Connect with us

NEWS

Abataramenyekana bateye gerenade mu kabari zikomeretsa benshi

Published

on

Mu ijoro ryo kuri iki cyumweru,kuwa 05/05/2024 haraye hatewe za Grenade mu tubari tubiri muri Quartier Gikizi ya Zone Kamenge Komine ntahangwa mu mujyi wa Bujumbura.

Abaturage babonye uko byagenze bemeza ko babonye abantu baje n’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hilux Double Cabine ifite ibirahuri bitabona,(voiture Toyota Hilux à vitre teintée) bahita bava muri iyo modoka, batera za grenade zikomeretsa abantu benshi bari bataramiye muri utwo tubari.

Ababonye uko byagenze, baravuga ko ntawapfuye muri ako kanya, ariko hakomeretse benshi cyane,bamwe bahise bajyanwa kuvurirwa ku bitaro biri hafi y’ahabereye ubwo bugizi bwa nabi.

Abantu baba muri Karatsiye Gikizi ya zone Kamenge, batashimye ko amazina yabo amenyekana, bemeza ko ibyo byakozwe n’imbonerakure, kuko arizo zahawe intwaro kandi ari nazo zizenguruka mu ijoro ahantu hose.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *