Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Kuwait yatangaje ko yashyikirije Ambasaderi wa Iran muri icyo gihugu, Mohammad Tutunji, inyandiko yamagana ibyo yavuze ko ari “ukwinjira mu gihugu mu buryo binyuranyije n’amategeko” kw’itsinda ry’abitwaje intwaro bikekwa ko ari abarwanyi b’umutwe wa, Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC).
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na kuri uyu wa 12 Gicurasi 2026, Minisitiri wungirije w’Ububanyi n’Amahanga wa Kuwait, Hamad Suleiman al-Mashaan, yavuze ko igihugu cye cyamaganye bikomeye iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi, anasaba Iran guhita ihagarika ibikorwa nk’ibi nta yandi mananiza.
Al-Mashaan yavuze ko icyo gikorwa ari ukurenga ku busugire bwa Kuwait ku buryo bweruye, ndetse ko binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga n’Amasezerano y’Umuryango w’Abibumbye .
Uyu muyobozi yavuze mu gihe ibi byakomeza igihugu cye gifite uburenganzira bwo kwirwanaho.
Inzego z’uumutekano muri Kuwait zari ziherutse gutangaza ko abantu bane bakekwaho kuba abarwanyi ba, IRGC binjiye muri iki gihugu banyuze mu nyanja, bikekwa ko bari bigamije ibikorwa by’ubugizi bwa nabi.
Minisiteri y’Umutekano muri Kuwait yavuze ko abo bakekwaho kwinjira mu gihugu mu buryo butemewe bagiranye imirwano n’ingabo z’iki gihugu, umwe muri bo arakomereka, mu gihe abandi babiri baratoroka.
Kuva ku wa 28 Gashyantare 2026, intambara Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika byashoje kuri Iran itangiye, umubano wa Iran na Kuwait wajemo agatotsi ni nyuma y’uko Iran ishubije ibitero byayigabweho irasa ku birindiro by’Amerika biri mu Burasirazuba bwo Hagati bikangiza byinshi harimo no muri Kuwait.
What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

