Abanya-Nigeria 130 basabye Guverinoma yabo kubakura muri Afurika y’Epfo nyuma y’uko hamaze iminsi imyigaragambyo yibasira abanyamahanga.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Nigeria, Bianca Odumegwu-Ojukwu yatangaje ko abantu 130 ari bo bahise basaba gusubizwa iwabo bahunga imvururu zishobora gukomeza kwiyongera.
Imyigaragambyo ikaze yabaye muri Pretoria na Johannesburg isaba Leta kugira icyo ikora ku banyamahanga bari mu gihugu mu buryo bunyuranye n’amategeko, kuko bateza umutekano muke kandi bakabuza akazi abenegihugu.
Afurika y’Epfo muri Mata 2026 yari yatangaje ko igiye guhagurukira abantu batera ubwoba abanyamahanga, ababakorera urugomo cyangwa ivangura.
Guverinoma ya Nigeria yavuze ko ikomeje gucungira hafi ibikorwa biteganyijwe birimo imyigaragambyo yo ku wa 4 no ku 8 Gicurasi 2026.
Ambasaderi wa Afurika y’Epfo muri Nigeria yatumijweho kubera ibi bikorwa ndetse Ambasade ya Nigeria muri Afurika y’Epfo yavuze ko ishyize imbaraga mu gufasha abaturage b’iki gihugu ngo batagirwaho ingaruka n’iyi myigaragambyo.
What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

