Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze, bavuga ko bamaze igihe kinini baratakaje icyizere cyo kubona serivisi z’ubuvuzi bw’amenyo mu kigo nderabuzima cya Gashaki, bigatuma bajya kwivuza mu buryo bwa magendu, bavurwa n’abantu batabifitiye ubumenyi n’ibikoresho bidafite isuku.
Abo baturage bavuga ko hari bamwe mu baturiye uwo Murenge bitwikira iki kibazo bagakura amenyo bakoresheje ibyuma bikoreshwa mu gukanika ibinyabiziga harimo n’amapensi, ibintu bamwe bibangiriza inshinya ubundi bakarwara ibikomere mu kanwa igihe kirekire.
Umwe mu baturage bo muri Gashaki yatanze ubuhamya we, ubwe avuga ko yagiye kwikuza amenyo muri magendu zikorera muri uwo Murenge rwihishwa zikura amenyo, ariko ngo yahahuriye n’akaga ashingiye ku byo yabonye n’uburyo bamuvuye amenyo.
Yagize ati: “Ubwo nari ndwaye amenyo nagiye ahantu bavura magendu, twakoreshaga igikoresho kimwe twese, dukeka ko ari ipensi. Natekereje ko nshobora kuhandurira indwara, ariko kubera ko iryinyo ryari ryandaje ku ijoro nahebeye urwaje ararikura kandi nta kinya n’indi miti aguha, narwaye ibisebe byo mu kanwa amezi 2, twifuza umuganga w’amenyo.”
Yagize ati: “Ikibazo cyo kuba ikigo nderabuzima cya Gashaki nta serivisi z’amenyo gitanga kimwe n’indwara zo mu kanwa muri rusange turakizi gusa twabibwiye Akarere, ubu dutegereje ibizava mu biganiro kazagirana na Minisiteri y’ubuzima, twasaba abaturage kuzibukira magendu ahubwo bakajya gushakira serivisi z’amenyo ku bindi bigo nderabuzima duturanye mu rwego rwo kwirinda indwara zandura.”
Hari undi mubyeyi utashatse ko amazina ye atangazwa wavuze ko aho kugira ngo ajye kuri ibi bitaro yajya agatemewe kubera serivise zidahwitse mu buvuzi bw’amenyo bigaragara kuri ibi bitaro
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Ruhengeri, Dr. Muhire Philibert, na we yemeje ko ikibazo cy’iyubura rya serivisi z’amenyo mu bice bimwe by’Akarere kiriho, ariko kirimo gukemurwa.
Yagize ati: “Twamaze kuganira n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), kandi mu minsi mike bazaduha ibikoresho byihariye bikenerwa nk’intebe yifashishwa n’umuganga w’amenyo aho aryamisha umurwayi amuvura, turategereje mu gihe gito iki kibazo kiraba cyakemutse kuko ntabwo ari muri kiriya kigo nderabuzima gusa batagira iyo serivisi.”
Abahanga mu by’ubuzima bavuga ko kuvurirwa ahantu hatemewe, hadafite isuku n’ibikoresho byizewe, bishobora guteza ingaruka zirimo kwandura indwara zandurira mu maraso nka SIDA, Hepatite B na Hepatite C, kugira uburwayi bukomeye mu kanwa kubera kuvurwa nabi cyangwa gukomeretswa. n’ibindi .
Mu karere ka Musanze habarurwa ibigo nderabuzima bigera kuri 17, ariko muri byo 7 ni byo bifite serivisi zivura amenyo.
What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

