Abaminisitiri b’Ubuzima muri EAC bategerejwe mu nama y’igitaraganya kuri Ebola

NEWS

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) watangaje ko abaminisitiri b’ubuzima bo mu bihugu biwugize bagiye gukora inama idasanzwe igamije kuganira ku cyorezo cya Ebola.

Iyo nama izaba hifashishijwe ikoranabuhanga, ku matariki ya 1 n’iya 2 Kamena 2026.

Iyi nama izibanda ku gusuzuma uko icyorezo cya Ebola gikomeje gukwirakwira mu karere no gushaka ingamba zifatika zo kugikumira, cyane cyane mu bihugu kitarageramo no kugabanya ubwiyongere aho cyagaragaye.

EAC yasobanuye ko iyi nama ari kimwe mu bikorwa byihutirwa uwo muryango umaze iminsi ukora, nyuma y’uko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) hagaragaye icyorezo cya Virusi ya Ebola ya Bundibugyo.

Mu byitezwe kuganirwaho harimo uburyo bwo guhuza ibikorwa byihutirwa mu karere no kongera ubushobozi bwo guhangana n’ikwirakwira ry’iyi ndwara.

Ubutumwa EAC yashyize kuri X, buvuga ko iyo nama ari imwe mu ngamba zigamije kongera ubufatanye hagati y’ibihugu biyigize mu kurinda ubuzima bw’abaturage.

Mu zindi ngamba zimaze gufatwa mu karere mu guhangana n’icyorezo, harimo inama zidasanzwe, zirimo iz’itsinda rya tekiniki rya EAC rishinzwe indwara zandura n’izitandura, ndetse n’inama z’itsinda rishinzwe guhuza amabwiriza n’amategeko ajyanye n’inkingo, imiti n’ibizamini bishobora gukoreshwa mu guhangana na Ebola.

EAC yagaragaje ko ibi bikorwa bigamije gushimangira ubufatanye bw’ibihugu bigize uwo muryango mu rwego rwo kurinda ubuzima bw’abaturage no guhangana n’ingaruka zaterwa n’ikwirakwira rya Ebola mu karere.

Ku itariki ya 15 Gicurasi 2026, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko Ebola ya Bundibugyo yagaragaye muri Ituri, nyuma y’igihe gito itangiye gukwirakwira.

Ku wa 29 Gicurasi 2026, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko muri RDC hari hamaze gupfa abantu 223 bikekwaho bahitanywe na Ebola, mu gihe hari n’abandi barenga 1.000 bikekwa ko bayanduye.

Ni mu gihe muri Uganda, umuntu umwe ari we umaze kwicwa na Ebola mu bantu icyenda byemejwe ko bayanduye.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *