kibogora Polytechnic, yarohamye mu Kivu arapfa mu ma saa Cyenda z’igicamunzi zo kuri iki Cyumweru, tariki ya 13 Ukwakira 2024. Umuyobozi w’iyi kaminuza, Dr Mukamusoni Mahuku Dariya, avuga ko uyu musore yatemberanye na mugenzi we, batembera banyura ku kiyaga cya Kivu. Ati: […]

Continue Reading

Meya yasabwe gusubiza mu kazi Gitifu yirukanye

Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith, yandikiwe ibaruwa na Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Abakozi ba Leta (NPSC), imusaba gukuraho icyemezo cyo kwirukana umukozi witwa Ndagijimana Froduald ku mwanya w’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbogo. Muri iyo baruwa iyo Komisiyo yandikiye Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, imwibutsa ko uwo mukozi agomba gusubizwa mu kazi, nyuma y’uko bigaragaye ko ikosa […]

Continue Reading

Kamonyi: Impanuka ikomeye yahitanye batatu 30 barakomereka

Impanuka yabereye i Musambira mu Karere ka Kamonyi yaguyemo abantu batatu, abandi 37 barakomereka, muri bo batandatu bakomereka bikomeye. Iyi mpanuka yabaye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru, ahagana saa sita z’ijoro. Minisiteri y’Umutekano yatangaje ko impanuka yatewe n’umuvuduko ukabije, aho minibisi ebyiri zavaga i Kigali zijya i Muhanga zagonze. Polisi y’u […]

Continue Reading

Musanze: Ibigo by’amashuri 40 bikora bitujuje ibyangombwa

Mu Karere ka Musanze, bamwe mu baturage bavuga ko hari ibigo by’amashuri yigenga byubatswe ahantu hadakwiriye, bikaba hafi y’utubari cyangwa ahigishirizwa ibinyabiziga, bigateza ikibazo ku myigire y’abanyeshuri. Ababyeyi bagaragaza ko aba bana batakaza umutekano n’ireme ry’uburezi bitewe n’imyitwarire y’abanywera mu tubari cyangwa urusaku rw’ibinyabiziga. Umuyobozi ushinzwe uburezi mu Karere ka Musanze, Umutoni Alice, yemeje ko […]

Continue Reading

Bongeye kuganira kuri RDC Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga wa RDC, u Rwanda na Angola

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 12 Ukwakira 2024, Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Ibihugu by’u Rwanda, Angola na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), bongeye guhurira i Luanda muri Angola mu nama yiga ku bibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC. Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Angola yagize iti: “ Minisitiri w’Ububanyi […]

Continue Reading

Ibihugu byasabwe kudaha akato u Rwanda

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO/ OMS) ryatangaje ko nta gihugu gikwiye kuba cyaheza u Rwanda kubera icyorezo cya Marburg kuko rwafashe ingamba zihamye zo guhangana nacyo. Byagarutsweho n’Umuyobozi Mukuru wa OMS, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus mu butumwa yanyujije ku rubuga trwe rwa Twitter. Yagize ati: “Nta gihugu gikwiye kuba giheza u Rwanda harimo […]

Continue Reading

Rubavu : Ibicuruzwa biborera ku mupaka

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buravuga ko hari ikibazo cy’ibicuruzwa byangirika ku mupaka wa Gisenyi, birimo umuceri, amavuta ya mukorogo, n’urumogi, bigateza umwanda n’umunuko. Ibi bicuruzwa bibikwa muri MAGERWA, aho bidafite uburyo bwo kubyerekezwa cyangwa kubyangiza kuko akarere nta bushobozi gafite bwo kubikemura. Mulindwa Prosper, Umuyobozi w’Akarere, avuga ko ibitaro bya Gisenyi byageragejwe mu kwangiza ibicuruzwa, […]

Continue Reading

Rusizi: Umusore yafatiwe mu kigo cy’ishuri yiba imyenda y’abanyeshuri

Kamugisha Jean Bosco, w’imyaka 17, yafashwe agerageza kwiba imyenda y’abanyeshuri yari yanitse mu kigo cya GS Gihundwe mu Murenge wa Kamembe, Akarere ka Rusizi. We n’undi bari binjiye bakoresheje inzira itarazitirwa neza, ariko mugenzi we yabashije gucika afite ipantalo ya siporo y’umunyeshuri. Kamugisha yafatiwe mu cyuho afite imyenda yo kurarana ahita ashyikirizwa RIB ku bufatanye […]

Continue Reading

PAPA FRANSISIKO YAKIRIYE PEREZIDA WA UKRAINE

Ku wa 10 ukwakira 2024 vatikani yari yasohoye itangazo rivugako papa FRANSISIKO azakira prezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky kuri uyu wagatanu tariki 11 ukwakira 2024 isiha yi saa tatu ivatikani kumasaha yaho. Bibaye inshuro ya gatatu papa FRANSISIKO ahuye na prezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky kuva igihugu cye cyaterwa nu burusiya. Vatikani ntiyahwemye kugaragaza ko […]

Continue Reading