Karongi : Mudugudu aravugwa mu bujura bw’amatungo

Mu Karere ka Karongi, Umurenge wa Murambi, ubujura bw’amatungo magufi bumaze gufata indi ntera cyane cyane mu Kagali ka Muhororo, mu Mudugudu wa Ndago. Abaturage baravuga ko nta munsi w’ubusa hatumvikana amakuru yo kwibwa amatungo arimo inka, ihene, ingurube, ndetse n’inkoko. Bamwe mu baturage batunga agatoki umuyobozi w’umudugudu wa Ndago, Ildelphonse Hakizinshuti, ko yaba afite […]

Continue Reading

Inkuba yiciye abasirikare bane b’u Burundi barimo Major muri Congo abandi 12 barembye

Inkuba yakubise abasirikare bane bo mu ngabo z’u Burundi, barimo na Major Rénovat Nzeyimana, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Ibi byabaye muri Teritwari ya Kalehe, aho abandi basirikare 12 bakomeretse bikomeye nyuma yo gukubitwa n’inkuba. Bivugwa ko muri Nzeri 2024, abasirikare b’u Burundi bamaze kugerwaho n’inkuba inshuro enye […]

Continue Reading

Bwa mbere Perezida wa Amerika Biden agiye gusura igihugu cya Afurika

Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ateganya gukora uruzinduko rw’iminsi itatu muri Angola, hagati y’itariki ya 13 na 15 Ukwakira 2024. Uru ruzinduko ruzaba ari rwo rwa mbere agiriye ku mugabane wa Afurika kuva yagera ku butegetsi, rukaba rwerekana imbaraga Amerika ishyira mu mubano n’ibihugu by’uyu mugabane. Muri uru ruzinduko, Perezida Biden […]

Continue Reading

Uhabwa amahirwe yo kuba Perezida mushya wa Mozambique yasuye u Rwanda rwihishwa

Daniel Chapo, ukomoka mu ishyaka Frelimo riri ku butegetsi muri Mozambique, akaba ahabwa amahirwe yo gutsinda amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu kwezi gutaha k’Ukwakira, aherutse kugirira uruzinduko rw’ibanga i Kigali, rwibanze ku bibazo by’umutekano muri Mozambique, by’umwihariko mu Ntara ya Cabo Delgado. Nk’uko Africa Intelligence ibitangaza, ku wa 15 Kamena 2024, Chapo yageze i Kigali […]

Continue Reading

Nyamasheke: Yinjiranye umupanga mu nzu agiye kwiba umukecuru arafatwa

Mu kiganiro Umukecuru Uwumvirimana Eugénie yagiranye na Imvaho Nshya dukesha iyi nkuru, yavuze ko ku wa Mbere tariki ya 23 Nzeri 2024, yari yagiye n’umukobwa we gukora akazi ahubakwa uruganda rwa kawa, asiga umuhungu we w’imyaka 15 mu rugo. Umuhungu yasize akaba yari yasibye ishuri kubera impamvu zitagaragajwe. Uyu mujura yahengereye ubwo abantu bari bavuye […]

Continue Reading

Nyamasheke: Ukekwaho kwica Igitera kivuye muri Pariki ya Nyungwe arashakishwa

Nsabimana Jean w’imyaka 32 wo mu kagari ka Cyimpindu, Umurenge wa Kirimbi, Akarere ka Nyamasheke, arashakishwa n’inzego z’umutekano akekwaho kwica Igitera cyari kigeze mu Murenge wabo kivuye muri Pariki y’Igihugu ya Nyungwe. Bivugwa ko iyo nyamaswa yavuye muri Pariki ku gicamunsi cyo ku Cyumweru tariki ya 22 Nzeri 2024, ihingukira mu Mudugudu wa Uwamugisha, Akagari […]

Continue Reading

Rubavu: Bateshejwe bagiye gusahura ikamyo yakoze impanuka yikoreye inzoga

Kuri uyu wa Mbere tariki 23 Nzeri 2024, mu masaha ya mu gitondo, mu Karere ka Rubavu habereye impanuka y’ikamyo yari yikoreye inzoga, abaturage bashaka gusahura biba amacupa abandi bashaka kunywa inzoga zarimo. Polisi y’u Rwanda yanenze abaturage basahura imodoka zikora impanuka, basabwa kwirinda ayo makosa kuko ari icyaha ndetse bikaba binyuranye n’indangagaciro z’Abanyarwanda. Imodoka […]

Continue Reading

Rusizi: Umunyonzi yateshejwe kwiyahura ku nshuro ya 3

Nshimiyimana Aaron, wo mu Mudugudu wa Cyapa, Akagari ka Burunga, Umurenge wa Gihundwe, Akarere ka Rusizi, ukora umwuga w’ubunyonzi, arembeye mu bitaro bya Gihundwe nyuma yo kugerageza kwiyahura bikanga, ubwo bageragezaga kumukura mu mugozi akaba yakubise agahanga hasi agakomereka. Umwe mu baturanyi b’uwo muryango, Kamana Elias yavuze  ko uyu mugabo watashye yasinze inzoga bita Icyuma, […]

Continue Reading

Rusizi: Yatawe muri yombi azira gutwikisha amazi ashyushye bagenzi be 3 bapfa zahabu bari bamaze gucukura

Sebatware Gilbert w’imyaka 30 afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Bugarama mu Karere ka Rusizi azira gutwikisha amazi ashyushye bagenzi be 3 bapfa zahabu bari bamaze gucukura hafi y’umugezi wa Ruhwa, mu Mudugudu wa Kirume, Akagari ka Mpinga, Umurenge wa Gikundamvura. Abatwitswe ni Rugamba Félix w’imyaka 28 wahiye mu gatuza, Nsanzimana Joël w’imyaka 23 ashya […]

Continue Reading

Rusesabagina agiye gushinga irindi huriro rigamije gukuraho ubutegetsi

Paul Rusesabagina uherutse gufungurwa muri gereza yo mu Rwanda nyuma yo guhabwa imbabazi akemera kuva mu bikorwa bya politiki, yatangaje ko bagiye gushinga irindi huriro rigamije gukuraho ubutegetsi buriho . Ibi Rusesabagina yabivugiye mu kiganiro yahaye abanyamakuru mu mpera z’icyumweru gishize i Buruseli mu Bubiligi, cyitabiriwe ahanini n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda hafi 100 baturutse […]

Continue Reading