Umuhanzi Riderman yaba agiye kwiyamamariza kuba Depite

Emery Gatsinzi wamenyekanye nka Riderman mu muziki yazamuye amarangamutima ya benshi ubwo yatangazaga ko yitegura kwiyamamariza kujya mu Nteko Ishingamategeko akanakomoza ku birebana n’umusaruro w’Umudepite wagiye ahagarira urubyiruko mu Nteko mu gihe cyatambutse. Ibitekerezo bya benshi ku butumwa bwa Riderman, bigaruka ku kuba igihe kigeze ko mu Nteko Ishingamategeko mu Rwanda habonekamo umuntu uhagarariye ubuhanzi. […]

Continue Reading

Nyuma yo gusanganwa intwaro iwe mu rugo Barikana Eugène wahoze ari umudepite yasabiwe igihano

Ubushinjacyaha bwasabiye Barikana Eugène wahoze ari umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, gufungwa imyaka ibiri nyuma yo gusanganwa intwaro iwe mu rugo. Urubanza rwa Barikana rwabaye kuri uyu wa 23 Gicurasi 2024 mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, aho yaburanye yemera icyaha agasaba gukurirwaho ibihano. Iburanisha ry’urubanza rwe ryabereye mu Rukiko rw’Ibanze, Barikana Eugène yaburanye […]

Continue Reading

Abakinnyi 9 mu muryango isohoka muri APR FC

Mbere y’uko umwaka w’imikino wa 2024-25 utangira, APR FC irateganya gukora impinduka ikarekura abakinnyi benshi. Iyi kipe y’ingabo z’igihugu yegukanye shampiyona ya 2023-24 ikaba izakina CAF Champions League, igomba kwiyubaka bigendanye n’urwego igiye gukinaho akaba ari na yo mpamvu izarekura abakinnyi benshi. Mu bakinnyi izarekura abanyamahanga ba yo benshi izabagumana cyane ko basinye imyaka 2 […]

Continue Reading

Vital Kamerhe yatorewe kuba perezida w’inteko ishingamategeko umutwe w’abadepite

Mu buryo budatunguranye, Vital Kamerhe yaraye atorewe kuba perezida w’inteko ishingamategeko umutwe w’abadepite ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku bwiganze bw’amajwi y’abagize iyi nteko biganjemo abo mu ihuriro ry’uruhande ruri ku butegetsi. Kamerhe yatorewe uyu mwanya nyuma y’iminsi itatu habaye igitero “cyari kigamije guhitana ubuzima bwe”, nk’uko ishyaka rye n’umugore we babitangaje, cyagabwe ku […]

Continue Reading

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu

Inama y’Abamisitiri yateranye kuri uyu wa 22 Gicurasi 2024, iyobowe na Perezida Paul Kagame yemeje iteka rya Minisitriri rishyiraho ibishushanyo mbonera by’imikoreshereze n’imitunganyirize by’ubutaka by’uturere twa Gakenke, Kirehe, Musanze, Ngoma, Nyaruguru, Rubavu, Rulindo na Rwamagana. Inama y’Abaminisitiri kandi yemeje Iteka rya Perezida rigena ubundi buryo umunyamahanga atungamo ubutaka, iteka rya Minisitiri w’Intebe ryerekeye kurinda ubutaka, […]

Continue Reading

Francis Kaboneka yahawe imirimo mishya

Inama y’Abamisitiri yateranye kuri uyu wa 22 Gicurasi 2024, iyobowe na Perezida Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi batandukanye barimo Francis Kaboneka utaherukaga kuvugwa muri politiki. Francis Kaboneka yagizwe Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, kimwe na Tuyizere Thadée na we wagizwe komiseri muri iyo Komisiyo. Francis Kaboneka yabaye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu kuva mu […]

Continue Reading

Urukiko rwatesheje agaciro cyamunara y’umutungo wa Rwigara

Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge I Kigali mu Rwanda rwatesheje agaciro cyamunara yakozwe ku mutungo wo kwa Nyakwigendera Assinapol Rwigara. Umucamanza yavuze ko umuhesha w’inkiko wateje mu cyamunara inyubako yo kwa Rwigara yagaragajemo inenge zituma iteshwa agaciro. Ni icyemezo umucamanza yafashe nta muburanyi n’umwe uri mu cyumba cy’urukiko. Uyu mucamanza mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge yavuze […]

Continue Reading

I Rubavu gitifu w’umurenge arafunzwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanzarwe, n’uw’Akagari ka Ryabizige mu Karere ka Rubavu, bakurikiranweho icyaha cyo kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru yerekeye Jenoside, n’ubufatanyacyaha muri icyo cyaha. Kuwa 21 Gicurasi 2024 nibwo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanzarwe yatawe muri yombi, ndetse bombi bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya […]

Continue Reading

Rutahizamu Ani Elijah yasubiye mu mwiherero nyuma yo kuwukurwamo

Rutahizamu wa Bugesera FC, Ani Elijah, yasubiye mu mwiherero w’Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’ yitegura guhura na Bénin ndetse Lesotho mu mikino y’amatsinda yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026. Imikino yombi iteganyijwe mu ntangiriro za Kamena aho Bénin izakirira u Rwanda muri Côte d’Ivoire naho umukino wa Lesotho ukabera muri Afurika y’Epfo. Nubwo atari yatangajwe ku […]

Continue Reading

Polisi yarashe umuyobozi w’akagari I Rubavu

Umupolisi yarashe umuyobozi w’akagari ushinzwe iterambere ry’abaturage mu Kagari ka Murambi mu murenge wa Rubavu mu karere ka Rubavu, avuga ko yamwitiranyije n’umugizi wa nabi. Byabaye mu ijoro ryakeye, ubwo uyu SEDO w’akagari yari kumwe n’uhagarariye inkeragutabara mu murenge bari kuri Moto, bagatangirwa n’abagizi ba nabi bagatabaza. Polisi ubwo yahageraga yamwibeshyeho imurasa akaguru Umuvugizi wa […]

Continue Reading

RIB yafunze abantu 10 barimo umucamanza

Urwego rw’Ubugenzacyaha,RIB,rwataye muri yombi abantu 10 barimo umucamanza ku Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, umushinjacyaha ku Rwego rw’Ibanze rwa Ngarama, umugenzacyaha, umuhesha w’Inkiko w’Umwuga n’abafatanyacyaha babo, bakurikiranyweho gukorana n’abiyise abakomisiyoneri mu gusaba indonke abafite ababo bafunzwe kugira ngo barekurwe. Abo bafatanyacyaha babo bakoraga nk’abahuza hagati y’utanga n’uwakira ruswa. Iperereza rimaze iminsi ribakorwaho rigaragaza ko mu bihe […]

Continue Reading