Kigali – Nyamirambo: Aratabaza nyuma yo gukubitwa n’abanyerondo ubu akaba anyara amaraso

Mu murenge wa Nyamirambo w’Akarere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, umugabo witwa Nkezabera Modeste aratabaza nyuma yo gukubitwa bikomeye n’abanyerondo, ubu akaba anyara amaraso. Nkezabera atuye mu kagari ka Gasharu, mu mudugudu wa Kagunga, aho avuga ko yakubiswe nyuma yo kugira amakimbirane n’umwe mu banyerondo, amupfubiranira inzoga. Nk’uko Nkezabera abivuga mu buhamya bwe, ubu […]

Continue Reading

Kirehe: Bafashwe batwaye mu modoka magendu y’imyenda ya caguwa

Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Kirehe, yafashe abagabo babiri bari batwaye mu modoka yo mu bwoko bwa Hiace, amabalo arindwi y’imyenda ya caguwa, bari binjije mu gihugu mu buryo bwa magendu. Ni imodoka yari itwawe n’umwe muri bo w’imyaka 36 y’amavuko wari kumwe na mugenzi we w’imyaka 32, bafatiwe mu mudugudu wa Rwanteru, akagari […]

Continue Reading

Imyigaragambyo yatumye RwandAir isubika ingendo

Sosiyete y’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, yari yatangaje ko isubitse ingendo zayo zijya ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Jomo Kenyatta (JKIA) muri Kenya kubera imyigaragambyo y’abakozi, yasubukuye serivisi zayo nyuma y’uko imyigaragambyo irangiye. Abakozi b’iki kibuga bari bamaganaga igitekerezo cya Leta cyo kugikodesha ku kigo cy’Abahinde, Adani Group, kuko byari byitezwe ko bishobora gutuma bamwe […]

Continue Reading

M23 yaciye amarenga y’Igitero ku mujyi wa Goma

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 11 Nzeri 2024, waciye amarenga y’uko ushobora gutera Umujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu rwego rwo guhagarika ubwicanyi bumaze igihe buwukorerwamo. Abatuye uyu mujyi bamaze iminsi bigaragambya bamagana ubwicanyi bukomeje gukorerwa muri uyu murwa mukuru w’intara. Kuri uyu munsi, ubwicanyi bundi bwongeye kugaragara […]

Continue Reading

Nyamasheke:Umusore yafatiwe mu cyuho asambanya inka

Ndikumana Enock, umusore w’imyaka 19 wo mu Mudugudu wa Nyagahinga, Akagari ka Gitwa, Umurenge wa Gihombo, mu Karere ka Nyamasheke, afungiwe kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ya Gihombo, akekwaho icyaha cyo gusambanya inka y’umuturanyi. Uyu musore yafashwe mu ma saa tanu z’amanywa ubwo yahengereye nyiri inka agiye guhinga, akajya kuyisanga mu kiraro cyayo atangira kuyikoreraho […]

Continue Reading

Rusizi: Umwarimu ukekwaho gutera inda abanyeshuri 4 afunganywe na Diregiterindetse na Animateri bakurikiranyweho gusambanya abanyeshuri

Mu Karere ka Rusizi, haravugwa inkuru ibabaje y’iyohoterwa rikomeye, aho mwarimu Bukuru Aaron, uri mu kigero cy’imyaka 40, Umuyobozi w’ikigo Ndahayo Ernest na Animateri Ndahimana Jean de Dieu bakorera kuri GS Murira, batawe muri yombi bakekwaho gutera inda abana bigishaga no kugira uruhare mu bufatanyacyaha muri icyo cyaha. Amakuru yemeza ko Bukuru Aaron amaze igihe […]

Continue Reading

Perezida Paul Kagame yahinduriye imirimo uwari Minisitiri w’Uburezi

Ku wa Gatatu, tariki ya 11 Nzeri 2024, Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bayobozi bakuru, aho Twagirayezu Gaspard wari Minisitiri w’Uburezi yakuwe kuri izi nshingano, agirwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Isanzure. Izi mpinduka zemejwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, mu itangazo ryaturutse mu biro bye. Nsengimana Joseph ni we wagizwe Minisitiri w’Uburezi, asimbuye […]

Continue Reading

Muhima: Umurambo w’uruhinja watoraguwe mu ikarito

Mu Murenge wa Muhima, mu Kagari ka Nyabugogo, mu Mudugudu wa Rwezangoro, munsi gato y’Ibitaro bya Muhima, habonetse umurambo w’uruhinja washyizwe mu ikarito n’umuntu utaramenyekana. Ibi byabaye mu masaha y’igitondo kuri uyu wa 11 Nzeri 2024. Abaturage batuye muri uyu mudugudu babwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko batunguwe cyane no kubona uwo murambo ubwo bari […]

Continue Reading

Ruhango: Yashenguwe no gusenyerwa inzu yubakiraga nyina w’imyaka 80

Umuturage witwa Ntakirutimana Eugene yashegeshwe n’igihombo yatewe no gusenyerwa inzu yari yubakiraga nyina w’imyaka 80, mu Mudugudu wa Nyabitare, Akagari ka Rwoga, Umurenge wa Kabagali, Akarere ka Ruhango. Ntakirutimana avuga ko yashakaga gukura umubyeyi we mu manegeka y’inzu y’icyumba kimwe acumbitsemo, ariko yasanze ahuriranye n’ibibazo byo kutubahiriza amategeko. Ntakirutimana, utuye mu Karere ka Musanze kubera […]

Continue Reading

Kigali: Ibirayi biri kurya umugabo bigasiba undi

Mu Mujyi wa Kigali, ibiciro by’ibirayi byongeye kuzamuka cyane, bikomeje gutera impungenge abaguzi ndetse n’abacuruzi. Abenshi mu baturage baravuga ko ibirayi byari bisanzwe bihenze byabaye ibiribwa by’abifite gusa, mu gihe mbere byari ibiryo bihendutse ku muntu wese. Kuri ubu, ibiciro biri hejuru cyane, kandi ibyo biri ku isoko ntabwo ari byiza nk’uko bikunze kuvugwa. Bamwe […]

Continue Reading