Rulindo: Abantu 28 batawe muri yombi

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyaruguru yafashe abantu 28 bakurikiranyweho gukora ubucukuzi butemewe bw’amabuye y’agaciro n’abandi batanu bayaguraga mu buryo bwa magendu, mu Mirenge ya Ntarabana na Masoro, Akarere ka Rulindo. Aba bantu bafatiwe mu mukwabu wakozwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 20 Gicurasi 2025, nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage b’iyo […]

Continue Reading

Nyanza: Abanyeshuri 16 birukanywe mu kigo burundu

Abanyeshuri 16 bigaga mu mwaka wa Gatandatu  ku  ishuri rya Sainte Trinite Nyanza TSS, birukanwe burundu umunsi umwe bashinjwa imyitwarire mibi. Iri shuri riri mu Murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza, mu Ntara y’Amajyepfo. Ubuyobozi bw’Ikigo burega aba banyeshuri gusohoka ikigo banyuze ahatemewe, kunywa inzoga bagasinda no kuba batambara imyambaro yishuri. Abirukanywe burundu ni […]

Continue Reading

Perezida Ndayishimiye yasezereye Lt Gen muri Polisi y’u Burundi

Mu gihugu cy’u Burundi hakomeje kuvugwa inkuru ya Minisitiri w’Intebe Lt Gen de Police Gervais Ndirakobuca wamenyekanye ku izina ‘Ndakugarika’ wasezerewe muri Polisi y’igihugu. Ndirakobuca wavukiye Bukinanyana mu Ntara ya Cibitoke mu 1970, ni umwe mu babaye abayobozi b’umutwe witwaje intwaro wa FDD warwanye intambara yari ihanganishije amoko kuva mu 1993 kugeza mu 2005. Pierre […]

Continue Reading

Joseph Kabila yasabwe kwitaba i Kinshasa

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu 2001 kugeza mu 2019, yasabwe kwitaba Sena kugira ngo agire icyo avuga ku mugambi wo kumwambura ubudahangarwa. Perezida wa Sena, Michel Sama Lukonde, yandikiye Kabila ibaruwa ku wa 19 Gicurasi, amumenyesha ko asabwa kwitaba Komisiyo idasanzwe y’Abasenateri ishinzwe gusuzuma iyi dosiye kuri […]

Continue Reading

Yatawe muri yombi umusekirite wahohoteye umufana ku kibuga

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe umwe mu bashinzwe umutekano bo ku kibuga (bazwi nka stewards), nyuma y’uko agaragaye atega umufana wa Rayon Sports wari urimo kwambukiranya ikibuga, agwa hasi mu buryo bwateye benshi impungenge. Ibi byabaye ku Cyumweru tariki ya 11 Gicurasi 2025, mu mukino w’umunsi wa 27 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere, ubwo […]

Continue Reading

Bugesera: Umugabo yapfiriye ku Kagali

Ku biro by’akagali ka Bihari mu murenge wa Ruhuha aho ni mu karere ka Bugesera, Ubwo hari mu gitondo cyo kucyumweru tariki ya 11 Gicurasi 2025, hasanzwe umugabo bikekwa ko yiyahuye ariko abandi bakavuga ko yakubiswe n’Abanyerondo. Uyu nyakwigendera Nkundiye Laurent mbere yuko yitaba Imana, mu ijoro ryakeye yagaragaye ari kumwe n’abakora irondo ry’umwuga ubwo […]

Continue Reading

Perezida Kagame yitabiriye inama muri Côte d’Ivoire

Perezida Paul Kagame yageze i Abidjan muri Côte d’Ivoire, aho yitabiriye inama ihuza abayobozi b’ibigo bitandukanye, abashoramari n’abanyapolitike baturutse muri Afurika no hirya no hino ku Isi, izwi nka ‘Africa CEO Forum’. Biteganyijwe ko iyi nama yitabirwa n’abarenga ibihumbi 2000. Umuhango wo kuyitangiza uteganyijwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 12 Gicurasi 2025. […]

Continue Reading

Gen Muhoozi yakiriye Gen Muganga

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yakiriye mugenzi we wo mu Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, akeza umubano mwiza uri hagati y’ingabo z’ibihugu byombi. Gen Muganga yagiye muri Uganda hashingiwe ku butumire yahawe na Gen Muhoozi. Ku wa 10 Gicurasi 2025, yigishije abanyeshuri bo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka isomo rijyanye no […]

Continue Reading

Itariki yo kwimika Papa Leo XIV yamenyekanye

Vatican yatangaje ko Papa Leo XIV uherutse gutorerwa kuba Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi, azatangira inshingano ze ku wa 18 Gicurasi 2025. Ni igikorwa giteganyijwe ko kubera ku mbuga ya Bazilika ya Mutagatifu Petero, mu muhango biteganyijwe ko uzanitabirwa n’abayobozi bakuru bo mu bihugu bitandukanye. Bimwe mu bihe by’ingenzi biteganyijwe ku ngengabihe y’iminsi […]

Continue Reading

Ntazinda Erasme wari meya wa Nyanza yafatiwe icyemezo n’Urukiko

Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rwanzuye ko Ntazinda Erasme wahoze ari Meya w’Akarere ka Nyanza, wari ukurikiranweho icyaha cy’ubushoreke no guta urugo afungurwa. Ku wa 09 Gicurasi 2025, nibwo urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rwategetso ko Ntazinda Erasme afungurwa, bishingiye kukuba umugore we yaranditse ibaruwa ababarira umugabo we ku kirego yari yatanze ku wa 03 Gicurasi 2025. […]

Continue Reading