Minisitiri Cyubahiro yatangije gahunda yo gutera ibiti by’imbuto mu ngo, hagamijwe kunoza imirire

Ku wa Kane, tariki 24 Ukwakira 2024, Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Mark Cyubahiro Bagabe, yatangije umushinga wo gutera ibiti bitanu by’imbuto kuri buri muryango mu Rwanda, agamije gufasha Abanyarwanda kongera imbuto ku mafunguro yabo ya buri munsi. Iki gikorwa cyatangirijwe mu Karere ka Rubavu, aho hatewe ibiti 5,400 mu miryango n’amashuri. Minisitiri Cyubahiro asobanura ko […]

Continue Reading

Rutsiro: Inkuba yishe umugore itwika n’inzu

Mu mvura nyinshi yaguye mu ijoro rishyira kuri uyu swa Kane yagaragayemo inkuba yishe Uwimanimpaye Vestine w’imyaka 22 mu Murenge wa Murunda, itwika inzu inica ingurube ya nyir’inzu mu Murenge wa Kigeyo, inica intama 2 indi iyisiga yanegekaye mu Murenge wa Mukura. Umuturage wo mu Murenge wa Murunda, yavuze ko inkuba yakubise Uwimanimpaye Vestine arimo […]

Continue Reading

Canada igiye kugabanya abimukira yakira

Guverinoma ya Canada yatangaje ko igiye kugabanya bikomeye ingano y’abimukira bemererwa gutura muri icyo gihugu baturutse mu bice bitandukanye by’Isi. Minisitiri w’Intebe wa Canada Justin Trudeau, yabigarutseho kuri uyu wa Kane ashimangira ko ari mu rwego rwo guhagarika by’agateganyo ubwiyongere bw’abaturage no gufasha ubukungu kongera kwisubiza. Yagize ati: “Tugiye kugabanya bikomeye umubare w’abimukira baza muri […]

Continue Reading

Kigali : Imvura nyinshi yahitanye babiri abandi barakomereka

Imvura yaguye mu rukerera rwo ku itariki 24 Ukwakira 2024 mu Mudugudu wa Nyakanunga, Akagari ka Nyamabuye, Umurenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo umukingo wagwiriye inzu abantu bane barimo n’umuturanyi umwe barakomereka bikomeye. Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali CIP Wellars Gahonzire yavuze ko Uwo mukingo ukimara kugwira abantu hakozwe ubutabazi bwihuse bajyanwa […]

Continue Reading

Rubavu: Yashukishijwe akazi n’abakomisiyoneri ba FDLR yisanga mu bucakara

Niragire Obed wo mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Busasamana, Akagari ka Gasiza, Umudugudu wa Kiraro, ni umwe mu bana bajyanywe muri FDLR, bamubwira ko bagiye kumuha akazi, n’aho ngo bari abakomisiyoneri bayo birangira yabaye urwanya u Rwanda. Uyu musore w’imyaka 17 avuga ko abakomisiyoneri ba FDLR, bakunze kuza gufata urubyiruko cyane rwo mu Karere […]

Continue Reading

Umunyamakuru Martin Mateso yitabye Imana

Umunyamakuru Martin Mateso, wakoreye ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda no mu Bufaransa, yitabye Imana azize umutima ku myaka 70. Yageze mu Bufaransa muri Mata 1994, akorera TV5 Monde, Radiyo Rwanda, na Televiziyo Rwanda. Yaguye mu Rwanda ku itariki 20 Ukwakira, ahari yaje kwizihiza isabukuru ye. Mateso yari kandi umuhanzi, azwi cyane ku ndirimbo ze nka “Bibiyana” […]

Continue Reading

Nyabihu: Inzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi y’umuriro

Inkongi y’umuriro yibasiye inzu y’ubucuruzi muri Mozambique, aho ibyumba birindwi mu icumi byatwitswe, byangiza amafumbire, sima, n’ibindi bicuruzwa. Abacuruzi bakoreragamo bavuga ko igihombo gikomeye baterwa n’uko nta bwishingizi bari bafite. Umwe mu bacuruzi yagize ati: “Ibyacurwaga byatwitswe, ubuzima bwanjye buhungabanye.” Nyir’inzu nawe yemeje ko nta bwishingizi yari afite ariko ubu yiteguye kubikurikirana nyuma yo kubona […]

Continue Reading

Mozambique: Abigaragambya bamagana ibyavuye mu matora bahanganye na Polisi

Polisi yo muri Mozambique iherutse guhura n’abigaragambya batavuga rumwe n’ubutegetsi, bari bakoraniye mu Murwa Mukuru wa Maputo, bamagana ibyavuye mu matora ya Perezida w’Igihugu. Iyi myigaragambyo yaturutse ku rupfu rw’abanyapolitiki babiri bo mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, bishwe mu cyumweru gishize. Polisi yakoresheje imyotsi iryana mu maso n’amasasu mu gutatanya abigaragambya, ndetse abanyamakuru babiri bakomerekejwe […]

Continue Reading

Trump arashinja ishyaka ryo mu Bwongereza kwivanga mu matora

Abashinzwe kwamamaza Donald Trump, umukandida w’aba Repubulikani mu matora ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bikomye ishyaka Labour Party ryo mu Bwongereza barishinja kwivanga mu matora yo muri Amerika. Abo bashyigikiye Trump bavuga ko hari abarwanashyaka ba Labour bakora ibikorwa byo kwamamaza Kamala Harris, umukandida w’aba Demukarate, ibyo bakabifata nk’itonesha rigamije kwangiza inyungu za Trump. […]

Continue Reading

Mwiseneza yicuza icyatumye asubira muri FDLR

Mwiseneza Francoise ni umubyeyi w’imyaka 45, ukomoka mu Karere ka Burera, Umurenge wa Bungwe, akaba umwe mu bahoze mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wicuza kuba yarataye igihe muri FDLR akongera agasiga u Rwanda. Uwo mubyeyi uvuga ko atahutse mu 1998 amara amezi atatu gusa mu Rwanda ngo abona ntahise abona imibereho ifatika cyane […]

Continue Reading