Umuhungu n’umukobwa bavindimwe basezeranye kuzabana akaramata maze bahabwa igihano gikomeye

Mu karere ka Mwasa, ho mu ntara ya Simiyu muri Tanzania, Urukiko rwahaye igihano cy’imyaka 20 y’igifungo umusore witwa Musa Shija, ndetse na mushiki we, Hollo Shija, agahanishwa imyaka 30 y’igifungo bazira kuba barashyingiranywe kandi bavukana. Mu gusoma imyanzuro y’urubanza, urukiko rwagaragaje ko aba bombi bakoze icyaha gikomeye cyo kubana nk’umugabo n’umugore mu gihe bavukana […]

Continue Reading

RBA yaje ku mwanya wa mbere mu bitangazamakuru bikurikirwa cyane

Ikigo cya abanyasuwedi FOJO ishami ryacyo rikorera mu Rwanda, cyashyize hanze ubushakashatsi cyakoze ku birebana n’uko ibigo bitandukanye by’itangazamakuru bikorera mu Rwanda bikurikiranwa n’abaturage. Ni ubushakashatsi bwamuritswe ku itariki ya 16 Kanama 2024 Ikigo cya leta y’u Rwanda gishinzwe itangazamakuru RBA cyane ku mwanya wa mbere mu bikurikiranwa n’abaturage cyane. Imbuga nkoranyambaga nazo muri iki […]

Continue Reading

Nyagatare: Umwana w’imyaka ibiri yarohamye muri Yorodani ya ADEPR ahasiga ubuzima

Ku wa Kane, tariki ya 15 Kanama 2024, umwana w’imyaka ibiri yitabye Imana nyuma yo kugwa muri yorodani (aho babatiriza) y’Itorero ADEPR Rukomo, mu Karere ka Nyagatare. Uyu mwana yari yacitse umubyeyi we (mama we) wari waje gusenga muri uru rusengero. Aya makuru yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukomo, Ingabire Marie Claire, aho yavuze ko […]

Continue Reading

Igisubizo cya RDF ku kwemererwa urubyiruko rurangiza amashuri yisumbuye kunyura mu gisirikare

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen. Ronald Rwivanga, yatangaje ko kugeza ubu mu Rwanda nta buryo buhari aho buri muntu urangije amashuri yisumbuye anyura mu myitozo ya gisirikare nk’itegeko, nubwo ari ubusabe bumaze igihe butangwa. Ibijyanye no kuba buri Munyarwanda wese yahabwa imyitozo ya gisirikare igihe arangije amashuri yisumbuye byumvikanye cyane mu bikorwa byo kwiyamamaza […]

Continue Reading

Rutsiro: Abaturage baratakamba barasaba ko SEDO ubarembeje abaka ruswa yimurwa

Abaturage bo mu Kagari ka Nyagahinika, mu Murenge wa Kigeyo, Akarere ka Rutsiro, baratabaza basaba ko Umukozi ushinzwe Iterambere n’Imibereho Myiza y’Abaturage (SEDO) yimurwa kubera ruswa bamushinja kubaka.Abaturage baganiriye na BWIZA  dukesha iyi nkuru bemeza ko uyu SEDO amaze imyaka myinshi muri aka kagari kandi ko yabazengereje kubaka ruswa, bikaba bibabangamira mu bikorwa byo kwiteza […]

Continue Reading

Gen. Muhoozi yacanye umuriro kuri se Museveni amuhora gukorana n’’igisambo 

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, akomeje gushyira igitutu kuri se, Perezida Yoweri Kaguta Museveni, amushinja gukorana n’umuntu yita “igisambo rukomeye” muri Uganda. Mu butumwa yanditse ku rubuga rwa X (rwahoze ari Twitter), Gen Muhoozi yavuze ati: “Mzee, wataye muri yombi inshuti yanjye Michael Mawanda none wishimiye kwifotozanya n’igisambo ruharwa kurusha ibindi muri […]

Continue Reading

Akari ku mutima w’Umunyamakurukazi warekuwe nyuma y’igihe afungiwe ’kuba intasi y’u Rwanda’

Umunyamakurukazi Floriane Irangabiye, wari umaze imyaka ibiri afunzwe, yararekuwe nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi. Izi mbabazi yaziherewe ku wa 14 Kanama, ariko amakuru ye yamenyekanye ku munsi wakurikiyeho. Irangabiye, wahoze atuye i Kigali mu Rwanda, yavuze ko kurekurwa kwe ari umunsi udasanzwe mu buzima bwe ndetse no ku muryango we. […]

Continue Reading

Minisitiri wa siporo yahinduwe menya abaminisitiri bagize Guverinoma nshya yatangajwe

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje Guverinoma nshya igizwe n’Abaminisitiri 21 n’Abanyamabanga ba Leta icyenda. Umubare munini w’abari basanzwe muri Guverinoma iheruka, bongeye kugaragara mu nshya, usibye abaminisitiri batatu barimo uwa Siporo, uw’Ubucuruzi n’Inganda n’uw’Abakozi ba Leta n’Umurimo. 1. Madamu Judith Uwizeye, Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika 2. Madamu Inès Mpambara, Minisitiri muri Primature3. Bwana Yusuf […]

Continue Reading

Abafite imyaka 40 bemere we kwinjira mu Mutwe w’Inkeragutabara

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yasobanuye igikorwa cyo kwinjiza mu ngabo z’u Rwanda, Inkeragutarabara zakwinjizwa mu gihe bibaye ngombwa. Yabigarutseho mu kiganiro n’Abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Kanama 2024, ku cyicaro Gikuru cy’ingabo z’u Rwanda Ni mu gihe ku wa Kabiri w’iki Cyumweru ingabo z’u Rwanda zatangiye igikorwa cyo kwinjiza […]

Continue Reading

Abantu 11 bamaze igihe bafungiwe kwica umurinzi wa Perezida Tshisekedi

Urwego rw’Iperereza rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (ANR) rumaze amezi ane rufunze abantu 11 bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umurinzi wa Perezida Felix Tshisekedi. Uwo musirikare, witwaga Joseph, yapfuye mu buryo butunguranye muri Mata 2024, aho umurambo we wagaragaye hafi y’ibiro by’urwego rushinzwe ingufu z’amashanyarazi i Kinshasa. Umuryango Nyafurika uharanira Uburenganzira bw’Ikiremwamuntu, ASADHO, watabarije […]

Continue Reading