Meteo Rwanda yatangaje ko muri Gicurasi hateganyijwe imvura nke ugereranyije n’isanzwe ihagwa.

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda cyatangaje ko mu ntangiro za Gicurasi 2026, imvura nyinshi yaguye mu kwezi gushize, izagabanukaho milimetero hafi 100 ndetse muri rusange izaba nkeya ugereranyije n’impuzandengo y’imvura yari isanzwe igwa muri uku kwezi. Meteo Rwanda yagaragaje ko mu kwezi kwa Gicurasi mu Rwanda hateganjijwe imvura iri hagati milimetero 50 na 230 kandi […]

Continue Reading

Police VC yabaye ikipe ya mbere yo mu rwanda igeze ku mukino wa nyuma wa Shampiyona Nyafurika.

Police VC yabaye ikipe ya mbere yo mu Rwanda yageze ku mukino wa nyuma wa Shampiyona Nyafurika ya Volleyball ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, nyuma yo gutsinda REG VC amaseti 3-1 (25-20, 22-25,25-17,25-21). Uyu mukino wa ½ wari utegerejwe cyane wabaye ku wa Gatanu, tariki ya 1 Gicurasi 2026 muri BK Arena. Police VC […]

Continue Reading

Undi munyamakuru ukomeye yasezeye kuri television yakoragaho.

Umunyamakuru Rugemana Amena uzwi nka Babu mu biganiro by’imyidagaduro, yemeje ko yasezeye mu kiganiro yakoraga ku Isibo TV, ndetse no kuri iki gitangazamakuru yari amazeho imyaka ine. Amakuru y’isezera rya Babu mu kiganiro ‘The Choice Live’, yari amaze iminsi avugwa, ariko nyiri ubwite ntacyo arabitangazaho, kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 01 […]

Continue Reading

Djibril Ouattara wa APR FC yasuzuguye Rayon Sports mbere y’umukino uzahuza amakipe yombi

Rutahizamu wa APR FC, Djibril Ouattara, yagaragaje ko umukino wa Rayon Sports umworohera cyane kuko uba udakomeye nk’uw’Amagaju FC na Etincelles FC, ndetse yemeza ko yahitamo guhura n’ubwugarizi bw’ayo makipe yombi aho guhura n’ubwa Rayon Sports. Ibi ni bimwe mu byo yatangaje nyuma y’imyiteguro y’umukino w’Umunsi wa 29 wa Shampiyona y’u Rwanda uzahuza APR FC […]

Continue Reading

Rutsiro: Inkuba yamukubitiye mu buriri arapfa.

Umusore witwa Nshimiye ufite imyaka 21 wo mu mu Murenge wa Mukura,Akarere ka Rutsiro, yakubiswe n’inkuba ubwo yari aryamye arapfa. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Rukondo, Akagari ka Kageyo, mu masaha y’ijoro rishyira ku wa 30 Mata 2026. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro yemeje iby’aya makuru. Yemeje ko koko inkuba yakubitiye […]

Continue Reading

Sabah FK ya Joy Lance Mickels yegukanye Igikombe cya Shampiyona.

Sabah FK ikinamo Umunyarwanda Joy Lance Mickels, yegukanye Igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya mbere muri Azerbaijan cya 2025/26. Iyi kipe yabigezeho nyuma y’aho Qarabağ FK ya kabiri yatsinzwe na FK Neftchi ibitego 2-1 mu mukino wabaye kuri uyu wa Kane, tariki ya 30 Mata 2026. Gutsindwa uyu mukino kuri Qarabağ FK byatumye ikinyuranyo cy’amanota ari […]

Continue Reading

Amerika yafatiye ibihano Joseph Kabila.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zatangaje ko zafatiye ibihano Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Urwego rw’iki gihugu rushinzwe imari ni rwo rwatangaje ko rwafatiye ibihano uriya mugabo wayoboye Congo Kinshasa mu gihe cy’imyaka 18. Ni nyuma y’uko Leta ya RDC yakunze kumushinja guha ubufasha inyeshyamba zo mu mutwe […]

Continue Reading

Nyanza: Abaganga bane bakekwaho gutanga serivisi mbi ku mubyeyi warugiye kubyara bafunzwe.

Itsinda ry’abakozi bane b’Ibitaro by’Akarere bya Nyanza, barimo umuganga umwe n’ababyaza batatu, batawe muri yombi bakekwaho guha serivisi mbi umubyeyi witeguraga kubyara bikamuviramo ingorane. Ni igikorwa cyabaye mu mwaka wa 2025, ariko umubyeyi ageza ikirego ku Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), vuba, abo baganga bahita batabwa muri yombi ku wa 28 Mata 2026. Amakuru avuga ko […]

Continue Reading

Uganda: Okello wishe abana bane abateye ibyuma yahawe igihano cy’urupfu.

Urukiko rukuru muri Uganda rwakatiye igihano cy’urupfu Christopher Okello Onyum, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kwica abana bane b’incuke abateye ibyuma. Ni icyaha yakoze ku wa 2 Mata 2026, ubwo yasangaga aba bana mu ishuri ry’incuke rya Ggaba Early Childhood Development Centre riherereye i Kampala. Umwanzuro w’Urukiko Rukuru muri Uganda ruherereye i Kampala watangajwe kuri […]

Continue Reading

Iran na Amerika: Ibiganiro bikomeje kugorana nubwo hari icyizere gike cy’amahoro.

Mu gihe intambara n’ubushyamirane bikomeje hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ibiganiro bya dipolomasi biracyari mu nzira igoye, aho impande zombi zitarabona umuti wuzuye w’iki kibazo. Amakuru mashya agaragaza ko Iran iherutse gushyikiriza Amerika igitekerezo gishya cy’amahoro binyuze mu bahuza bo muri Pakistan. Icyo cyifuzo kigamije mbere na mbere gufungura inzira y’amazi […]

Continue Reading

Urukiko rwategetse ko DC Clement afungwa iminsi 30 y’agateganyo.

Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rutegetse ko ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement akomeza gukurikiranwa afunze mu gihe cy’iminsi 30 y’agateganyo bitewe n’uko hari impamvu zikomeye zituma ibyaha bine akekwaho abikurikiranwaho afunze. Urukiko rwagaragaje ko indi mpamvu rwashingiyeho rutegeka ko Niyigaba akurikiranwa afunze ari uko atabashije kugaragaza ingaruka umuryango we wagizweho no kuba akurikiranywe mu […]

Continue Reading