Minisitiri Marizamunda yaganiriye na Ambasaderi wa Israel

Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, yagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss, kuri uyu wa 25 Gashyantare 2025. Minisiteri y’Ingabo yasobanuye ko bombi baganiriye ku bifitiye akamaro u Rwanda na Israel no ku kongerera imbaraga ubufatanye mu bya gisirikare hagati y’impande zombi. Umubano w’u Rwanda na Israel watangiye kuva rwabona ubwigenge muri Nyakanga […]

Continue Reading

Corneille Nangaa na Bisimwa basuye Bukavu

Umuyobozi w’ihuriro AFC, Corneille Nangaa, n’uw’umutwe witwaje intwaro wa M23 mu rwego rwa politiki, Bertrand Bisimwa, basuye umujyi wa Bukavu ku nshuro ya mbere kuva abarwanyi babereye abayobozi batangira kuwugenzura. Nangaa na Bisimwa bagaragaye mu mujyi rwagati ndetse no ku cyambu cy’Ikiyaga cya Kivu, barinzwe n’abarwanyi ba M23, bakirwa n’abaturage benshi babitaga “Les Libérateurs”. “Les […]

Continue Reading

Jenerali wo muri Afurika y’Epfo yavuze ko gisirikare cyabo kidashoboye

Lt Gen Ntshavheni Peter Maphaha uyobora ishami ry’igisirikare cya Afurika y’Epfo rishinzwe ubuvuzi, yatangaje ko igisirikare cyabo kidafite ubushobozi bwo kurinda imipaka. Mu butumwa yatanze ubwo yasezeraga ku basirikare 14 ba Afurika y’Epfo bapfiriye mu ntambara ikomeje mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lt Gen Maphaba yagaragaje ko igisirikare cyabo kitajyanye n’izina igihugu […]

Continue Reading

Lionel Messi ashobora gusubira gukinira FC Barcelona

Rutahizamu w’Umunya Argentine, Lionel Messi, ashobora kongera kwambara umwambaro wa FC Barcelona nyuma yo kurangiza amasezerano ye muri Inter Miami yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Amasezerano ya Lionel Messi muri Inter Miami azarangirana n’uyu mwaka w’imikino wa 2025, kandi uyu mukinnyi w’imyaka 37 ntaragira gahunda yo guhagarika gukina ruhago. Amakuru mashya atangwa n’umunyamakuru […]

Continue Reading

Abarenga 20 bapfiriye mu gusubiranamo hagati ya FARDC na Wazalendo

Abantu bagera kuri 20 bapfuye abandi mirongo itandatu barakomereka mu mirwano yahuje ingabo za Leta, zasubiranyemo na Wazalendo, mu Mujyi wa Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Epfo. Ubusanzwe inyeshyamba za Wazalendo zifasha ingabo za leta, FARDC guhangana n’umutwe wa M23. Ukuriye ubuvuzi mu zone ya Uvira, Mpanzu Nimi,yabwiye ikinyamakuru Actualite, ko “ Tumaze kubarura abantu […]

Continue Reading

Abadepite batumije Minisitiri ngo asobanure inyungu ihanitse ya SACCO

Abagize Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, banzuye gutumiza Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Yusuf Mulangwa ngo atange ibisobanuro ku bibazo bijyanye na Koperative yo Kubitsa no Kuguriza Umurenge SACCO (U-SACCO), harimo n’igipimo cy’inyungu kiri hejuru, kuri ubu zigeze ku kigero cya 24% ku mwaka. Uwo mwanzuro w’Abadepite wafashwe ku wa Mbere tariki ya 24 Gashyantare 2025 aho […]

Continue Reading

Inama y’Abaminisitiri ya EU yavuze ku gufatira u Rwanda ibihano

Inama y’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, yanzuye ko u Rwanda rudahita rufatirwa ibihano kubera ibirego rushinjwa mu ntambara zimaze imyaka mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ahubwo ibyemezo bya politike bizafatwa bizagendera ku bikorwa bigezweho. Iyi nama yateranye ku wa 24 Gashyantare 2025, mu bibazo by’ingenzi byari ku murongo […]

Continue Reading

Abandi basirikare ba Afurika y’Epfo bakomerekeye muri RDC bazacyurwa vuba

Igisirikare cya Afurika y’Epfo cyatangaje ko abandi basirikare bacyo bakomerekeye mu mirwano yabereye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bazacyurwa muri iki cyumweru. Iki gisirikare kizwi nka SANDF cyatanze aya makuru nyuma y’aho abasirikare bacyo 129 bakomerekeye bikomeye muri iyi mirwano bageze muri Afurika y’Epfo mu gitondo cyo kuri uyu wa 25 Gashyantare […]

Continue Reading

Nyamasheke: Umusore wararanye umukobwa w’imyaka 15 iminsi 4 yafashwe

Maniraguha Pierre w’imyaka 23 washakishwaga n’izego z’umutekano nyuma yo kumarana iminsi 4 umukobwa w’imyaka 15 wigaga mu mwaka wa gatatu w’amashuri abanza yatawe muri yombi ubu akaba afungiye kuri SItasiyo y’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ya Macuba mu Karereka Nyamasheke. Nyirarume w’uwo mwangavu Ntabareshya Zéphanie, yabwiye Imvaho nshya dukesha iyi nkuru ko banyuzwe no kuba uwo musore […]

Continue Reading

Rutahizamu wa Rayon Sports Fall Ngagnentazongera kugaragara mu kibuga muri uyu mwaka w’imikino

Rutahizamu wa Rayon Sports, Fall Ngagne, ntazongera kugaragara mu kibuga muri uyu mwaka w’imikino nyuma yo kugirira imvune mu mukino wahuje ikipe ye n’Amagaju FC. Ku wa Gatandatu, tariki ya 22 Gashyantare 2025, ni bwo Rayon Sports yerekeje mu Karere ka Huye gukina n’Amagaju FC, ndetse bakurayo inota rimwe nyuma yo kunganya igitego 1-1. Si […]

Continue Reading

Uhuru Kenyatta, Obasanjo na Hailemariam bagizwe abahuza ku kibazo cya RDC

Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) yemeje ko Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, Olusegun Obasanjo wabaye Perezida wa Nigeria na Hailemariam Desalegn Boshe wabaye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, ari bo bahuza mu kibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa DRC. Ni mu itangazo imiryango yombi yashyize hanze kuri uyu wa Mbere […]

Continue Reading