Abafana 16 barebaga umukino wa APR FC na Pyramids FC bakubiswe n’inkuba

Abaturage 16 bo mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Kabarondo, barebaga umukino wa CAF Champions League wahuzaga APR FC na Pyramids FC, bakubiswe n’inkuba umunani barakomereka ndetse banajyanwa kwa muganga. Ibi byabaye ku wa Gatatu tariki ya 1 Ukwakira 2025 mu Mudugudu wa Kabuye mu Kagari ka Kabura mu Murenge wa Kabarondo mu Karere […]

Continue Reading

Karongi: Ukekwaho ubujura yishe umunyerondo w’umwuga

Mutuyimana Gilbert w’imyaka 19 wari umunyerondo w’umwuga mu Murenge wa Rubengera yitabye Imana, nyuma y’uko atewe icyuma n’umusore w’imyaka 21 yari akurikiye ubwo yari amaze kwiba amavuta. Byabereye mu Mudugudu wa Rubona, Akagari ka Kibilizi, Umurenge wa Rubengera ku wa 1 Ukwakira 2025, mu isoko rya Kibilizi. Abari muri iri soko babwiye IGIHE dukesha iyi […]

Continue Reading

Ntare Louisenlund School yatangiye umwaka w’amashuri yakira abanyeshuri bashya barenga 120

Ishuri rya Ntare Louisenlund School (NLS) riherereye mu Karere ka Bugesera ryatangiye umwaka w’amashuri wa 2025/2026 ryakira abanyeshuri bashya barenga 120 barimo abatsinze neza bahawe amahirwe yo kuryigamo kuri buruse ya Leta. Ni igikorwa cyabaye ku wa 29 Nzeri 2025, cyabanjirijwe n’ibirori byo kwakira aba bana mu bandi, babamenyereza ishuri ndetse bereka ababyeyi babo ubuzima […]

Continue Reading

Abanyeshuri mu ngabo za Zambia bari kwigira ku Rwanda kwimakaza amahoro

Itsinda ry’abalimu n’abanyeshuri mu bya gisirikare 27 bo muri Zambia bari mu Rwanda mu rugendoshuri rw’icyumweru rugamije kubafasha kwigira ku rugendo rw’igihugu mu iterambere n’uburyo kigira uruhare mu kwimakaza amahoro n’umutekano mu Karere no mu bindi bice. Ni uruzinduko iryo tsinda ryatangiye ku itariki 28 Nzeri rukazarangira ku wa 4 Ukwakira 2025. Riyobowe na Col […]

Continue Reading

Guverinoma ya Amerika yahagaritse imirimo kubera kutumvikana ku ngengo y’imari

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yabaye ihagaritse ibikorwa bimwe na bimwe, nyuma yo kutumvikana kw’abagize Sena ku mushinga w’ingengo y’imari nshya. Kuri uyu wa Gatatu tariki 1 Ukwakira 2025 nibwo Guverinoma ya Amerika yafashe umwanzuro wo kwinjira muri ibi bihe bidasanzwe, kubera kutumvikana kw’abahagarariye ishyaka ry’Aba-Republicains n’abahagarariye iry’Aba-Democrates, muri Sena ya Amerika. Abasenatari […]

Continue Reading

FARDC yahuye n’uruva gusenya ubwo yageragezaga kwisubiza Nzibira

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ihuriro ry’imitwe ya Wazalendo byahuye n’akazi gakomeye ubwo byageragezaga kwisubiza santere ya Nzibira iherereye muri teritwari ya Walungu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. M23 yafashe Nzibira tariki ya 21 Nzeri mu rwego rwo gukumira ibitero bya hato na hato by’ingabo za RDC na Wazalendo byahaturukaga muri aka gace […]

Continue Reading

U Rwanda rwageze hejuru ya 95% mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu mu myaka ine

Minisiteri y’Ubutabera yatangaje ko mu myaka ine ishize u Rwanda rwabashije kwesa imihigo ijyanye na gahunda zo kubahiriza Uburenganzira bwa Muntu ku kigero kirenga 95% ndetse bikaba bisobanuye ko byiyongeye ugereranyije n’imyaka ine yari yabanje. Byagarutsweho mu nama yamurikiwemo raporo y’isuzuma ku iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu hagendewe ku byo u Rwanda rwahawe n’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye […]

Continue Reading

MINAGRI yerekanye ko ubuhinzi buhujwe ari bwo butunze Abanyarwanda

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, MINAGRI, yagaragaje ko ubuhinzi butunze Abanyarwanda ari ubukorerwa ku butaka buhujwe bityo bugasagurira n’isoko. Byagarutsweho na Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Mark Cyubahiro Bagabe, mu nama mpuzamahanga y’iminsi Itatu iteraniye i Kigali kuva ku wa Kabiri tariki 30 Nzeri 2025, yateguwe n’Ihuriro rya 6 ry’abahinzi muri Afurika y’Iburasirazuba (EAFF). Dr Bagabe Cyubahiro yasobanuye […]

Continue Reading

Ruhango: Hari kubakwa ikigo giteza imbere ubuhinzi n’ubworozi kizatwara arenga miliyari 2 Frw

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwasabye abahinzi n’aborozi kwitegura gukorana neza n’Ikigo cy’ubuhinzi n’ubworozi kiri kubakwa mu Murenge wa Kinazi kigamije guteza imbere uru rwego, kuko kizakenera umusaruro wabo na bo bikazababyarira inyungu. Ni ikigo kizaba gishamikiye ku Ishuri Ryisumbuye Ryigisha Ubuhinzi n’Ubworozi rya Kinazi (ESK TSS). Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, avuga ko iki […]

Continue Reading

RRA yerekanye Magendu yafashe zifite agaciro k’asaga miliyoni 18 Frw

(RRA) gifatanyije na Polisi y’iguhugu, cyerekanye ibicuruzwa bya magendu bifite agaciro k’asaga miliyoni 18 Frw byafatiwe mu karere ka Rusizi. Ibyo bicuruzwa byerekanwe kuri uyu wa 30 Nzeri 2025, kuri gasutamo ya RRA mu Cyanya cy’Inganda i Masoro giherereye mu mujyi wa kigali. Bikaba byarafashwe ku wa 28 Nzeri 2025, ku bufatanye bw’inzego z’ibanze, iz’umutekano […]

Continue Reading

Perezida wa Sena y’u Rwanda n’Ambasaderi w’u Bushinwa baganiriye ku bufatanye

Kuri uyu Kabiri tariki ya 30 Nzeri 2025, Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr François Kalinda, ari kumwe na Visi Perezida ushinzwe amategeko n’ubutabera Nyirahabimana Soline, ndetse na Visi Perezida ushinzwe ubukungu n’imibereho myiza, Mukabaramba Alvera, bakiriye Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda, Gao Wenqi. Mu biganiro byabaye hagati y’impande zombi, barebeye hamwe uburyo bwo gukomeza gushimangira […]

Continue Reading