Rubavu: Umugabo ukekwaho gutemagura ibigori by’umuturanyi we yatawe muri yombi

Kuri sitasiyo ya RIB ya Busasamana mu Karere ka Rubavu hafungiye Harelimana Jean Claude, ukurikiranyweho gutema are 5 z’umurima w’ibigori by’umuturanyi we witwa Ngiruwonsanga Yves amukoreye urugomo, ibyo bigori akabigurisha n’ababihaga inka nk’ubwatsi. Uru rugomo nk’uko umuturage witwa Bigirimana Emmanuel yabitangarije Imvaho Nshya, ngo Harelimana Jean Claude yarukoreye mu Mudugudu wa Kanyamagare, Akagari ka Ryabizige […]

Continue Reading

U Bufaransa: Abimukira 15 basanzwe mu ikamyo ikonjesha inyama

Abimukira bagera kuri 15 bakomoka muri Eritrea basanzwe mu ikamyo ikonjesha isanzwe itwara ibirirwa birimo inyama n’imboga mu majyaruguru y’u Bufaransa. Yerekezaga mu Bwongereza kugira ngo binjire muri iki gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Aba bimukira babonetse ku wa 9 Kanama 2025, ubwo umushoferi wari utwaye iyo kamyo yari ipakiye imboga yumvise ibintu bikubita, yajya […]

Continue Reading

Umunyamakuru Nepo Dushime ‘Mubicu’ yerekeje kuri RBA

Umunyamakuru Nepo Dushime ‘Mubicu’ yerekeje kuri RBA avuye kuri SK FM. Ibi bije nyuma y’aho hashize iminsi bivugwa, ndetse aza no kubihakana ubwe mu kiganiro ubwo yabibazwaga na Sam Karenzi  kuri SK FM, ubwo bakiraga umunyamakuru mushya Musangamfura Christian Lorenzo kuri SK FM. Nepo Dushime, kuri iki cyumweru, yaje gusangiza abamukurikira amafoto kuri Instagram asa […]

Continue Reading

Huye: Umugabo yasanzwe mu gikoni yapfuye atwikirizwa amashara

Umugabo wakoraga akazi k’ubuzamu mu Karere ka Huye yasanzwe mu gikoni cyo mu gipangu yarindaga yapfuye ndetse yambaye ubusa, atwikirije amashara, bigakekwa ko yishwe na nyirabuja afatanyije n’umugabo bivugwa ko yamusambanyaga. Amakuru y’uru rupfu yamenyekanye mu masaha y’amanywa yo ku wa 9 Kanama 2025, bibereye mu Mudugudu w’Ubumwe, Akagari ka Cyimana, Umurenge wa Tumba, ho […]

Continue Reading

Musanze: Inkuba yahitanye umubyeyi wonsaga umwana

Mushakimana Debola w’imyaka 25 y’amavuko, yakubiswe n’inkuba ubwo yarimo yonsa umwana yicaye mu cyumba cy’uruganiriro mu Mudugudu wa Kanyabirayi, Akagari ka Cyabagarura, Umurenge wa Musanze, Akarere ka Musanze. Byabaye ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 9 Kanama 2025, mu mvura idasanzwe yaguye irimo umuyaga mwinshi n’inkuba. Uwo mubyeyi witabye […]

Continue Reading

Murekeraho wabaye Umunyamabanga wa Leta yitabye Imana

Murekeraho Joseph wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, ushinzwe amashuri Abanza n’Ayisumbuye, yitabye Imana afite imyaka 73. Umwe mu bagize umuryango we yabwiye itangazamakuru ko Murekeraho yari amaze icyumweru arwaye indwara yoroheje, ariko uburwayi bwe bukarushaho gukomera ku wa Gatanu, tariki ya 8 Kanama 2025, ari na wo munsi yapfiriyeho. Yari arimo kuvurirwa mu […]

Continue Reading

Rubavu: Babangamiwe n’urugendo rw’amasaha 4 bakora bagiye gushaka amazi meza

Abaturage bo mu Mudugudu w’Intwali, Akagari ka Burushya, Umurenge wa Nyamyumba, mu Karere ka Rubavu, bakora urugendo rw’amasaha agera kuri 4 bagiye gushaka amazi bikanabaviramo gukoresha amazi mabi, bikabatera impungenge ku buzima bwabo. Abo baturage basaba ko bafashwa kubona amazi meza hafi yabo, bitewe nuko byababera igisubizo haba kuri bo no ku bana babo kuko […]

Continue Reading

Uganda: Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Besigye

Umucamanza wo muri Uganda yateye utwatsi icyifuzo cya Dr. Kiiza Besigye cyo gufungurwa by’agateganyo atanze ingwate. Umucamanza Emmanuel Baguma yafashe icyemezo cyo kutemera icyifuzo cya Dr. Besigye, avuga ko kugira ngo ufunzwe yemererwe gufungurwa atanze ingwate, bisaba nibura kuba amaze iminsi 180 afunzwe. Yavuze ko iyi minsi kuri Dr. Besigye igomba kubarwa bahereye ku wa […]

Continue Reading

Burera: Abagabo babiri bafatanywe ihene ebyiri

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera ivuga ko mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki 9 Kanama 2025, ku bufatanye n’abaturage bafatiye mu cyuho abagabo babiri bari bibye ihene ebyiri z’umuturage. Abo bagabo batekereje iki gikorwa bitwikiriye imvura nyinshi yaguye muri iri joro, binjira mu rugo rwa Hategekimana […]

Continue Reading

U Rwanda na RDC byashyizeho imirongo y’ibikorwa by’urwego rw’umutekano ruhuriweho

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byashyizeho imirongo y’ibikorwa by’urwego rw’umutekano ruhuriweho n’ibi bihugu byombi. Iyi mirongo yashyiriweho mu nama y’uru rwego yahurije abahagarariye ibi bihugu i Addis Abeba muri Ethiopia kuva tariki ya 7 n’iya 8 Kanama 2025, hashingiwe ku masezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington tariki ya 27 Kamena. Iyi nama ibaye […]

Continue Reading

Ingabo za Uganda n’iza Somalia zishe abarwanyi ba Al Shabaab barenga 100

Ingabo za Uganda n’iza Somalia ziciye abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa Al Shabaab barenga 100 mu bikorwa byo gufata Akarere ka Bariire gaherereye mu Ntara ya Lower Shabelle. Igisirikare cya Uganda cyatangaje ko abasirikare bacyo ku bufatanye n’aba Somalia, bafashe Bariire ku wa 8 Kanama 2025 mu bikorwa bya “Operation Silent Storm” bimaze iminsi. Cyagize kiti […]

Continue Reading