Arsenal yatsinze Atletico Madrid mu mukino wo kwishyura wa 1/2 cya UEFA Champions League 2025/2026 ihita yerekeza ku mukino wa nyuma.
Uyu mukino wakinwe kuri uyu wa Kabiri saa Tatu z’ijoro kuri Emirates Stadium nyuma y’uko umukino ubanza wari warangiye amakipe yombi anganya 1-1.
Ikipe ya Arsenal yambara Visit Rwanda yatangiye umukino ihererekanya neza mu rubuga rwa Atletico Madrid ariko kubona aho imenera ngo yinjira mu rubuga rw’amahina bikaba ikibazo.
Nyuma yaho Atletico Madrid yagiye igerageza nayo kugera imbere y’izamu rya Arsenal yifashishije uburyo bwo kwirukankana imipira. Hari aho Julian Alvarez yatunguranye arekura ishoti ariko rinyura impande y’izamu gato cyane.
Ku munota wa 18 Arsenal yabonye uburyo bwashoboraga kugira icyo butanga aho Bukayo Saka yahinduye umupira mwiza imbere y’izamu ashaka Viktor Gyokores gusa birangira utamugezeho neza.
Ku munota wa 34 Arsenal yashakaga penariti nyuma y’uko Leandro Trossard yari yinjiranye umupira muri rubuga rw’amahina ubundi Antoine Griezman amukoraho ahita y’ikubita hasi.
Ku munota wa 44 Arsenal yaje gufungura amazamu ku mupira Viktor Gyokores yari ahaye Leandro Trossard aracenga arekura ishoti umunyezamu wa Atletico Madrid kurigumana biranga umupira usanga Bukayo Saka ahita awushyira mu nshundura.
Mu gice cya kabiri Atletico Madrid yakomeje kurushwa gusa hari aho yashoboraga kubona penariti ku ikosa ryari rikorewe Giuliano Simeone ariko VAR irabihakana.
Atletico Madrid yaje gukora impinduka mu kibuga havamo Giuliano Simeone,Robin Le Normand na Ademola Lookman hajyamo Johnny Cardoso,Alexander Sorloth na Nahuel Molina.
Arsenal nayo yahise ikora impinduka mu kibuga havamo Ricardo Calafiori,Eberechi Eze na Bukayo Saka hajyamo Piero Hincapie ,Martin Odegaard na Noni Madueke.
Arsenal yihagazeho nubwo umutoza wayo Mikel Arteta yeretswe ikarita y’umutuku birangira itsinze igitego 1-0 ihita isezerera Atletico Madrid ku giteranyo cy’ibitego 2-1 yerekeza ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League 2025/2026.
Arsenal yaherukaga ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League muri 2006 ubwo yatsindwaga na FC Barcelona bikaba byari n’inshuro ya mbere ihageze.
Ejo hazakinwa undi mukino wa UEFA Champions League aho FC Bayern Munich izakira Paris Saint-Germain.


What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

