U Rwanda Rwasezerewe mu Gushaka Itike y’Igikombe cy’Isi cya Basketball Nyuma yo Gutsindwa na Sénégal Imbere ya Perezida Kagame

Mu mukino ukomeye wabereye muri BK Arena ku wa Gatandatu, tariki 24 Kanama 2024, ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mukino wa Basketball mu bagore yasezerewe mu majonjora yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya Basketball, nyuma yo gutsindwa na Sénégal amanota 68-65. Uyu mukino wari witabiriwe n’abafana benshi barimo na Perezida Paul Kagame n’Umufasha we Jeannette […]

Continue Reading

APR FC Ikomeje mu Kindi Cyiciro cya CAF Champions League Nyuma yo Gutsinda Azam FC 2-0

Ikipe y’Ingabo z’Igihugu, APR FC, yatsinze Azam FC yo muri Tanzania ibitego 2-0, ikomeza mu kindi cyiciro cya CAF Champions League ku giteranyo cy’ibitego 2-1. Ni mu mukino wo kwishyura w’ijonjora rya mbere wabereye kuri Stade Amahoro ku wa Gatandatu tariki ya 24 Kanama 2024. APR FC yari ifite umukoro ukomeye nyuma yo gutsindwa umukino […]

Continue Reading

Rayon Sports ikomeje kugayika isitaye ku Magaju

Rayon Sports yongeye kugwa miswi mu mukino w’umunsi wa kabiri wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda mu mwaka w’imikino wa 2024-25, aho yanganyije na Amagaju FC ibitego 2-2. Uyu munsi, tariki ya 23 Kanama 2024, ni bwo hatangiye imikino y’umunsi wa kabiri wa shampiyona, aho umukino wabanje wahuje Gasogi United na Marines FC, Gasogi […]

Continue Reading

Perezida Kagame Yavuze ku Kibazo cya Moteri icana amatara muri Kigali Pelé Stadium

Perezida Paul Kagame yatangaje ko ikibazo cya moteri icana amatara muri Kigali Pelé Stadium idatanga urumuri ruhagije, kitagombaga kuba cyarabayeho. Iyi moteri ifite imbaraga nke zatumye Umujyi wa Kigali usaba ko nta mikino ya Shampiyona yazongera guhabera nijoro kugeza icyo kibazo gikemutse. Abinyujije ku rubuga rwa X ku mugoroba wo kuri uyu wa 22 Kanama […]

Continue Reading

Basketball: U Rwanda rwatsinzwe na Great Britain ariko rukomeza muri 1/2

Ikipe y’Igihugu y’Abagore mu mukino wa Basketball yatsinzwe na Great Britain amanota 75-61 mu mukino wa nyuma wo mu itsinda D mu majonjora y’ibanze yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026, amakipe abona itike 1/2 cy’iyi mikino. Uyu mukino wabaye ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 22 Kanama 2024 muri BK Arena bitabirwa na […]

Continue Reading

Basketball: U Rwanda rwatsindiye Argentina imbere ya Perezida Kagame

Imbere ya Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, ikipe y’Igihugu y’Abagore muri Basketball yabonye itike yo gukina 1/2 cy’amajonjora y’ibanze yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cy’Abagore cya 2026 nyuma gutsinda Argentina amanota 61-36 mu mukino wa kabiri wo mu itsinda D. Uyu mukino wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Kanama 2024 […]

Continue Reading

Ibihangage mu mukino w’iIteramakofe Mayweather na Pacquiao bashobora guhurira mu mukino i Kigali

Floyd Mayweather, umwe mu bakinnyi bakomeye bahoze bakina umukino w’iteramakofe na Manny Pacquiao bashobora guhurira mu Rwanda mu Ugushyingo uyu mwaka. Ni amakuru yatangajwe n’Umunyamakuru wo muri Uganda, Andrew Mwenda, mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ‘The Long Form Rwanda’ gikorera kuri murandasi. Muri iki kiganiro Mwenda yatanze urugero, avuga ko mbere y’uko mu cyumweru gishize akorera […]

Continue Reading

Rayon Day 2024: Mu dushya twinshi Haruna yakirewe nk’umwami

Rayon Sports yateguye ibirori byizihizwamo umunsi w’Igikundiro, aho yerekanye abakinnyi bayo bazakina umwaka w’imikino wa 2024-25. Abahanzi bakunzwe nka Bushali na Platini basusurukije abitabiriye ibi birori byabereye kuri Kigali Pelé Stadium. Ibirori byatangiye n’urugendo rwari ruyobowe na perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele, rutangirira ku Ishuri ry’Intwali i Nyamirambo rugana kuri Kigali Pelé Stadium. […]

Continue Reading

Robertinho yatsinze umukino we wa mbere muri Rayon Sports

Rayon Sports yatsinze Muhazi United igitego kimwe ku busa mu mukino wa mbere w’umutoza Robertinho. Uyu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade ya Kigali, wabaye uwa nyuma Rayon Sports yakinnye mbere yo guhura na Azam FC kuri Rayon Day. Wari umukino wihariye kuko ari wo wa mbere Robertinho ayoboye Rayon Sports nyuma yo kugaruka muri […]

Continue Reading

Menya byinshi ku Irushanwa ‘Ironman 70.3’ rigiye kongera kubera mu Rwanda mu Karere ka Rubavu

U Rwanda rugiye kwakira ku nshuro ya gatatu irushanwa rizwi nka IRONMAN 70.3, rikinwamo umukino wa Triathlon ubumbatiye gusiganwa ku magare, ku maguru no koga. Iri rushanwa ryatangiye gukinwa mu 2001, rikaba ryarashyizwe mu maboko y’Ishyirahamwe ry’imikino ya Triathlon ku Isi (World Triathlon Corporation-WTC) mu 2005. Amateka n’Ibisobanuro bya Ironman 70.3 Iri rushanwa ryitwaga Half […]

Continue Reading