Joan Laporta yongeye gutorerwa kuyobora FC Barcelona ahigitse Victor Font warushyigikiwe n’abakomeye.

NEWS Sports

Perezida w’ikipe ya FC Barcelona, Joan Laporta, yongeye gutorerwa kuyobora iyi kipe mu matora yabaye ku Cyumweru kuwa 15 werurwe 2026, atsinze ku majwi menshi cyane Victor Font bari bahanganye

Laporta yegukanye amajwi 32,934 angana na 68.18% by’abanyamuryango batoye, mu gihe Font we yabonye amajwi 14,384 angana na 29.78%. Ibi bituma Laporta akomeza kuyobora iyi kipe yo muri Espagne mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere.

Aya matora yari akomeye mu mateka ya Barcelona, kuko abanyamuryango 114,504 ari bo bari bemerewe gutora Perezida mushya w’iyi kipe. Abatoye ni 48,480 bangana na 42.34% by’abari bemerewe gutora.

Nubwo uyu mubare uri hasi ugereranyije n’uwagaragaye mu matora yo mu 2021, igikorwa cy’amatora cyagenze neza mu duce twose twari twateganyijwe.

Uretse amajwi Laporta na Font babonye, habonetse kandi amajwi 984 yanditseho ko nta mukandida batora ndetse n’andi 177 yateshejwe agaciro

Nyuma y’umukino wa shampiyona Barcelona yatsinzemo Sevilla FC ibitego 5-2 ku munsi w’ejo abakinnyi b’iyi kipe bahise bajya gutora aho benshi muri bo bagiye Laporta n’ubundi.

Ubwo byari bitegerejwe ko hatangazwa ibyavuye mu matora abakinnyi b’iyi kipe bagaragaye bishimana na Laporta ubundi ibyavuye mu matora bigitangazwa ibyishimo bikomerezaho

Byari ibyishimo bikomeye ubwo Joan Laporte yaramaze kongera Gutorerwa Kuyobora FC Barcelona mu gihe cy’indi myaka 5.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *