Perezida Kagame yemeje urwego rushya rwa Gisirikare

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda Paul Kagame, yemeje ishyirwaho ry’Urwego rwa Gisirikare rushinzwe Serivisi z’Ubuzima muri RDF, anashyiraho abayoboyobozi barwo bakuriwe na Maj. Gen. Dr. Ephrem Rurangwa. Perezida Kagame kandi yazamuye mu ntera bamwe muri abo bayobozi hamwe n’abandi bahawe inshingano nshya mu nzego zitandukanye. Col. Dr. John Nkurikiye yazamuwe mu […]

Continue Reading

Hasobanuwe iby’impanuka y’ubwato bwa Hoteli mu Kiyaga cya Kivu

Ubuyobozi bwa ‘Mantis Kivu Queen uBuranga’, hoteli itanga serivisi ireremba hejuru y’Ikiyaga cya Kivu, bwatanze umucyo ku kibazo cyabaye ubwo yagongaga ibuye itwaye abashyitsi ariko ikibazo kigahita gikemurwa byihuse. Ubwo buyobozi bwavuze ko ku wa Mbere tariki ya 29 Mata 2024, ari bwo ubwo bwato bwa hoteli bwagonze urutare rwihishe mu kiyaga cya Kivu, bitari […]

Continue Reading

M23 yafashe agace ka Rubaya gakungahaye ku mabuye y’agaciro

Agace kazwiho ubutunzi kamere bw’amabuye y’agaciro ka Rubaya,ubu karagenzurwa n’inyeshyamba za M23,zakubise inshuro FARDC n’abambari bayo bafatanyije ku rugamba. Rubaya iragenzurwa n’umutwe wa M23 nyuma y’imirwano ikaze bivugwa ko yaguyemo ingabo za Leta 67 , Wazalendo 45 n’ingabo z’u Burundi 32. Amakuru avuga ko aka gace ariko Tshisekedi yari yahaye u Burundi ngo buhacukure amabuye […]

Continue Reading

Mu rubanza rwa CG Rtd Gasana hari uwajuririye indishyi

Ku itariki ya 11 Mata mu 2024, ni bwo Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare rwakatiye CG (Rtd) Gasana Emmanuel, gufungwa imyaka itatu n’amezi atandatu n’ihazabu ya miliyoni 36Frw. Ni nyuma yo kumuhamya icyaha cyo gukoresha ububasha ahabwa n’amategeko mu nyungu ze bwite. Urukiko rwatangaje ko uyu mugabo wabaye Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba yari yakatiwe imyaka irindwi n’ihazabu […]

Continue Reading

Nikihe kibazo Hoteli ya mbere y’ubwato mu Rwanda yagiriye mu Kivu

Ubwato buzwi nka ‘Mantis Kivu Queen Uburanga’ bukora nka Hoteli y’inyenyeri eshanu ireremba mu Kivu, bwahuriye n’ikibazo mu gice cy’iki Kiyaga giherereye mu Karere ka Nyamasheke, nyuma y’uko uwari ubutwaye agonze ikibuye kiri mu mazi, bugahagama. Aya makuru yabanje gutangazwa n’Ikinyamakuru The New Times kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Mata 2024, mu butumwa cyatambukije […]

Continue Reading

Perezida Tshisekedi yavuze ikintu ashaka kuzabwira Perezida Kagame bahuye

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Kongo,yatangaje ko yifuza guhura na Perezida Paul Kagame atagamije ko baganira ku bibazo byo mu burasirazuba bw’igihugu cye ahubwo ashaka kumwita umunyabyaha. Nkuko tubikesha ikinyamakuru Deutsche Welle [DW],Perezida Tshisekedi yavuze ko adateganya guhura na Perezida Kagame ngo amutakambire ahubwo ashaka kumubwira ko ari umunyabyaha. Yagize ati: […]

Continue Reading

M23 na FARDC bongeye gukozanyaho mu duce twa Karuba

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,tariki ya 30 Mat, imirwano ikomeye hagati ya M23 n’ihuriro ry’ingabo za Guverinoma ya RDC zirimo iza FARDC, FDLR, Ingabo z’u Burundi, Abacanshuro b’abazungu, SADC na Wazalendo yaramukiye muri Masisi. Imirwano iri kujya mbere mu duce twa Karuba,Mushaki,Kagundu n’ahandi. Amakuru avuga ko guhera saa kumi n’ebyiri za mu gitondo […]

Continue Reading

WASAC yananiwe gusobanura isoko yahaye uwishyuje umurengera hari uwishyuzaga make

Ubuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi isuku n’isukura (WASAC Ltd) cyananiwe gusobanurira Abadepite bagize Komisiyo Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC), impamvu yatanze isoko mu buryo bunyuranyije n’amategeko bigatuma rwiyemezamirimo wari urikwiye atari we urihabwa. Byabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 29 Mata 2024, ubwo abagize PAC batangiraga kubariza mu ruhamwe ibigo […]

Continue Reading

Icyo RDF ivuga ku wo byavugwaga ko ari umusirikare ukekwaho guhohotera uwanze ko baryamana

Nyuma y’uko umuturage wo mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, avuze ko yahohotewe n’uwo yita umusirikare ngo amuziza ko yamuguriye inzora ariko akanga ko baryamana, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, buravuga ko uyu uvugwa ko ari umusirikare ntakigaragaza ko ari we koko. Uyu mugore avuga ko uyu yita umusirikare yamuhohoteye bari mu Kagari ka […]

Continue Reading

Niki cyateye ibura ry’umuriro hafi mu gihugu hose

REG, yavuze ko ibura ry’umuriro hafi mu gihugu hose ryabaye mu ijoro ryacyeye, ryatewe no kuvaho k’umuyoboro wa Kibuye kandi ari wo icyo gihe wari uri gutanga umuriro mwinshi ugereranyije n’indi isigaye. Iri bura ry’umuriro ryabaye ku mugoroba w’itariki 28 Mata 2024 mu bice byinshi by’igihugu, REG ivuga ko ahenshi ryamaze iminota 57 ariko ko […]

Continue Reading

Abantu 35 bishwe n’urugomero rwaturitse, 10 baburirwa irengero

Abantu 35 bapfuye abandi icumi baburirwa irengero nyuma y’urugomero rw’amazi rwaturikiye mu Majyepfo ya Kenya, inzu zikarengerwa ndetse n’imodoka nyinshi zigatwarwa n’amazi menshi. Guverineri w’Intara ya Nakuru yo muri Kenya, Susan Kihika yatangarije ikinyamakuru CNN ko umubare w’abapfuye ushobora kwiyongera mu buryo bugaragara. Kuri uyu wa mbere Umuvugizi wa Guverinoma, Isaac Maigua Mwaura, yatangaje ko […]

Continue Reading