Hateguwe ibirori byo kwishimira igikombe cya BAL ‘RSSB Tigers’ yegukanye.

Entertainment NEWS

Abahanzi batandatu batoranyijwe kuzatanga ibyishimo ku bakunzi b’ikipe ya RSSB Tigers n’ab’umukino wa Basketball, bagiye kwishimira igikombe cya BAL iyi kipe iherutse kwegukana.

Abahanzi batoranyijwe kuzasusurutsa abazitabira ibi birori bizabera muri ‘rond-point’ yo kuri Kigali Convention Centre ku wa 13 Kamena 2026 ni Kenny Sol, Juno Kizigenza, Bull Dogg, Angell Mutoni, Ariel Wayz na Kivumbi King.

RSSB Tigers ni imwe mu makipe ya Basketball amaze igihe gito ashinzwe ariko akaba yarabashije kwigarurira imitima y’abakunzi b’uyu mukino mu Rwanda no ku Mugabane wa Afurika.

Ni ikipe yashinzwe mu 2019 yitwa Tigers BBC n’uwahoze ari umukinnyi wa Basketball, Francis Shyaka, hagamijwe guteza imbere uyu mukino no guha urubuga impano z’abakinnyi b’Abanyarwanda.

Mu 2025, Tigers yegukanye igikombe cya mbere gikomeye mu mateka yayo, ari cyo Rwanda Basketball Cup. Nyuma y’iki gikombe, Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) bwafashe uburenganzira busesuye bw’iyi kipe, ihindurirwa izina iba RSSB Tigers.

Mu ntangiriro za 2026, yahise yegukana na Super Cup itsinze APR BBC, ibintu byatumye yigaragaza nk’imwe mu makipe akomeye mu gihugu.

Umwaka wa 2026 wabaye uw’amateka kuri RSSB Tigers nyuma yo guhabwa guhagararira u Rwanda muri Basketball Africa League (BAL).

Muri iri rushanwa rya mbere yitabiriye, yanditse amateka yo kugera ku mukino wa nyuma ndetse iza no kwegukana igikombe itsinze Petro de Luanda amanota 90-88 muri BK Arena.

Ibyo byatumye iba ikipe ya mbere yo mu Rwanda yegukanye igikombe cya BAL, inashyira u Rwanda ku rwego rwo hejuru muri Basketball ya Afurika.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *