Constant Mutamba yakatiwe

NEWS

Urukiko rusesa imanza rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu 2 Nzeri 2025 rwahamije Constant Mutamba kunyereza miliyoni 19 z’Amadolari mu mushinga wo kubaka Gereza ya Kisangani mu ntara ya Tshopo.

Mutamba yategetswe gusubiza Leta aya mafaranga, akatirwa imyaka itatu y’imirimo ifitiye igihugu akamaro.

Urukiko kandi rwambuye Mutamba uburenganzira bwo gutora no gutorwa mu gihe cy’imyaka itanu no kudakora imirimo ya Leta.

Mutamba yabaye Minisitiri w’Ubutabera kuva mu mwaka ushize kugeza muri Gicurasi 2025 ubwo yeguraga kugira ngo akurikiranweho iki cyaha.

Ubushinjacyaha bwari bwaramusabiye gukatirwa imyaka 10 y’imirimo y’agahato no kwamburwa uburenganzira bwo kujya mu mirimo ya Leta mu gihe cy’imyaka itanu. We yasabaga kugirwa umwere.

Mutamba yahamijwe kunyereza miliyoni 19 z’Amadolari, ategekwa kuzisubiza Leta

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *