Donald Trump agiye kongera gusubira aho yarasiwe

NEWS

Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, uri kongera kwiyamamariza gutorerwa kuyiyobora mu matora azaba mu Gushyingo, yatangaje ko agiye kongera kwiyamamariza muri Pennsylvania nyuma y’uko aharasiwe tariki ya 13 Nyakanga 2024.

Trump nyuma y’igihe gito arasiwe muri Leta ya Pennsylvania n’umusore w’imyaka 20 y’amavuko agakomereka, kuri uyu wa 27 Nyakanga 2024, yongeye gutangaza ko agiye gusubirayo.

Mu magambo ya Trump yagize ati, “Nzasubira i Butler muri Pennsylvania mu bikorwa binini kandi byiza byo kwiyamamaza, mu rwego rwo guha icyubahiro inzirakarengane zahaguye n’abandi bakomeretse mu byumweru bibiri bishize.”

Trump yavuze ko azakomeza kandi gukora ibikorwa byo kwiyamamaza, anashimangira ko Urwego rwa ‘Secret Service’ rwemeye kongera cyane imikorere yarwo no gukaza ingufu mu kubungabunga umutekano.

Yavuze ko nta muntu n’umwe ugomba kwemererwa guhagarika cyangwa kubangamira ubwisanzure bwe bwo kuvuga cyangwa guteranira hamwe n’abandi.

 

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *