Ikamyo ya HOWO yasenye inzu y’umuturage

NEWS

Mu karere ka Nyanza mu Murenge wa Kigoma mu Kagari ka Butara mu Mudugudu wa Nyabusheshe imodoka yo mu bwoko bwa HOWO yariho ipakirwa yashenye inzu y’umuturage.

Iyi modoka yapakirwamo ibitaka aho barimo bakora umuhanda Nyanza-Bugesera, yiparukuye igonga inzu y’uwitwa Ngirayesu Theogene ufite umuryango w’abantu 10.

Nta muntu wakomerekeye muri iyi mpanuka kuko ntawuriyirimo ndetse n’umushoferi ntiyarayirimo.

UMUSEKE dukesha iyi nkuru uvuga ko wamenye amakuru ko hashakishijwe aho uriya muryango uba ucumbikiwe.

Bimwe mubangiritse birimo inzugi, intebe n’ibindi.

Imbere h’imodoka gusa niho hinjiye mu nzu.

featured-image

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *