Abantu batatu bamaze gupfa nyuma y’uko hakekwa ko icyorezo cya hantavirus cyagaragaye mu bwato MV Hondius bwari mu rugendo rwari rutwaye abagera ku 150 baturutse muri Argentine.
Mu bapfuye harimo umugabo n’umugore b’Abaholandi bafite imyaka 70 na 69. Umurambo w’undi muntu wa gatatu ukiri mu bwato, mu gihe inzego ziri gutegura uko asubizwa mu gihugu cye.
Umugabo w’Umwongereza w’imyaka 69 ari kuvurirwa i Johannesburg muri Afurika y’Epfo, akaba ari we wenyine kugeza ubu wemejwe ko arwaye hantavirus.
Sosiyete ikoresha ubwato, Oceanwide Expeditions, ivuga ko hari abandi bakozi babiri bakeneye ubuvuzi bwihutirwa, ariko ntibashobora kumanuka ku kivuko cya Cape-Vert ngo bajye kwitabwaho.
OMS ivuga ko hari n’abandi batanu bakekwa ko bashobora kuba baranduye, ariko ibisubizo bikiri gusesengurwa.
Hantavirus ikunze kwandurira mu mwanda w’imbeba cyangwa mu kirere cyanduye. Kwandura hagati y’abantu ntibikunze kubaho, ariko birashoboka mu bihe bidasanzwe.
Abahanga bavuga ko ibimenyetso bishobora kugaragara hagati y’icyumweru kimwe n’ibyumweru umunani, bikaba bituma hari impungenge ko abandi bashobora kugaragaza uburwayi mu minsi iri imbere.
Ubu iperereza rikomeje, mu gihe ubwoba n’ipatanye bikomeje kwiyongera ku bari muri uru rugendo.
What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

