Diamond Platnumz agiye kongera gutaramira i Kigali.

Entertainment NEWS

Diamond Platnumz uri mu bahanzi bakomeye muri Afurika by’umwihariko mu y’Iburasirazuba, yateguje igitaramo kizabera i Kigali ku wa 29 Kanama 2026.

Iki gitaramo kiri mu byo uyu muhanzi agiye gukorera mu bihugu binyuranye yise ‘Retro Tour’. Azahera i Mwanza muri Tanzania ku wa 25 Mata 2026, akomereze muri Dodoma na Mbeya.

Ibi bitaramo azabikomereza muri Uganda ku wa 5 Kamena 2026, akomereze muri Maroc, asubire muri Tanzania mu bice bya Arusha na Tarime mbere y’uko agera mu Rwanda ku wa 29 Kanama 2026.

Nyuma yo kuva mu Rwanda, Diamond azakomereza ibitaramo bye muri Zambia mbere yo guca i Dar es Salaam agakomereza muri Australia.

Uretse kuba ari umwe mu bahanzi bakomeye, Diamond, anashimwa n’abahanzi bo mu Rwanda barimo Mico The Best, The Ben na Bruce Melodie bose bakoranye indirimbo.

Diamond ni umwe mu bahanzi bakunze gutumirwa i Kigali abakunzi b’umuziki bakamwakirana urugwiro kuva mu 2015 ubwo yahataramiraga bwa mbere.

Diamond yaherukaga gutaramira i Kigali mu 2023 aho yataramiye abari bitabiriye igitaramo cya ‘Trace Awards’ n’icya ‘Giants of Africa’ cyabaye muri uwo mwaka.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *