Musanze: Yasanzwe yapfiriye munsi y’ikiraro gikunze guteza impanuka

Ngendahimana John w’imyaka 65 yasanzwe yapfiriye munsi y’ikiraro cyo mu Mudugudu wa Mukinga, Akagari ka Kamisave, Umurenge wa Remera mu Karere ka Musanze, bikekwa ko yagize  impanuka akagwa mu ijoro rishyira ku wa Gatandatu tariki ya 20 Nzeri 2025. Abaturage bavuga ko icyo kiraro gihuza Umudugudu wa Mukinga n’uwa Gitega mu Kagari ka Gasongero muri uwo […]

Continue Reading

AFC/M23 yafashe Umujyi wa Nzibira nyuma y’imirwano ikomeye

Abarwanyi b’ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Nzibira uherereye muri Teritwari ya Walungu muri Kivu y’Amajyapfo, nyuma y’imirwano ikomeye yabahanganishije na FARDC n’imitwe bafatanyije. Imirwano ku mpande zombi yarushijeho gukomera ku Cyumweru tariki 21 Nzeri 2025, ariko birangira M23 itsinsuye ingabo za Leta n’abarwanyi ba Wazalendo. Imirwano ikomeye yabereye mu duce twa Cisaza, Cibanda, Muyange, Karhuliza […]

Continue Reading

Nyamagabe: Abagore batatu batawe muri yombi bazira gusenyera umwisengeneza wabo

Abagore batatu bavukana bo mu Karere ka Nyamagabe, batawe muri yombi bazira gusenya inzu y’umukobwa babereye nyirasenge bagamije kumumenesha. Aba bagore batatu bafashwe ku wa 19 Nzeri 2025, ku bufatanye n’ubuyobozi by’Akagari na DASSO, aho bari mu Mudugudu wa Gitondorero, Akagari ka Gitondorero, Umurenge wa Mugano, ho mu Karere ka Nyamagabe. barimo uw’imyaka 57 usanzwe […]

Continue Reading

Ingabo za Afurika y’Epfo ntizirashira muri RDC

Igisirikare cya Afurika y’Epfo (SANDF) gikomeje ibikorwa byo gucyura ibikoresho n’abandi basirikare bari baroherejwe mu butumwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nk’uko byemejwe n’ikinyamakuru cyo Mail & Guardian cyo muri Afurika y’Epfo. Byamenyekanye ko kuva ku wa 14 Nzeri 2025, indege ya Boeing 737 na Il-76 za SANDF zakoreshejwe mu gutwara ibikoresho ndetse […]

Continue Reading

Perezida Kagame yasuye umuhanda wa Formula 1 muri Azerbaijan

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 21 Nzeri 2025, Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko muri Azerbaijan yasuye umuhanda uberamo amasiganwa y’imodoka nto za Formula 1. Umukuru w’Igihugu ari mu ruzinduko rw’iminsi itatu i Baku kuva ku wa 19 Nzeri. Ni uruzinduko rushimangira umubano mwiza uri hagati y’u Rwanda na Azerbaijan. Ku munsi wa nyuma w’uruzinduko […]

Continue Reading

Nyamagabe : Abagore 3 bafungiye gusenya inzu y’umwisengeneza wabo

Mukantaganda Verina w’imyaka 57, Ndateba Vestine wa 46 na Mukashyaka  Brigitte wa 64, batawe muro yombi bakurikiranyweho gusenya inzu y’imwisengeneza wabo witwa Musabyimana Chantal w’imyaka 22. Abo bagore uko ari batatu bafungiye kuri  Sitasiyo y’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ya Kaduha mu Karere ka Nyamagabe, bikaba bivugwa ko basenyeye uwo mwana wa musaza wabo bavuga ko batamushaka mu nzu […]

Continue Reading

Leta ya RDC yongeye kwita AFC/M23 ibyihebe

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye kwita abarwanyi b’ihuriro rya AFC/M23 ibyihebe, imvugo itaherukaga gukoreshwa kubera impande zombi zari mu bihe by’ibiganiro. Byagarutsweho mu itangazo ryashyizwe hanze na FARDC, ku wa Gatandatu tariki ya 20 Nzeri 2025, aho yashinjaga AFC/M23 kuyigabaho ibitero mu bice bitandukanye bya Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru. FARDC yagaragazaga ko ku […]

Continue Reading

Kigali: Insengero zimwe zashyize amateraniro ‘online’ mu gihe cya Shampiyona y’Isi y’Amagare

Amwe mu madini n’amatorero akorera i Kigali yashyizeho uburyo bwo gukurikirana amateraniro mu buryo bw’iya kure, mu gufasha abayoboke bayo guterana muri iki gihe cya Shampiyona y’Isi y’Amagare kuko hari imihanda izaba ifunze. Ibyo bigamije gufasha bamwe mu bayoboke b’ayo madini bashoboraga kugorwa no kugera aho insengero ziri. Ayo madini n’amatorero yahisemo gukoresha uburyo bwombi […]

Continue Reading

U Rwanda na Brésil byinjiye mu bufatanye bwo guteza imbere uburezi

Guverinoma y’u Rwanda yashyize umukono ku masezerano y’ubufatatanye na Brésil mu bijyanye no guteza imbere uburezi. Amasezerano yashyizweho umukono n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette, ubwo yari yitabiriye inama igaruka ku kugaburira abanyeshuri ku mashuri yabereye mu Mujyi wa Fortaleza uherereye mu Burasirazuba bwa Brésil. Amasezerano agamije guhererekanya ubumenyi, ubushakashatsi bufasha mu gukemura […]

Continue Reading

Leta ya RDC yashenguwe no kubona abasirikare bayo biyunga kuri M23

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwagaragaje ko bwashenguwe no kubona abasirikare b’iki gihugu bemera kwiyunga ku mutwe witwaje intwaro wa M23 uburwanya. Tariki ya 14 Nzeri 2025, M23 yungutse abarwanyi bashya barenga 7400 bari bamaze amezi atandatu batorezwa mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Harimo abahoze mu gisirikare […]

Continue Reading