Nyanza: Umwana yahanutse ku modoka ahita apfa

NEWS

Umwana witwa Tuyishime Léo w’imyaka 15 y’amavuko, yuriye imodoka yariho igenda mu mudugudu wa Rukari, akagari ka Rwesero, umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza. Mu gihe imodoka yo mu bwoko bwa Fusso yariho igenda, umwana yahanutse agwa hasi, bimuviramo urupfu.

Amakuru avuga ko umushoferi yahise atangira gukurikiranwa. Uyu mushoferi yamaze gutabwa muri yombi kuko umwana akigwa hasi yakomeje urugendo aho guhagarara. Tuyishime uvuka mu kagari ka Runga, mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza, yuriye imodoka yo mu bwoko bwa Fusso yariho igenda. Umushoferi yongera umuvuduko umwana arahubuka, agwa hasi, byamubereye imbarutso yo kuhaburira ubuzima.

Umwe mu bakurikiranye aya makuru yavuze ko nyakwigendera agihubuka kuri iriya modoka yari ivuye i Runga gutwara ibikoresho byo kubaka iminara, atahise apfa. Yavuze ko yababaye cyane, Polisi ihagera ihamagara imbangukiragutabara na yo imujyana ku bitaro i Nyanza ari naho yapfiriye.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *